• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»FIFA yasabye Ferwafa gukemura ikibazo cya Rwemarika Félicité cyangwa ikabyikorera

FIFA yasabye Ferwafa gukemura ikibazo cya Rwemarika Félicité cyangwa ikabyikorera

Ubwanditsi 31 Jan 2018 IMIKINO

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi, FIFA binyuze mu munyamabanga waryo Madame Fatma Samoura, ryandikiye perezida wa komisiyo ya Ferwafa y’amatora Kalisa Adolphe Camarade rimusaba gukurikiza amategeko bagakemura ikibazo cya Madame Rwemarika Félicité wiyamamarizaga kuyobora Ferwafa mu matora y’ubuyobozi bw’iri shyirahamwe yabaye mu mpera za 2017.

Mu ibaruwa ye, FIFA itangaza ko bayanditse bashingiye ku bujurire Madame Félicité Rwemarika yatanze muri komisiyo y’ubujurire ya Ferwafa bikarangira ntacyo bukozweho, aho Rwemarika atari yishimiye icyemezo cy’akanama gashinzwe amatora, kari katangaje ko atsinzwe amatora yabaye tariki ya 30 Ukuboza 2017.

Camarade uyoboye akanama k'amatora ka Ferwafa, yasabwe gusuzuma ubujurire bwa Felicite hagafatwa umwanzuro ukurikije amategekoCamarade uyoboye akanama k’amatora ka Ferwafa, yasabwe gusuzuma ubujurire bwa Felicite hagafatwa umwanzuro ukurikije amategeko

FIFA ikomeza ivuga ko amakuru ifite ari uko aya matora yabaye tariki ya 30 Ukuboza, yabimburiwe no kuvanamo kandidatire kwa Nzamwita Vincent De Gaulle wagombaga guhatana na Rwemarika maze uyu agasigara yimamaza wenyine.

FIFA ivuga ko nkuko amakuru ifite abitangza, ngo inteko itora y’abantu 52 yose yari yuzuye gusa byaje kurangira abagera kuri 13 ari bo batoye Rwemarika mu gihe abandi 39 amajwi yabo yabaye imfabusa. Ibi ngo byakurikiwe nuko Komisiyo y’amatora yaje gutangaza ko Madame Rwemalika Félicité atsinzwe amatora yo kuba umuyobozi wa Ferwafa, kubera ko ko atagejeje ku byasabwaga, bityo ko abasanzwe bayobora bagumaho kugera andi matora akozwe.

FIFA ikaba ivuga ko nyuma y’uko iki cyemezo kijuririwe, isaba ababishinzwe kugira icyo bakora hagafatwa umwanzuro ukwiye kandi ukurikiza amategeko na status bya Ferwafa. Aha, nubwo FIFA yakomeje ivuga ko itazasimbura inzego z’ubujurire z’amashyirahamwe atandukanye, ngo ariko ikomeje gukurikiranira hafi bibera muri iri shyirahamwe, aho yiteguye kubizamo mu gihe bibaye ngombwa kugira ngo yuzuze inshingano zayo.

Félicité atangaza ko nanubu atumva impamvu yabwiwe ko atatsinze amatora ya FerwafaFélicité atangaza ko nanubu atumva impamvu yabwiwe ko atatsinze amatora ya Ferwafa

Uruhande rwa Rwemarika Félicité rwari rwatanze ubujurire bw’icyemezo cya Komisiyo y’amatora, bushingiye ku ngingo ya 21 aho uduce twayo twa kabiri n’utwa gatatu tugira tuti:

Amatora akorwa ku bwiganze busesuye bw’amajwi (50%+1) yatanzwe n’abahagarariye abandi mu buryo bwemewe n’amategeko, batora ku nshuro ya mbere y’itora, nyuma guhera ku nshuro ya kabiri y’itora, amatora akorwa hakurikijwe abagize amajwi menshi. Igihe habayeho kunganya amajwi ku nshuro ya kabiri y’itora, amatora asubirwamo kugirango haboneke umwe mu biyamamaza utsinda; iyo bongeye bakanganya amajwi icyo gihe abiyamamaza bakiranurwa na tombora.

Impapuro z’amatora zapfuye ubusa, izitanditseho cyangwa ikindi kimenyetso icyo ari cyo cyose cyerekana ko habayeho kwifata, ntibibarwa mu majwi yatoye mu buryo bwemewe n’amategeko.

Aha aba bashingiye kuri iyi ngingo, bavuga ko amajwi 39 y’imfabusa atafatwa nk’amajwi yatoye ku buryo bwemewe n’amategeko, bityo ko Rwemarike Félicité yarengeje 51 akagira 100% by’amajwi y’abatoye ku buryo bwemewe n’amategeko nk’uko iyi ngingo ibisaba.

Abarenga 30 baraye muri Hoteli mbere y'amatora byaje kurangira amajwi yabo bayagize imfabusaAbarenga 30 baraye muri Hoteli mbere y’amatora byaje kurangira amajwi yabo bayagize imfabusa

Aba ariko nyuma yo gutanga ikirego muri Komisiyo y’Ubujurire, bakaba baraje kubwirwa ko ntacyo bafashwa ko basubira muri Komisiyo y’amatora akaba ari yo ibarenganura, kandi ari yo bari baje gusa nk’abarega nyuma yo kutemera icyemezo yafashe. Ibi bikaba ari bimwe mu byatumye FIFA isa nk’iburira Ferwafa ngo icyemure iki kibazo, cyangwa se izaze kukikemurira.

Source : Ruhago yacu

2018-01-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bayern Munich yandagarije Tottenham iwayo, Real Madrid ikomeza gutungurwa

Bayern Munich yandagarije Tottenham iwayo, Real Madrid ikomeza gutungurwa

Ubwanditsi 02 Oct 2019
Marines FC yatsinze Musanze FC 1-0, ishimangira kuguma mu cyiciro cya mbere cya shampiyona y’u Rwanda

Marines FC yatsinze Musanze FC 1-0, ishimangira kuguma mu cyiciro cya mbere cya shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 03 May 2024
Mu gihe habura iminsi 7 ngo irushanwa rya CECAFA U23 ribe, umwiherero w’Ikipe y’Igihugu wasojwe kubera ubwiyongere bwa koronavirusi

Mu gihe habura iminsi 7 ngo irushanwa rya CECAFA U23 ribe, umwiherero w’Ikipe y’Igihugu wasojwe kubera ubwiyongere bwa koronavirusi

Ubwanditsi 10 Jul 2021
Ndayisenga Valens yahize abaterengeje imyaka 23 bo muri Afurika

Ndayisenga Valens yahize abaterengeje imyaka 23 bo muri Afurika

Ubwanditsi 25 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bobi Wine akomeje kwiyegereza urubyiruko mu rugamba rwo kurwanya Perezida Museveni
INKURU NYAMUKURU

Bobi Wine akomeje kwiyegereza urubyiruko mu rugamba rwo kurwanya Perezida Museveni

Ubwanditsi 15 Oct 2018
Uko Kayumba Yibye Inka Z’Abagogwe Mu Majyaruguru Y’u Rwanda Azijyana  Uganda Mu Bushyo Bwitwa Banyankore Kweterana Hagati Ya 1997-1998
ITOHOZA

Uko Kayumba Yibye Inka Z’Abagogwe Mu Majyaruguru Y’u Rwanda Azijyana Uganda Mu Bushyo Bwitwa Banyankore Kweterana Hagati Ya 1997-1998

Ubwanditsi 06 Mar 2018
ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO
Amakuru

ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO

Ubwanditsi 16 Dec 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru