• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Musenyeri Rwubusisi wahoze uyobora Diocese ya Cyangungu yasubije perezida Museveni

Musenyeri Rwubusisi wahoze uyobora Diocese ya Cyangungu yasubije perezida Museveni

Ubwanditsi 15 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Uwahoze ari Musenyeri mukuru wa Diocese y’Abangilikani ya Cyangugu, Geoffrey Rwubusisi, yasabye abayobozi ba Uganda gushakira abanzi babo ahandi hatari muri kiliziya.

Musenyeri (Emeritus) Rwubusisi akaba avuga ko bazi agaciro ka leta kandi na bo bafite uruhare runini bagomba kugira mu cyerekezo cya politiki y’igihugu. Ngo abayobozi mu bijyanye n’iyobokamana bakaba atari bo bagomba kwicara bakanuma babona igihugu kigana ahabi.

Musenyeri Rwubusisi wari wasuye Diocese ya Kigezi akaba yasubizaga perezida wa Uganda, Yoweri Museveni uherutse kwikoma abanyamadini abasaba kutivanga mu bibazo bya politiki by’igihugu.

Musenyeri Rwubusisi akaba yibukije perezida Museveni ko nta musenyeri wifuza kuba perezida, ariko bababara iyo babona ibintu bigenda mu nzira mbi bigatuma bagira icyo bavuga nk’uko iyi nkuru dukesha Chimpreports ivuga.

Mu butumwa busoza umwaka perezida Museveni yatanze, nibwo yibasiye abayobozi b’amatorero batanze ibitekerezo ku ivugururwa ry’itegeko nshinga, agereranya bamwe muri bo na Caiaphas wo muri Bibiliya. Joseph Caiaphas akaba ari umupadiri w’umuyahudi uvugwaho kuba ari we wateguye umugambi wo kwica Yesu.

Rwubusisi ariko we yashatse guhumuriza perezida Museveni agira ati: “Ntabwo dushaka imyanya yanyu. Perezida ntakeneye kubaho mu bwoba. Akeneye kumenya ko itorero rifite uruhare rwo kugaragaza icyerekezo cy’igihugu.”

Kuri iki Cyumweru nibwo Musenyeri Rwubusisi yabwirije mu nama izwi nka Kigezi Diocese Brethren Conference. Iyi conference yatangiye kuwa Gatanu ikaba yarahawe insanganyamatsiko mu Cyongereza igira iti: “Do not conform to the standards of this world”. Umurongo wo mu Baroma 12:2 aho Paulo yasabaga abakirisitu kwitandukanya n’iby’isi.

Musenyeri Rwubusisi yaboneyeho no kunenga ibyabereye mu nteko ishinga amategeko ya Uganda ubwo havukaga intambara iturutse kuri iki kibazo cy’ivugurura ry’itegeko nshinga.

Ati: “Ntidushobora gutekereza kureba abadepite bacu bize barwana nk’abanyamusozi mu nteko. Ibi bigaragaza neza ukuntu sekibi ari we uggenzura imiryango yacu n’igihugu.”

Musenyeri Rwubusisi akaba yaravuze ko ibibazo by’ubugizi bwa nabi muri sosiyete bikomoka ku kwikunda kw’abantu bamwe.

Muri iyo nama, Musenyeri mukuru wa Diocese ya Kigezi, George Bagamuhunda yasobanuye ko iyi nama yari igamije gutegurira abakirisitu no kubayobora mu nzira nziza muri uyu mwaka mushya.

Ati: “Turifuza kugira abakirisitu bayoborwa n’imbaraga z’Imana buri mwaka. Kubw’ibyo twizeye ko abagize uruhare muri iyi nama bazabaho nk’uko byitezwe mu nsanganyamatsiko y’uyu mwaka ibashishikariza kwitandukanya n’iby’isi”.

2018-01-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibikorwa bya M23 byo gukaza umutekano w’abaturage muri Goma bikomeje kwambika ubusa MONUSCO

Ibikorwa bya M23 byo gukaza umutekano w’abaturage muri Goma bikomeje kwambika ubusa MONUSCO

Ubwanditsi 07 Mar 2025
Burundi: Habaye imyigaragambyo yo kwamagana ONU n’u Bufaransa

Burundi: Habaye imyigaragambyo yo kwamagana ONU n’u Bufaransa

Ubwanditsi 03 Jun 2018
Iryavuzwe riratashye? Ben Rutabana yaburiwe irengero. RNC iratungwa urutoki

Iryavuzwe riratashye? Ben Rutabana yaburiwe irengero. RNC iratungwa urutoki

Ubwanditsi 04 Oct 2019
Kayumba yanyiciye umwana , sinzongera kumufasha ukundi –Pastoro Nyirigira

Kayumba yanyiciye umwana , sinzongera kumufasha ukundi –Pastoro Nyirigira

Ubwanditsi 16 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Afrika y’epfo habaye umuhango wo kwibuka Patrick Karegeya cyangwa Osama Bin Laden w’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Afrika y’epfo habaye umuhango wo kwibuka Patrick Karegeya cyangwa Osama Bin Laden w’u Rwanda

Ubwanditsi 20 Feb 2019
Burundi: Minisitiri w’Amazi n’ibidukikije yishwe arashwe
Mu Rwanda

Burundi: Minisitiri w’Amazi n’ibidukikije yishwe arashwe

Ubwanditsi 02 Jan 2017
Umunyamategeko Vincent Lurquin arakwiza ibihuha ko yangiwe kubonana na Rusesabagina kandi atujuje ibisabwa, kuba umubiligi ntibihagije
Amakuru

Umunyamategeko Vincent Lurquin arakwiza ibihuha ko yangiwe kubonana na Rusesabagina kandi atujuje ibisabwa, kuba umubiligi ntibihagije

Ubwanditsi 16 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru