• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Patrick Mazimhaka yasezeweho mu cyubahiro

Patrick Mazimhaka yasezeweho mu cyubahiro

Ubwanditsi 30 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Patrick Kayumbu Mazimhaka yaherekejwe mu cyubahiro mu muhango witabiriwe n’umuryango, inshuti n’abavandimwe ndetse n’abo bakoranye mu mirimo itandukanye.

Mazimhaka yitabye Imana ku wa 25 Mutarama 2018, azize uburwayi yari amaze igihe yivuriza mu Buhinde.

Umuhango wo kumuherekeza wabaye kuri uyu wa 30 Mutarama 2018, watangiriye iwe mu rugo ku Kimironko aho yari atuye, asezerwaho n’umuryango n’inshuti ahagana saa mbili za mu gitondo.

Ahagana saa tanu na 25 nibwo umubiri wa nyakwigendera wagejejwe mu rusengero rw’Abangilikani ruherereye i Kibagabaga mu Mujyi wa Kigali ahavugiwe amasengesho yo kumusezeraho mbere yo kumushyingura mu cyubahiro mu irimbi rya Rusororo i saa cyenda z’umugoroba.

Ni umuhango witabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo Minisitiri wa Siporo n’Umuco, Uwacu Julienne; Umunyamabanga Mukuru wa FPR Inkotanyi, Ngarambe François; Umugaba Mukuru w’Ingabo, Gen. Nyamvumba Patrick; Visi Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Dr Monique Nsanzabaganwa n’abandi.

Gerard Mpyisi wari inshuti magara ya Mazimhaka yavuze ko babanye neza. Ati “Mazimhaka yakundaga guseka cyane. Ubucuti bwacu bwatangiye mu 1971 ubwo namusangaga muri Kaminuza ya Makerere. Yitaga ku muryango cyane. Yakundaga abantu ndetse n’igihugu.”

Yakomeje agira ati “Duhura yari kumwe na John Murinzi. Ngiye gutambuka arampagarika, turasuhuzanya. Yambajije niba Mpyisi ariryo zina ryanjye. Yari afite urukundo ku Banyarwanda. Yari afite impano yo kwakira abantu.”

Mazimhaka wari ufite imyaka 70 ari mu bagize igitekerezo cyo gutangiza Umuryango wa RANU (yahindutse FPR Inkotanyi) mu 1979. Yakoze imirimo itandukanye irimo kuba Minisitiri muri Perezidansi ya Repubulika, yanabaye Umuyobozi Wungirije wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, umwanya yamazeho imyaka itanu.

Patrick Mazimhaka uratwa ibigwi mu myaka yose yamaze ku Isi, yatabarutse asize umugore we Dr. Jolly Rwanyonga Mazimhaka, babyaranye abana batatu b’abakobwa.

Incamake y’ubuzima bwa Patrick Mazimhaka

Mazimhaka yavukiye mu Rwanda ku ya 26 Mata 1948. Yaje kuva mu gihugu yerekeza muri Uganda mu 1962.

Yize amashuri yisumbuye muri Ntare School, ayakomereza muri Kaminuza ya Makerere i Kampala aho yakuye impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu bijyanye n’ubumenyi mu by’amabuye y’agaciro (Geology). Yabonye Impamyabumenyi y’Icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza mu bijyanye na Siyansi mu 1975.

Yatangiye kwigisha muri Kaminuza ya Makerere mu Ishami ry’ibijyanye na Siyansi ndetse bidatinze aza kugirwa Umuyobozi w’Ishami rya Geology.
Mu ntangiriro za 1981, Mazimhaka yimukiye muri Kenya aho yakoze nk’Umujyanama mu Ikompanyi icukura amabuye y’agaciro mbere yo kwimukana n’umuryango we bakajya gutura muri Canada.

Ubwo RPF yatangizaga urugamba rwo kubohora igihugu ku ya 1 Ukwakira 1990, Mazimhaka yari Komiseri wayo ushinzwe imibanire rusange, umwanya yavuyeho atorerwa kuba Vice-Chairman wayo mu 1993 kugeza mu 1998.

Patrick Mazimhaka yabaye Minisitiri w’Urubyiruko, Siporo n’Amakoperative muri Nyakanga 1994, nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Uyu mwanya yawuvuyeho mu 1996, aba Minisitiri Ushinzwe gucyura Impunzi no gufasha abatishoboye. Mu 1997, yagizwe Minisitiri muri Perezidansi kugeza mu 2000.

Mu mirimo yakoze kandi harimo kuba Umujyanama Mukuru wihariye wa Perezida Kagame ku bijyanye n’Akarere k’Ibiyaga bigari aho yanagize uruhare mu isinywa ry’amasezerano ya Pretoria yo mu 2002 agamije kwambura intwaro ingabo zari iza FAR, Interahamwe no gukura ingabo z’u Rwanda muri Congo.

Yanagize uruhare kandi mu biganiro byo gushyira mu bikorwa amasezerano yo guhagarika intambara muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo azwi nka “The Lusaka Ceasefire Agreement” ubwo yari Minisitiri mu 1999.

Uyu mugabo wakoranaga na All African Churches yifashishwaga ahari amakimbirane mu bihugu birimo Somalia na Sudani y’Epfo. Yaganiraga n’abantu, akandika inyandiko igaragaza icyakorwa ngo amahoro aboneke.

Yabaye Umuyobozi Wungirije wa Komisiyo ya AU muri Nyakanga 2003 mu Nteko rusange yabereye i Maputo muri Mozambique. Uyu mwanya yawuvuyeho ku wa 6 Gashyantare 2008, asimbuwe n’Umunya-Kenya, Erastus J. O. Mwencha.

Mazimhaka yakoraga ubujyanama bwihariye mu ishoramari, ububanyi n’amahanga, umutekano aho yibandaga ku mugabane wa Afurika. Yari Umuyobozi w’Inama y’Abajyanama muri The Brenthurst Foundation ifite icyicaro mu Mujyi wa Johannesburg muri Afurika y’Epfo.

2018-01-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yabwiye urubyiruko icyo amateka azarwishyuza nirujenjeka

Perezida Kagame yabwiye urubyiruko icyo amateka azarwishyuza nirujenjeka

Ubwanditsi 05 Jul 2018
BREAKING NEWS: Kayumba Nyamwasa Yatumije Inama Y’ikitaraganya Ya RNC Nyuma Yo Kuba Intabwa Kubera Abayoboke N’ingabo Zimushizeho

BREAKING NEWS: Kayumba Nyamwasa Yatumije Inama Y’ikitaraganya Ya RNC Nyuma Yo Kuba Intabwa Kubera Abayoboke N’ingabo Zimushizeho

Ubwanditsi 08 Dec 2019
RDC: Inkambi icumbikiye Abahoze ari ingabo za FDLR igiye gufungwa

RDC: Inkambi icumbikiye Abahoze ari ingabo za FDLR igiye gufungwa

Ubwanditsi 08 Mar 2018
Umutuzo w’Agatha Kanziga n’abandi bajenosideri bari Bufaransa waba usatira iherezo?

Umutuzo w’Agatha Kanziga n’abandi bajenosideri bari Bufaransa waba usatira iherezo?

Ubwanditsi 12 Mar 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abari abayobozi ba ADEPR gufungurwa uruhongohongo
Mu Rwanda

Abari abayobozi ba ADEPR gufungurwa uruhongohongo

Ubwanditsi 22 Sep 2017
U Bubiligi bugiye gutora itegeko rihana icyaha cyo gupfobya no guhakana Jenoside.
POLITIKI

U Bubiligi bugiye gutora itegeko rihana icyaha cyo gupfobya no guhakana Jenoside.

Ubwanditsi 08 Apr 2019
Zlatan Ibrahimovic yongereye amasezerano y’umwaka umwe muri AC Milan, ibi bivuze ko azageza ku myaka 40 y’amavuko agikina umupira w’amaguru.
Amakuru

Zlatan Ibrahimovic yongereye amasezerano y’umwaka umwe muri AC Milan, ibi bivuze ko azageza ku myaka 40 y’amavuko agikina umupira w’amaguru.

Ubwanditsi 23 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru