• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uko Perezida Kagame abona imikoranire ikwiye hagati ya leta na ‘Opozisiyo’

Uko Perezida Kagame abona imikoranire ikwiye hagati ya leta na ‘Opozisiyo’

Editorial 15 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rwahisemo imiyoborere ishingiye ku gusaranganya ubutegetsi n’abantu bavuga ko batavuga rumwe n’ubutegetsi bafite ibitekerezo bigamije kubaka igihugu.

Perezida Kagame yabigarutseho mu kiganiro n’abitabiriye Inama Nyafurika y’Ibitangazamakuru bikoresha amajwi n’amashusho, ihuje abakora muri izi nzego baturutse mu bihugu bitandukanye byo ku mugabane wa Afurika.

Mu kiganiro na Perezida Kagame uwari ukiyoboye Emanuel Wongibe usanzwe ari Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Cameroon Radio Television, yagarutse kuri gahunda u Rwanda rufite yo kwinjiza muri guverinoma abavuga ko bari muri ‘opozisiyo’, ibintu bishimwa na bamwe abandi bakabinenga, amubaza niba hari isomo ibindi bihugu byahakura.

Perezida Kagame yagize ati “Nibaza niba hari umuntu wabonye uburyo bunoze kandi bushobora gukora ku bantu bose. Ntabyo ndabona. N’abo bantu basa n’abari aho bashaka kuduha amasomo ku byo dukwiye gukora, muzi neza ko ubu bafite ibibazo.”

Perezida Kagame yavuze ko kubera amasomo u Rwanda rwigiye ku mateka, Abanyarwanda bumva neza ibyo bashaka kwikorera ubwabo ndetse n’uko ibibera ahandi ku Isi bibagiraho ingaruka.

Yakomeje agira ati “Uburyo dukoresha buroroshye kuko tuzi icyo dushaka nk’Abanyarwanda. Turashaka amahoro, uburumbuke n’umutekano kuri buri munyarwanda wese. Buri munyarwanda wese akeneye gutekana mu buryo bwose, dukeneye iterambere, dukeneye kubana mu bworoherane kandi ukubura kwabyo mu gihe cyashize byadusigiye amasomo.”

Yavuze ko nyuma yo kumva ibyo, haba hakenewe gusobanukirwa icyaba mu gihe nk’uwatsinze amatora ahisemo kwiharira imyanya yose.

Yakomeje agira ati “Twaravuze ngo niba watsinze, abandi nutuma bumva ko batsinzwe n’igihe uzaba ufite umwe [ufite iyo myumvire], uzakoresha igihe kinini uhangana n’umuntu wumva ko yatsinzwe. Ni icyo uzakora gusa ntuzagera aho ukemura ibibazo by’igihugu cyawe.”

“Ariko se ibyo bitanga umutekano, bitanga uburumbuke buri wese akeneye? Twasanze nta kibazo mu gutanga uburenganzira muri demokarasi, aho tubikora kandi nyuma tugakenera kumva ko nta muntu watsinzwe cyangwa se ko nyuma y’icyo gihe hazabaho ikindi cyo kugerageza ibyo ushaka.”

Yavuze ko muri icyo gihe abanyarwanda basanze bakeneye gufatanya baba abatsinze n’abandi, badakwiye kumva ko batsinzwe, mu gukorera hamwe ibitanga amahirwe agera kuri buri munyarwanda.

Yakomeje agira ati “Ni aho twavanye politiki yo gushyira hamwe, tugahitamo no kureba ‘opozisiyo’ nk’umuntu cyangwa itsinda ry’abantu bafite ubundi buryo babonamo ibintu. Opozisiyo ni iki? Byaba bivuze gusenya ibyo udakunda? Bivuze guhangana n’abo udakunda? Mu buryo twahisemo gukora ni uko opozisiyo ari abantu bafite ibitekerezo bitandukanye n’ibyawe, mu kugera ku byo abaturage bakeneye.”

“Navuze umutekano, iterambere, mvuga uburenganzira muri demokarasi, amahirwe ahari muri demokarasi […] abo muri opozisiyo uko mbibona, bafite ubundi buryo batekereza uko byagerwaho. Ni ubundi buryo bwo kurebamo ibintu ntabwo ari uko hari abantu bashaka kubuza abantu kugera ku burumbuke cyangwa kubona umutekano. Bibaye ibyo ubwo yaba ari indi opozisiyo irebwaho mu bundi buryo.”

Perezida Kagame yavuze ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi hari imiyoborere u Rwanda rwahisemo kandi iri gutanga umusaruro ndetse igihugu cyishimiye umusaruro kiri kubona kandi imbere hasa neza.

2018-03-15
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda : Andi makuru agaragaza uburyo CMI na RNC barimo guhatira abanyarwanda kwinjira mu gisirikare cya Kayumba

Uganda : Andi makuru agaragaza uburyo CMI na RNC barimo guhatira abanyarwanda kwinjira mu gisirikare cya Kayumba

Editorial 29 Apr 2019
Graca Machel yagereranyije Perezida Kagame na Nelson Mandela

Graca Machel yagereranyije Perezida Kagame na Nelson Mandela

Editorial 07 Sep 2018
Bujumbura: Abanyonzi batonze iperu basaba kwishyurwa amafaranga bemerewe ngo bitabire imyigaragambyo yabaye kuri uyu wa gatandatu

Bujumbura: Abanyonzi batonze iperu basaba kwishyurwa amafaranga bemerewe ngo bitabire imyigaragambyo yabaye kuri uyu wa gatandatu

Editorial 26 Aug 2019
Twagiramungu Alias Rukokoma , Ntazongere Kubeshya Rubanda Ko Yibwe Amajwi [ Ikimenyetso ]

Twagiramungu Alias Rukokoma , Ntazongere Kubeshya Rubanda Ko Yibwe Amajwi [ Ikimenyetso ]

Editorial 06 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RwandAir yaje mu bigo 10 by’indege byagaragaje impinduka ku Isi mu 2018
UBUKUNGU

RwandAir yaje mu bigo 10 by’indege byagaragaje impinduka ku Isi mu 2018

Editorial 26 Jul 2018
Etoile de l’Est yatsinze Police FC 2-1 yiyongerera amahirwe yo kuguma mu kiciro cya mbere 2024-2025 isiga mu murongo utukura Bugesera FC na Sunrise FC
Amakuru

Etoile de l’Est yatsinze Police FC 2-1 yiyongerera amahirwe yo kuguma mu kiciro cya mbere 2024-2025 isiga mu murongo utukura Bugesera FC na Sunrise FC

Editorial 04 May 2024
Amagambo ya Tumukunde yagaragaje imitekerereze y’abayobozi ba Uganda
INKURU NYAMUKURU

Amagambo ya Tumukunde yagaragaje imitekerereze y’abayobozi ba Uganda

Editorial 31 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru