• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Perezida Museveni yirukanye Minisitiri Gen.Tumukunde na  IGP Kale Kayihura

Perezida Museveni yirukanye Minisitiri Gen.Tumukunde na  IGP Kale Kayihura

Editorial 04 Mar 2018 ITOHOZA

Kuri icyi cyumweru tariki o4 Werurwe ,Perezida wa Uganda Yoweli Kaguta Museveni yashyizeho Elly Tumwiine nka Minisitiri w’umutekano mushya na Mr.Okoth Ochola nk’umukuru w’igipolisi cya Uganda (IGP) ndetse na Brigadier Sabiti Muzeei wagizwe umuyobozi wungirije mukuru wa polisi (DGPO).

Inyandiko ishyiraho aba bayobozi yasinyweho na Perezida Museveni kuri uyu wa 04 Werurwe nkuko bigaragara kurukuta rwe rwa Twitter iragira iti: “Mu bubasha mpabwa n’amategeko nk’umukuru w’igihugu buri mu ngingo ya 113 (1), ingingo ya 213 (2) z’itegekonshinga ya Repubulika ya Uganda, Nshyize mu nshingano Elly Tumwiine nka Minisitiri w’umutekano, Mr. Okoth Ochola nk’umuyobozi wa polisi (IGP) ndetse na Sabiti Muzeei nk’imuyobozi mukuru wungirije wa polisi ya Uganda,”

Amakuru ava Uganda ni uko uyu muyobozi mushya wa Polisi Ocola Okoth niwe wari wungirije Kale Kayihura mu gipolisi naho umwungiriza we mushya Sabiiti Muzei bivugwa ko ari n’umuhungu wa Perezida Museveni yabyaye kuwundi mugore yari hanze kwiga . Ikindi  kivugwa ni uko  Sabiiti Muzei ari umuntu wubashywe murwego rw’igisilikare kubera yabaye uwungirije Special Forces Command ikiyoborwa na Muhoozi Keinarugaba umwana w’imfura wa Perezida Museveni.

Gen. Tumukunde yagiriraga ishyari cyane Kale Kayihura kuko Perezida Museveni amwiyumvamo kumurusha,  biryo yashyizeho ikinyamakuru SoftPower  cy’umudamu wahoze ashinzwe itangazamakuru mu biro bya Perezida Museveni ariko mu by’ukuri ntabwo ari byo! Nubwo uwo mudamu, Sarah Kagingo agikorera akitwa yuko anagikuriye ariko SoftPower.com ni igitangazamakuru  cyashinzwe na Tumukunde murwego rwo gusenya Kale Kayihura no gukora  propaganda z’inzego z’iperereza muri Uganda (CMI)  na ISO, by’umwihariko SoftPower igakoreshwa na Minisitiri w’umutekano muri Uganda, General Henry Tumukunde na murumuna wa Perezida w’icyo gihugu, General Salim Saleh ndetse na CMI.

Mu minsi ishize Gen. Tumukunde  na CMI bijanditse mu bikorwa byo gushimuta abanyarwanda muri Uganda afatanije na RNC ishyaka rya Kayumba Nyamwasa n’undi munyarwanda witwa Rugema Kayumba  ukorera umutwe wa RNC muri ibyo bikorwa. Ariko ibi Museveni akabihakana yivuye inyuma avuga ko atabizi.

Gen. Tumukunde yafunzwe  imyaka 8 na Perezida Museveni kubera ko yari mugatsiko k’abasilikare batishimiye ihindurwa ry’itegeko nshinga muri 2005. Yaje gusabirwa imbabazi na Fist Family kuko afitanye isano ya bugufi na Madamu wa Museveni, aramurekura ariko ajya ku gatebe. Yaje kuba Minisitiri w’Umutekano mu gihugu bivuze ko ari nawe uyobora ISO na ESO.

Nguko uko yatangiye kwihimura kuri Kale  Kayihura  wamufunze  iyo myaka 8,   kubera kwivanga muri politiki; ari naho haturutse urwango rukomeye hagati yabo. Tumukunde  yatangiye  kwamamaza  cyane Perezida Museveni  na NRM byo kwikundwakaza , ariko abikora nabi bimuviramo gukora amakosa  menshi  muri Diplomasi no  gusenya inzego za Polisi ya Uganda. Tumukunde aherutse gushimagiza  cyane Kiiza Besigye ngo ni umuntu ukomeye muri Uganda.

 

2018-03-04
Editorial

IZINDI NKURU

RNC –Ishaje yadukanye  ‘Agashya ‘ noneho igeze no mubapfakazi

RNC –Ishaje yadukanye ‘Agashya ‘ noneho igeze no mubapfakazi

Editorial 20 Feb 2017
Inama ya RNC  igice cya Kayumba mu kiriyo cy’umugore wa Rusagara

Inama ya RNC igice cya Kayumba mu kiriyo cy’umugore wa Rusagara

Editorial 29 Aug 2016
Kayonza: Umukobwa bamusanze mu nzu amaze iminsi 5  yishwe

Kayonza: Umukobwa bamusanze mu nzu amaze iminsi 5 yishwe

Editorial 11 May 2017
Burundi : Umunyarwandakazi  Uwimana Florence afungiwe  mu kasho mu Ntara ya Gitega ashinjwa ubutasi

Burundi : Umunyarwandakazi  Uwimana Florence afungiwe  mu kasho mu Ntara ya Gitega ashinjwa ubutasi

Editorial 10 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Diane Rwigara agaruye kandi ubushotoranyi mu matora?
Amakuru

Diane Rwigara agaruye kandi ubushotoranyi mu matora?

Editorial 10 May 2024
Coup d’Etat muri Sudan si wo muti wari ukenewe – AU
POLITIKI

Coup d’Etat muri Sudan si wo muti wari ukenewe – AU

Editorial 12 Apr 2019
Aravuga ” Imyato ” P.Kagame, amugereranya n’umugabo udacogozwa n’urugamba
ITOHOZA

Aravuga ” Imyato ” P.Kagame, amugereranya n’umugabo udacogozwa n’urugamba

Editorial 30 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru