• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Kagame asanga abayobozi bakora neza u Rwanda rwaza ku myanya irenze iyo ruriho

Kagame asanga abayobozi bakora neza u Rwanda rwaza ku myanya irenze iyo ruriho

Ubwanditsi 27 Feb 2018 POLITIKI

Perezida Kagame ntashidikanya ko abayobozi bujuje inshingano zabo u Rwanda rwagira imyanya ya mbere muri raporo z’imiryango n’ibigo mpuzamahanga.

Ubwo yatangizaga Umwiherero w’abayobozi, watangiye kuri uyu wa 26 Gashyantare, yavuze imikoranire idahwitse hagati y’abayobozi iri mu bituma batuzuza inshingano bashinzwe.

Yifashishije urugero rwa raporo ya World Economic Forum ishyira u Rwanda ku mwanya wa cyenda mu bihugu bitekanye ku isi.

Yagize ati “Njyewe ndabisoma nti ‘ariko isi uzi ko itabaho noneho, isi ntabwo ibaho kuko niba aba bantu bari bazi ibyo nzi, hagomba kuba isi itameze neza.’ Ariko nkongera na bwo nkatekereza nti ‘ariko niba dushobora gufata iyi myanya mu bintu bitandukanye, navuze bikeya erega ni byinshi, ubwo abandi babishinzwe mu buryo butandukanye bazajya babitubwira mu biganiro ariko nkavuga ngo niba byarashobotse ko tuba aba cyenda ku isi nk’igihugu gifite umutekano, ubwo ntitwaba n’aba munani, ntitwaba n’aba karindwi, aba gatandatu, aba gatanu,aba kane, aba gatatu, aba kabiri n’aba mbere’? Ni cyo bivuze.”

Yakomeje avuga ko bitumvikana uburyo umuntu aba uwa cyenda ntaharanire kuba uwa gatanu. Ashimangira ko hari ibiba bitakozwe uko bikwiye kugira ngo igihugu kijye mu myanya ibanza.

Yagize ati “Noneho nkongera ngateranya nkareba nkavuga nti ‘ariko buriya bya bindi navugaga tubona tutuzuza kandi byuzuza dukwiye kuba tubyuzuza ni byo bitugira aba cyenda aho kuba aba gatanu, nonese aho ushobora kuba uwa gatanu kuki uba uwa cyenda?’ Ariko ubwo ni ko bigenda bijya kuri buri kintu cyose dukora, ni ukuvuga ngo ntabwo tugera ku musaruro ubundi dufite mu bushobozi bwacu. Ibyo twakagezeho turabyiyima kubera ko hari ibindi dushyira imbere, bidafite inyungu, bidafite akamaro, ahubwo bitwangiza. Ni cyo bivuze. Yes, twakwishimira ko dufite iyi myanya cyangwa ibigaragara bikorwa, ni byo, ariko twanakwishimira no kuba twarageze no kubisumba ibyo, cyane cyane aho tubona ko bishoboka, tubona ko hari ibyo tutuzuza kandi dushobora kuzuza dufite mu bushobozi bwacu.”

Mu mbwirwaruhame yamaze hafi isaha n’igice, Perezida Kagame yagaragaje ibibazo abayobozi bafite usanga bidindiza iterambere ry’igihugu.

Mu byo yibanzeho cyane harimo imikoranire itanoze, aho usanga abayobozi bafite inshingano zimwe baticara ngo baganire bakemure ibibazo, ahubwo buri wese agakora ibye.

Yabigereranije n’ingabo ijana zaba zigiye ku rugamba, zahagera buri wese agakora ibyo yishakiye, ashimangira ko urwo rugamba zidashobora kurutsinda na gato.

Abayobozi bahawe umwanya

Hagati mu mbwirwaruhame, Perezida Kagame yakomoje ku bibazo byugarije umuryango nyarwanda birimo imirire mibi mu bana ituma bagwingira, umwanda, ndetse n’ibabazo by’abana bo mu muhanda usanga bakiri hose mu bice bitanduka.

Ibi bibazo si ubwa mbere bivugiwe mu mwiherero nk’uyu, aho inzego zitandukanye mu bihe zagiye zifata umwanzuro wo kubikemura, gusa Kagame akibaza impamvu bikigaragara.

Umukuru w’Igihugu yabajije abayobozi b’uturere ikibazo gihari gituma ibibazo bihora bigaruka.

Bamwe mu bafashe ijambo bagaragaje ko ubwabo na bo bifitemo ibibazo by’imikorere itanoze, aho usanga hari abategera abaturage uko bikwiye. Bakaba bamwijeje ko bagiye kwikosota

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Kaboneka Francis, we yagaragaje ko ikibazo kiri mu myumvire y’abaturage ndetse n’abayobozi badahindura imyumvire y’abaturage.

Perezida Kagame yanenze Inteko Ishinga Amategeko ku kuba nta muyobozi n’umwe yari yafatira ibihano bitewe no kudashyira mu nshingano uko bikwiye ibyo ashinzwe.

Gusa yaba Perezida wa Sena, Makuza Bernard na Perezida w’Umutwe w’abadepite, Mukabalisa Donatille, bashimangiye ko bagiye gukora ibishoboka byose kugira ngo umuyobozi uzajya ugaragarwaho kutubahiriza inshingano ze bamuhamagaze mu Nteko ndetse babe banamufatira icyemezo.

Perezida Kagame yumva ibisobanuro by’abayobozi ku bibazo by’imikoranire itaboneye

Umwiherero wabaye umwaka ushize wari wafatiwemo imyanzuro 26. Iyi myanzuro yagabanyijwemo ibikorwa by’ingenzi 62. Ku igenzura ryakozwe ku ishyirwa mu bikorwa, ibikorwa 51 bingana 82% byakozwe ku kigero gishimishije (hagati y’amanota 75%-100); ibikorwa 9 (15%) byakozwe hagati y’amanota 50%-74%; ibikorwa 2 bingana na 3% byakozwe ku kigero kiri hasi y’amanota 50%)

Biteganyijwe ko uyu Mwiherero uzamara iminsi 4, aho witezweho ko abayobozi bagomba gusasa inzobe hakarebwa ibitagenda, bakanabifatira ingamba zikwiye.

2018-02-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abakandida barumbutse Mwenedata Gilbert yiyongereye kubandi  bifuza kuba ba Perezida

Abakandida barumbutse Mwenedata Gilbert yiyongereye kubandi bifuza kuba ba Perezida

Ubwanditsi 11 May 2017
Ni Perezida Kabila Uri Kubyivangamo Kugira Ngo Ntiyamamaza- Moise Katumbi

Ni Perezida Kabila Uri Kubyivangamo Kugira Ngo Ntiyamamaza- Moise Katumbi

Ubwanditsi 07 Aug 2018
Interahamwe n’Ibigarasha byungutse Idamange ProMax, Umuzindaro Mushya ugezweho ubu ni Bad Rama

Interahamwe n’Ibigarasha byungutse Idamange ProMax, Umuzindaro Mushya ugezweho ubu ni Bad Rama

RUSHYASHYA 23 Feb 2026
Perezida Museveni yashinje Umuryango w’Abibumbye gushyigikira iterabwoba muri RDC

Perezida Museveni yashinje Umuryango w’Abibumbye gushyigikira iterabwoba muri RDC

Ubwanditsi 19 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

IGP Gasana yibukije abazajya mu butumwa bw’amahoro kuzirikana inyungu z’u Rwanda ku mutima
Mu Mahanga

IGP Gasana yibukije abazajya mu butumwa bw’amahoro kuzirikana inyungu z’u Rwanda ku mutima

Ubwanditsi 27 Sep 2016
Miss Igisabo nanone yanze kwambara utwenda tw’imbere twonyine imbere y’imbaga
Uncategorized

Miss Igisabo nanone yanze kwambara utwenda tw’imbere twonyine imbere y’imbaga

Ubwanditsi 19 Oct 2017
80% by’amata mu Rwanda ntabyazwa undi musaruro
UBUKUNGU

80% by’amata mu Rwanda ntabyazwa undi musaruro

Ubwanditsi 20 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru