• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»Yaba FARDC cyangwa RDF bose bavogereye imipaka – Raporo ya ICGLR

Yaba FARDC cyangwa RDF bose bavogereye imipaka – Raporo ya ICGLR

Editorial 03 Mar 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Raporo y’ibanze y’itsinda rihuriweho ry’ubugenzuzi rya ICGLR iravuga ko Igisirikare cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) ndetse n’icy’u Rwanda (RDF) byose byavogereye ubutaka bw’abandi ubwo byarwanaga kuwa 13 Gashyantare birwanira muri Pariki y’Ibirunga.

Iyi raporo biteganyijwe ko vuba ishyikirizwa ibihugu byombi, mu gihe Igisirikare cya Congo cyo gisaba irindi perereza ku rupfu rw’abasirikare bacyo batatu bishwe icyo gihe imirambo yabo ikaba yarasubijwe Congo kuwa 18 Gashyantare.

Raporo y’ibanze ya ICGLR irameza ko u Rwanda rwari rusanzwe rwarashinze ahantu rwagenzuriraga ku butaka bwa Congo, muri pariki y’Ibirunga muri gace kari hagati ya Mikeno na Sabyinyo.Ariko, ingabo za Congo, ku ruhande rwazo, iyi raporo iravuga ko mu kugaba igitero, kuwa 13 Gashyantare zateye ingabo z’u Rwanda nazo zikavogera imbibi z’u Rwanda. Biravugwa ko izi ngabo za Congo ngo zakurikiranye ingabo z’u Rwanda kugera mu Rwanda mu Karere ka Musanze.

Aha ngo akaba ari naho abasirikare batatu ba Congo biciwe nk’uko iyo raporo ikomeza ivuga. Igisirikare cya Congo kigasaba iri tsinda rya ICGLR gukora iperereza ku rupfu rw’abo basirikare batatu, aho gishinja ingabo z’u Rwanda kuba zarabakoreye iyicarubozo mbere yo kubica nk’uko Radio Okapi dukesha iyi nkuru ivuga.

Kuwa 18 Gashyantare 2018 RDF yasubije imirambo y’ingabo za FARDC ziciwe mu mirwano kuwa 13 Gashyantare

Nk’uko iyi raporo iri bushyirwe ahagaragara vuba ikomeza ibyemeza, ngo u Rwanda rwamaze gukura ingabo zarwo mu gace zavugwagamo, hoherezwa ingabo za Congo.

Hagati aho, ngo inama hagati y’abakuru b’ingabo b’ibihugu byombi iteganyijwe mu minsi iri imbere. Iyi ikaba itegurwa nyuma y’iyabaye kuwa Gatandatu ushize I Goma hagati y’abakuru b’inzego z’ubutasi mu gisirikare b’ibihugu byombi.

2018-03-03
Editorial

IZINDI NKURU

Amabaruwa y’urudaca hagati ya Museveni na Nkurunziza ahatse iki?

Amabaruwa y’urudaca hagati ya Museveni na Nkurunziza ahatse iki?

Editorial 12 Dec 2018
Ni kuki Museveni akomeje kugaragaza Kayumba nk’inkoramutima z’ishyaka riri ku butegetsi muri Uganda

Ni kuki Museveni akomeje kugaragaza Kayumba nk’inkoramutima z’ishyaka riri ku butegetsi muri Uganda

Editorial 31 Jan 2019
Isesengura; Komite nshya ya RNC Uganda, ikimenyetso simusiga cyuko RNC yabaye nkaya nkende ishaje yananiwe kurizwa igiti yiyurizaga

Isesengura; Komite nshya ya RNC Uganda, ikimenyetso simusiga cyuko RNC yabaye nkaya nkende ishaje yananiwe kurizwa igiti yiyurizaga

Editorial 22 Nov 2019
Burundi-Cibitoke: Habonwe imirambo y’abantu 14 bishwe bari kungoyi

Burundi-Cibitoke: Habonwe imirambo y’abantu 14 bishwe bari kungoyi

Editorial 03 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CNDD FDD yafashe icyemezo cyo gusenya urwibutso rushyinguyemo inzirakarengane 166 z’Abanyamulenge zishwe muri 2004 mu Gatumba
Amakuru

CNDD FDD yafashe icyemezo cyo gusenya urwibutso rushyinguyemo inzirakarengane 166 z’Abanyamulenge zishwe muri 2004 mu Gatumba

Editorial 23 Dec 2020
Rayon sports yegukanye igikombe cy’Amahoro itsinze APR FC 1-0, yegukana Miliyoni 10Frw
Amakuru

Rayon sports yegukanye igikombe cy’Amahoro itsinze APR FC 1-0, yegukana Miliyoni 10Frw

Editorial 03 Jun 2023
Perezida Kagame yasoje Inama y’Igihugu y’Umushyikirano, akomoza  ku gahinda ababyeyi baterwa n’ibiyobyabwenge mu bana
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yasoje Inama y’Igihugu y’Umushyikirano, akomoza ku gahinda ababyeyi baterwa n’ibiyobyabwenge mu bana

Editorial 19 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru