• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Iby’ingenzi kuri Djoliba AC igiye kwesurana na APR FC

Iby’ingenzi kuri Djoliba AC igiye kwesurana na APR FC

Ubwanditsi 06 Mar 2018 IMIKINO

APR FC ihagarariye u Rwanda mu marushanwa ya CAF Confederation Cup, yahagurutse i Kigali mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru yerekeza i Bamako muri Mali aho igomba gucakirana na Djoliba AC iheruka mu kibuga umwaka ushize ndetse yashegeshwe bikomeye n’ihagarikwa rya shampiyona.

Djoliba AC yo muri Mali yakomeje mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup idakinnye kuko ELWA United yo muri Liberia zagombaga guhura yikuye mu irushanwa, igomba kwakira APR FC yasezereye Anse Réunion FC yo mu Birwa bya Seychelles iyinyagiye ibitego 6-1 mu mikino yombi.

Mu gihe APR FC imaze iminsi ikina imikino itandukanye yaba iya shampiyona n’imikino Nyafurika, Djoliba AC iheruka gukina umukino wo mu irushanwa iryo ariryo ryose tariki 1 Ukwakira 2017 mbere y’uko shampiyona y’iwayo ihagarikwa bitewe na leta yivanze mu miyoborere y’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru.

Ihagarikwa rya shampiyona ryashegeshe bikomeye amakipe yo muri iki gihugu, amwe arekura abakinnyi bigira mu biruhuko. Nk’uko tubikesha ikinyamakuru, footmali, ikipe ya Djoliba AC yo yagerageje gushaka imikino ya gicuti itandukanye kugira ngo abakinnyi bayo badasubira hasi cyane bakava mu mwuka wo guhatana.

Mu mikino 10 yakinnye yitegura, yatsinze umunani AS Stars de Sangladesh yatsinze 2-0, CSK yanyagiye 3-0, ikaba yaranganyije indi itatu irimo uwa AS Onze Créateurs warangiye ari 0-0, A.S. Réal de Bamako warangiye ari 1-1 na Stade Malien zanganyije 1-1 ariko umukino ntiwarangira.

Amateka ya Djoliba AC

Iyi kipe yashinzwe mu 1960, ni imwe mu zikomeye kurusha izindi muri Mali ikaba ifite ibibuga bitatu byayo birimo icyo yakiriraho imikino Stade 26 Mars, Bamako yakira abafana ibihumbi 55 n’ibindi by’imyitozo bibumbiye mu kitwa ‘Complex Sportif Hérémakono’.

Yegukanye ibikombe bitandukanye birimo ibya shampiyona 22 icya nyuma ikaba igiheruka mu 2012, ibikombe by’igihugu 19 aho igiheruka yagitwaye mu 2009, ibikombe birindwi biruta ibindi, icya nyuma ikaba yaragitwaye mu 2013.

Ni ikipe ikomeye inafite amateka mu marushanwa yo ku mugabane wa Afurika kuko imaze gukina imikino 76 mu marushanwa ya CAF Champions League itsinda 28, inganya 20 itsindwa 24. Muri CAF Confederation Cup ari naho izahurira na APR FC, imaze gukina imikino 32 yatsinzemo 12, inganya umunani, itsindwa 12.

Yagiye igera mu byiciro bya kure muri aya marushanwa nka ¼ na ½ inshuro zitandukanye ndetse igera ku mukino wa nyuma ya CAF Confederation Cup mu 2012 ihatsindirwa na AC Léopards ibitego 4-3 mu mikino yombi.

Umukino uzahuza APR FC n’iyi kipe uteganyijwe tariki 7 Werurwe i Bamako muri Mali mu gihe uwo kwishyura uzabera i Kigali nyuma y’iminsi 10, tariki 17 Werurwe 2018.

2018-03-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuhanzi J Cole yemejwe nk’umwe mu bakinnyi bazakinira ikipe ya Patriots BBC mu mikino ya BAL igiye kubera mu Rwanda.

Umuhanzi J Cole yemejwe nk’umwe mu bakinnyi bazakinira ikipe ya Patriots BBC mu mikino ya BAL igiye kubera mu Rwanda.

Ubwanditsi 11 May 2021
APR FC yanganyije na Police FC 1-1, abatoza bombi bagaya imisifurire

APR FC yanganyije na Police FC 1-1, abatoza bombi bagaya imisifurire

Ubwanditsi 11 Jun 2018
Impinduka mu bakinnyi 31 b’Amavubi bahamagawe bitegura gukina na Mali na Kenya mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2022

Impinduka mu bakinnyi 31 b’Amavubi bahamagawe bitegura gukina na Mali na Kenya mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2022

Ubwanditsi 04 Nov 2021
Tanzania-Imvugo yakoreshejwe na Zari abenshi bayifashe nko gukina ku mubyimba  Wema Sepetu uri mu cyunamo

Tanzania-Imvugo yakoreshejwe na Zari abenshi bayifashe nko gukina ku mubyimba Wema Sepetu uri mu cyunamo

Ubwanditsi 23 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyamakuru Robert Mugabe  yatawe muri yombi akurikiranyweho gusambanya abana babiri bavukana
INKURU NYAMUKURU

Umunyamakuru Robert Mugabe yatawe muri yombi akurikiranyweho gusambanya abana babiri bavukana

Ubwanditsi 10 Sep 2018
Côte d’Ivoire: Perezida Kagame yitabiriye inama izahuza Afurika n’Uburayi
INKURU NYAMUKURU

Côte d’Ivoire: Perezida Kagame yitabiriye inama izahuza Afurika n’Uburayi

Ubwanditsi 29 Nov 2017
Areruya Joseph ni we wegukanye agace ka Rubavu- Musanze
IMIKINO

Areruya Joseph ni we wegukanye agace ka Rubavu- Musanze

Ubwanditsi 15 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru