• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ishyaka ANC ryahaye Perezida Zuma amasaha 48 yo kwegura ku butegetsi

Ishyaka ANC ryahaye Perezida Zuma amasaha 48 yo kwegura ku butegetsi

Ubwanditsi 13 Feb 2018 INKURU NYAMUKURU

Ishyaka riri ku butegetsi muri Afurika y’Epfo (ANC), ryahaye Perezida Jacob Zuma, amasaha 48 yo kwegura.

Umwe mu bayobozi ba ANC yabwiye Reuters, ko Komite Nyobozi y’ishyaka yafashe icyemezo cyo gukura Perezida Zuma ku butegetsi, nyuma y’umwiherero wamaze amasaha 13.

Uwo muyobozi yavuze ko Ramaphosa w’imyaka 65, ngo ejo yahuye na Perezida Zuma, agaruka mu nama ibiganiro birakomeza ariko mu yindi sura hibazwa niba ari bweguzwe.

Kugeza ubu ntabwo ANC iratangaza ku mugaragaro ko yasabye Zuma kwegura, gusa ikinyamakuru, SABC cya Leta cyatangaje ko Ramaphosa yahuye na Zuma akamuha ubutumwa bw’uko Komite Nyobozi yamuhaye amasaha 48 ngo abe yeguye.

Ikinyamakuru Eye Witness cyo kivuga ko ubwo yabimubwiraga Zuma yamubwiye ngo ‘mukore icyo mushaka gukora’. Iyi Komite y’ishyaka ifite ububasha bwo kweguza Zuma, nubwo ngo atabikozwa.

Kuva Visi Perezida Cyril Ramaphosa, yatorerwa kuyobora ANC mu Ukuboza, Zuma yakomeje kurwana bikomeye n’amajwi menshi y’abayoboke b’iri shyaka akomokamo yamuhatiraga kwegura kubera imiyoborere idahwitse yamuranze muri manda ya kabiri yagombaga kurangira umwaka utaha.

Zuma w’imyaka 75, yabaye Perezida wa Afurika y’Epfo utaravuzweho rumwe kuva hashyirwa akadomo ku butegetsi bw’abazungu mu 1994, kuko imyaka icyenda ayoboye yose yaranzwe no gusubira inyuma k’ubukungu bw’igihugu n’ibirego byinshi bya ruswa.

Zuma utagifite umwanya muri ANC, ashobora gukorerwa ibyo yakoreye Thabo Mbeki mu 2008, kuko yayoboye inkundura yo kumweguza nyuma y’uko na we avuye ku butegetsi bw’ishyaka. Mbeki yegujwe kubera gukoresha nabi ububasha yari afite.

Ubutegetsi bwa Zuma ntibuvugwaho rumwe, aho umuryango w’inshuti ze uzwi nka Gupta, wakoresheje umubano bafitanye ugatsindira amasoko ya leta kandi ukagira n’uruhare rukomeye mu kugena abajya muri Guverinoma. Gusa uyu muryango na Zuma bahakana ibi.

Mu 2016, Urukiko rw’Ikirenga rwanzuye ko Perezida Zuma, atakurikije Itegeko Nshinga ubwo yananirwaga kwishyura umutungo wa leta yakoresheje yubaka inzu ye. Umwaka ushize kandi uru rukiko rwavuze ko agomba gukurikiranwaho ibirego 18 bya ruswa, forode n’iyezandonke bifitanye isano n’isoko ryo kugura intwaro mu 1999.

Ramphosa yiyemeje kurandura ruswa no kuzahura ubukungu ubwo yatorerwaga kuyobora ANC. Yavuze ko atazatesha agaciro Zuma ariko abasesenguzi babona ko ari we wihishe inyuma y’inkundura yo kumweguza.

Zuma naramuka yemeye kwegura azandikira ibaruwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, hanyuma abayigize batorere kumutakariza icyizere mu nteko rusange iteganyijwe ku wa 22 Gashyantare uyu mwaka.

2018-02-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Jean Paul Turayishimye yabuze byose nk’ingata imenye, menya ibyo yategetswe na Kayumba Nyamwasa ngo asubire muri RNC

Jean Paul Turayishimye yabuze byose nk’ingata imenye, menya ibyo yategetswe na Kayumba Nyamwasa ngo asubire muri RNC

Ubwanditsi 13 May 2020
ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO

ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO

Ubwanditsi 16 Dec 2025
Gusara ni ugushishikara koko. Thomas Nahimana n’abasazi be ngo barose bafashe ubutegetsi mu Rwanda!

Gusara ni ugushishikara koko. Thomas Nahimana n’abasazi be ngo barose bafashe ubutegetsi mu Rwanda!

Ubwanditsi 19 Aug 2024
Umudepite wo muri Uganda yabwiye igihugu cye kwirukana abo muri RNC

Umudepite wo muri Uganda yabwiye igihugu cye kwirukana abo muri RNC

Ubwanditsi 29 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

‘Momo’, umukino wadutse kuri WhatsApp ukomeje gutera abakiri bato kwiyahura
IKORANABUHANGA

‘Momo’, umukino wadutse kuri WhatsApp ukomeje gutera abakiri bato kwiyahura

Ubwanditsi 02 Aug 2018
Ndagisha Inama
HIRYA NO HINO

Ndagisha Inama

Ubwanditsi 17 May 2017
Ndi Umunyamerika mu mpapuro ariko mu maraso ndi Umunyarwanda-Meddy
Mu Rwanda

Ndi Umunyamerika mu mpapuro ariko mu maraso ndi Umunyarwanda-Meddy

Ubwanditsi 27 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru