• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ishyamba si ryeru mu mpuzamashyaka ‘CNARED’ y’abarwanya Leta ya Nkurunziza

Ishyamba si ryeru mu mpuzamashyaka ‘CNARED’ y’abarwanya Leta ya Nkurunziza

Ubwanditsi 02 Feb 2018 INKURU NYAMUKURU

Amashyaka atavuga rumwe na Leta y’u Burundi yishyize hamwe mu mpuzamashyaka CNARED, nyuma yaho hakuriweho uwari ayiyoboye hagatorwa Dr Minani Jean, hatangiye kuvugwamo ugucikamo ibice.

Dr Minani Jean, yatorewe kuyobora CNARED asimbura Nditije Charles, ariko bamwe bagaragaje ko batamushyigikiye, iki kikaba ari ikimenyetso kigaragaza umwiryane uganisha ku ugucikamo ibice kw’iyi mpuzamashyaka.

Abagaragaje ko badashyigikiye Dr Jean Minani ni umuyobozi w’ishyaka PPD, Hatungimana Leonidas, uwo yasimbuye Nditije Charles uyoboye ishyaka UPRONA, umuyobozi wa FOREBU, Bamvuginyongera Frederic ndetse na Mugwengezo wa UPD.

Aba bayobozi b’amashyaka mu rwandiko banditse, ikinyamakuru The Burundian dukesha iyi nkuru gifitiye kopi, bagaragaza ko Dr Minani adakorera ibintu mu mucyo, asesagura umutungo w’aya mashyaka, gutonesha ndetse no gushaka gukoresha ikimenyane n’icyenewabo.

Iyi mpuzamashyaka CNARED ijemo umwiryane mu gihe yari ikomeje kugaragaza ko ihezwa mu biganiro bihuza Abarundi, ntitumirwe kandi nayo igizwe n’amashyaka avuga afite intego yo guharanira Demokarasi mu Burundi.

Mu nama iherutse yabereye i Arusha muri Tanzania, CNARED ntabwo yigeze yitabira ibiganiro nk’abatumirwa, gusa yatangaje ko yoherejemo intumwa zayo zo kugaragaza ibitekerezo byayo, n’umurongo wagenderwaho kugirango amahoro n’umutekano bisagambe mu Burundi.

CNARED igizwe n’amwe mu mashyaka akorera imbere mu Burundi n’andi akorera mu buhunzi ariko yose akaba atavuga rumwe na Leta y’u Burundi, iyobowe n’ishyaka CNDD FDD.

Mu nama yakozwe ku wa 3-7 Mutarama 2018, CNARED isesengura umushinga ushyigikiwe na Perezida Petero Nkurunziza wo guhindura itegeko Nshinga ry’u Burundi, abatumirwa ba CNARED barasesenguye basanga mu gihe rizaba ryavuguruwe, hazaba hashyinguwe burundu amasezerano yashyizweho umukoni i Arusha ndetse ko nta kunga abarundi kwaba kurimo.

Aba banyapolitiki n’ubwo batangiye gucikamo ibice no kuryana, bagaragaza ko guhindura itegeko Nshinga ari uguha intebe ubuyobozi bita ubw’igitugu bwa Perezida Nkurunziza, ngo waba ugiye kuyobora u Burundi ubuzima bwe bwose.

2018-02-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibimenyetso byagaragaje ko Thomas Kamilindi, Ally Youssuf Mugenzi na Etienne Karekezi bari bafite inshingano zo gukwirakwiza ibikorwa bya FLN

Ibimenyetso byagaragaje ko Thomas Kamilindi, Ally Youssuf Mugenzi na Etienne Karekezi bari bafite inshingano zo gukwirakwiza ibikorwa bya FLN

Ubwanditsi 17 Sep 2021
“Nta mahoro ashoboka muri Kongo, igihe cyose hari Abakongomani bagifatwa nk’Abanyamahanga mu gihugu cyabo”. – Thabo Mbeki.

“Nta mahoro ashoboka muri Kongo, igihe cyose hari Abakongomani bagifatwa nk’Abanyamahanga mu gihugu cyabo”. – Thabo Mbeki.

Ubwanditsi 16 Mar 2024
Ni gute Rusisibiranya Rusesabagina yemereye isi yose amahano yakoreye Abanyarwanda, nka KATRINA LENTHOS SWETT n’abandi babeshya ko baharanira ubutabera babihakana?Urundi rugero rw’ikinyoma n’urwango bafitiye uRwanda.

Ni gute Rusisibiranya Rusesabagina yemereye isi yose amahano yakoreye Abanyarwanda, nka KATRINA LENTHOS SWETT n’abandi babeshya ko baharanira ubutabera babihakana?Urundi rugero rw’ikinyoma n’urwango bafitiye uRwanda.

Ubwanditsi 01 Sep 2020
Ibyahoze ari politiki yo mu bushorishori ya Rukokoma Twagiramungu byahindutse gukangurira urubyiruko kugana imitwe y’iterabwoba

Ibyahoze ari politiki yo mu bushorishori ya Rukokoma Twagiramungu byahindutse gukangurira urubyiruko kugana imitwe y’iterabwoba

Ubwanditsi 09 Nov 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC yanganyije na Police FC, Kiyovu Sports irara ku ntebe y’icyubahiro
IMIKINO

APR FC yanganyije na Police FC, Kiyovu Sports irara ku ntebe y’icyubahiro

Ubwanditsi 22 Nov 2017
Moto ya 3 muri Poromosiyo ya Tunga na Airtel yegukanywe na Munyabugingo Dieudonne.
Mu Rwanda

Moto ya 3 muri Poromosiyo ya Tunga na Airtel yegukanywe na Munyabugingo Dieudonne.

Ubwanditsi 05 Oct 2017
Perezida Kagame  yasesekaye  mu mujyi wa Ndjamena wakajijwe  umutekano hirindwa imyigaragambyo
Mu Rwanda

Perezida Kagame yasesekaye mu mujyi wa Ndjamena wakajijwe umutekano hirindwa imyigaragambyo

Ubwanditsi 08 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru