• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Urukiko rwa Loni rwitabaje abafashe abo muri Yugoslavia ngo bahige ba Kabuga

Urukiko rwa Loni rwitabaje abafashe abo muri Yugoslavia ngo bahige ba Kabuga

Ubwanditsi 14 Feb 2018 Mu Rwanda

Umushinjacyaha Mukuru w’Urwego rwasimbuye Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (MICT), Dr Serge Brammertz aratangaza ko yinjije mu ikipe ye abafashije guta muri yombi abakoze ibyaha mu cyahoze ari Yugoslavia ngo bamufashe no guhiga Kabuga Felicien n’abandi baburiwe irengero bakekwaho jenoside.

Ibi Dr Brammertz yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Gashyantare, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru aho ari mu kazi i Kigali.

Yavuze ko atemerewe kugira icyo avuga ku ho bageze bashakisha abagabo umunani basigaye bakekwaho uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, ariko akemeza ko bari gukaza ikipe ngo aba bashyikirizwe ubutabera.

Yagize ati “Twashyizeho uburyo bwose bushoboka ku buryo ubu turi gukora cyane nubwo bitoroshye kumenya abo aba bagabo baherereye. Ndemera ko twananiwe kubata muri yombi mu myaka yashize kuko niko kuri kandi hari abakora cyane ngo bafatwe, ariko biragoye kumenya aho bari rwose.”

Abajijwe impamvu nyuma y’imyaka 24 Urukiko rw’Umuryango w’Abibumbye rwashyiriweho u Rwanda rwananiwe gushyikiriza aba bagabo ubutabera, Brammertz yavuze ko yagerageje gushakisha icyabiteye n’ikitarakorwaga neza.

Yagize ati “Ubu ndi gukorana na benshi mu bo twakoranye mu guhiga abakoze ibyaha by’intambara mu cyahoze ari Yugoslavia, […] ni ibyo kwishimira cyane kuko urukiko rwashyiriwe iki gihugu rwafunze imirimo yarwo nta n’umwe ukidegembya. Byari bigoye ariko kuba Radovan Karadžić na Ratko Mladić barafashwe nyuma y’imyaka 15 na 17 ni igikorwa cy’ingenzi.”

Ngo bize byinshi ku buryo ubu bari no kwifashisha ikoranabuganga mu kumenya aho aba bagabo bakurikiranweho jenoside mu Rwanda batabwe muri yombi.

Yunzemo ati “Ntibyoroshye namba kuko aba bagabo bafite ibyangombwa bitandukanye dore ko babashije kwihisha iyi myaka yose kandi birashoboka ko hari abantu babafashije mu buryo bukomeye cyane.”

Ku bantu 90 Urukiko rwa Arusha rwari rufite inshingano zo kuburanisha, 8 bonyine ni bo basigaye. Muri bo, batatu bagomba kuzaburanishwa n’uru rwego rwasimbuye Urukiko rwa Arusha. Barimo Félicien Kabuga, Protais Mpiranya na Augustin Bizimana.

Naho dosiye z’abandi batanu ari bo Fulgence Kayishema, Charles Sikubwabo, Aloys Ndimbati, Ryandikayo na Phénéas Munyarugarama zoherejwe mu Rwanda nubwo uru rwego ari rwo ruzakomeza kubahiga.

Abakekwaho uruhare muri jenoside 18 bari barahunze bamazwe koherezwa kuburanira mu Rwanda, naho hirya no hino ku Isi cyane cyane mu Burayi, 21 bari kuburana mu nkiko.

2018-02-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umukozi wa MTN Rwanda yitabye Imana avuye mu gitaramo cya Gentil Misigaro

Umukozi wa MTN Rwanda yitabye Imana avuye mu gitaramo cya Gentil Misigaro

Ubwanditsi 11 Mar 2019
Rayon Sports ikomeje kugorwa no kubona intsinzi, ni nyuma yo kunanirwa kugera ku ntego yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino mpuzamahanga.

Rayon Sports ikomeje kugorwa no kubona intsinzi, ni nyuma yo kunanirwa kugera ku ntego yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino mpuzamahanga.

Ubwanditsi 23 Jun 2021
Didier Drogba agiye kuza i Kigali

Didier Drogba agiye kuza i Kigali

Ubwanditsi 12 Nov 2018
Iburanisha risoza urubanza rw’ubujurire bwa Munyakazi ryaranzwe n’impaka zikomeye

Iburanisha risoza urubanza rw’ubujurire bwa Munyakazi ryaranzwe n’impaka zikomeye

Ubwanditsi 18 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Eyob Metkel yongeye kwegukana agace ka tour du Rwanda Areruya Joseph agumana Maillot jaune
IMIKINO

Eyob Metkel yongeye kwegukana agace ka tour du Rwanda Areruya Joseph agumana Maillot jaune

Ubwanditsi 18 Nov 2017
Miss Uwase Ndahiro Liliane ashaka kwiyamamariza kuba umudepite mu Nteko Nshingamategeko y’u Rwanda
SHOWBIZ

Miss Uwase Ndahiro Liliane ashaka kwiyamamariza kuba umudepite mu Nteko Nshingamategeko y’u Rwanda

Ubwanditsi 04 Apr 2018
Burundi : Umugore Wa Nkurunziza Ntiyishimiye Ubuzima Abayemo Nyuma Y’uko Umugabo We Akomeje Kuba Nyirabayazana W’umutekano Muke Mu Karere
INKURU NYAMUKURU

Burundi : Umugore Wa Nkurunziza Ntiyishimiye Ubuzima Abayemo Nyuma Y’uko Umugabo We Akomeje Kuba Nyirabayazana W’umutekano Muke Mu Karere

Ubwanditsi 05 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru