• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»RGB ishobora kuzajya ihana abanyapolitiki bagaragaweho amakosa

RGB ishobora kuzajya ihana abanyapolitiki bagaragaweho amakosa

Editorial 06 Mar 2018 POLITIKI

Minisitiri muri Perezidansi, Uwizeye Judith, yatangaje ko Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), rushobora kuzajya ruhana imitwe ya politiki ndetse n’abanyapolitiki bagaragaweho amakosa.

Ibi yabitangaje ubwo hatorwaga ishingiro ry’ Umushinga w’itegeko ngenga rihindura kandi ryuzuza itegeko ngenga No 10/2013/OL ryo ku wa 11/07/2013 rigenga imitwe ya Politiki n’Abanyapolitiki.

Uyu mushimga w’itegeko ugaragaza ko ibihano RGB izajya ihanisha imitwe ya politiki cyangwa abanyapolitiki biri mu rwego rw’akazi.

Depite Mporanyi Théobald yagaragaje ko ubusanzwe ibihano byo mu rwego rw’akazi bisanzwe bitangwa n’umukoresha abiha umukozi we, akaba atumva uburyo RGB yahana umunyapolitiki kandi atari yo iba yaramushyize mu mwanya.

Yagize ati “Hari aho bavuze ko imitwe ya politiki ikorera mu bwisanzure, iyo umuntu agiye mu mutwe wa politiki aba agiyemo ku bushake, uha umuntu ibihano byo mu rwego rw’akazi ari uko umukoresha, umunyapolitiki ugiye mu mutwe wa politiki runaka nibaza ukuntu RGB ishobora kumufatira igihano kandi atari mu nshingano zabo, ese yandikira umutwe wa politiki akaba ari wo umufatira igihano? Hari n’abanyapolitiki badafite imitwe ya politiki bashingiyeho, byo bigenda gute?”

Minisitiri Uwizeye yavuze ko bikwiye kumvikana ko ibihano byo mu rwego rw’akazi bikwiye gutandukanywa n’ibihano nshinjabyaha, aho ku mutwe wa politiki cyangwa umunyapolitiki hatazabaho gufungwa cyangwa ikindi gihano giteganywa n’amategeko ahana.

Yatanze urugero rw’ikosa rishobora gukorwa n’umunyapolitiki, aho hari ushobora guhabwa inkunga mu buryo butemewe n’amategeko mu gihe kitari icy’amatora.

Yagize ati “Urugero nk’umunyapolitiki wakiriye impano runaka, mu gihe kitari icy’amatora birumvikana ibyo ntabwo twabyita icyaha ariko ni ikosa kandi iryo kosa rigira ikintu kirihana byanze bikunze.”

Uyu muyobozi yakomeje avuga ko nk’umudepite aramutse akoze ikosa RGB ifite ububasha bwo kumuhagarika. Gusa agashimangira ko igihe uwo munyapolitiki ari mu mutwe wa politiki uzwi, atigenga, RGB ngo ishobora gusaba uwo mutwe kumufatira ibihano mu gihe ntacyo wigeze ukora kuri ayo makosa.

Avuga ku munyapolitiki wigenga, Minisitiri Uwizeye yashimangiye ko ibyo bidakuraho kuba na we yafatirwa ibihano ku makosa yakoze.

Itegeko ryari risanzweho rivuga ko Sena yashoboraga kurega umutwe wa politiki wagaragaweho guteshuka bikomeye ku nshingano zawo, ikawuregera mu Rukiko Rukuru.

Ku munyapolitiki wagaragaweho amakosa, iri tegeko ryavugaga ko yakwihanangirizwa n’urwego rumukuriye, cyangwa akaba yanavanwa ku mwanya arimo.

Icyo Itegeko Nshinga rivuga ibihano bihabwa imitwe ya politiki

Itegeko Nshinga ryo muri 2003 ryavuguruwe muri 2015, mu ngingo yaryo ya 58, rivuga ku gukurikirana umutwe wa politiki, risobanura ko Sena ikurikirana umutwe wa politiki wateshutse bikomeye ku nshingano.

Bitewe n’uburemere bw’ikosa ry’umutwe wa politiki ryagaragajwe, Sena ishobora gusaba urwego rufite mu nshingano zarwo imikorere y’imitwe ya politiki gufatira uwo mutwe wa politiki kimwe mu byemezo birimo kuwihanangiriza ku mugaragaro; guhagarika ibikorwa byawo mu gihe kitarenze imyaka ibiri; guhagarika ibikorwa byawo mu gihe cya manda yose y’abadepite no gutesha agaciro icyemezo cy’iyandikwa ry’umutwe wa politiki.

Iyo hafashwe icyemezo cyo gutesha agaciro icyemezo cy’iyandikwa ry’umutwe wa politiki, abagize Umutwe w’Abadepite batowe baturutse muri uwo mutwe wa politiki bahita bakurwa ku mwanya w’ubudepite.

Imwe mu mpamvu yo guhindura iri tegeko ngenga rigenga imitwe ya politiki n’abanyapolitiki ni iyo kurihuza n’Itegeko Nshinga ryavuguruwe muri 2015.

Uyu mushinga w’itegeko ukaba uzashyikirizwa komisiyo ikawusuzuma, mbere y’uko usubira mu Nteko rusange, aho uzatorerwa, ugahinduka itegeko risimbura iryari risanzweho.

2018-03-06
Editorial

IZINDI NKURU

Ukuboko k’ubutabera ntikuzabaha amahwemo. I Buruseli mu Bubiligi hatangiye urubanza rw’abajenosideri Twahirwa na Basabose

Ukuboko k’ubutabera ntikuzabaha amahwemo. I Buruseli mu Bubiligi hatangiye urubanza rw’abajenosideri Twahirwa na Basabose

Editorial 05 Oct 2023
DRC: Hagati ya Tshisekedi na Kabila ishyamba si ryeru

DRC: Hagati ya Tshisekedi na Kabila ishyamba si ryeru

Editorial 12 Nov 2019
Ishyaka Green Party Riramagana ibyatangajwe na Général Kayumba Nyamwasa.

Ishyaka Green Party Riramagana ibyatangajwe na Général Kayumba Nyamwasa.

Editorial 30 Mar 2017
Umubiligi agiye gusohora igitabo gihuza ubutwari bwa Kagame na Gen. de Gaulle wubatse ikuzo ry’u Bufaransa

Umubiligi agiye gusohora igitabo gihuza ubutwari bwa Kagame na Gen. de Gaulle wubatse ikuzo ry’u Bufaransa

Editorial 06 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugore wa Rene Rutagungira yarekuwe mu banyarwanda 13 bari bafungiye muri Uganda
HIRYA NO HINO

Umugore wa Rene Rutagungira yarekuwe mu banyarwanda 13 bari bafungiye muri Uganda

Editorial 18 Feb 2020
FARDC yashyikirije igisirikare cya Uganda abana babiri bari barajyanwe na se mu nyeshyamba
Mu Mahanga

FARDC yashyikirije igisirikare cya Uganda abana babiri bari barajyanwe na se mu nyeshyamba

Editorial 13 Feb 2019
Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.
Amakuru

Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Editorial 21 Nov 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru