• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uko Perezida Kagame abona imikoranire ikwiye hagati ya leta na ‘Opozisiyo’

Uko Perezida Kagame abona imikoranire ikwiye hagati ya leta na ‘Opozisiyo’

Editorial 15 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rwahisemo imiyoborere ishingiye ku gusaranganya ubutegetsi n’abantu bavuga ko batavuga rumwe n’ubutegetsi bafite ibitekerezo bigamije kubaka igihugu.

Perezida Kagame yabigarutseho mu kiganiro n’abitabiriye Inama Nyafurika y’Ibitangazamakuru bikoresha amajwi n’amashusho, ihuje abakora muri izi nzego baturutse mu bihugu bitandukanye byo ku mugabane wa Afurika.

Mu kiganiro na Perezida Kagame uwari ukiyoboye Emanuel Wongibe usanzwe ari Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Cameroon Radio Television, yagarutse kuri gahunda u Rwanda rufite yo kwinjiza muri guverinoma abavuga ko bari muri ‘opozisiyo’, ibintu bishimwa na bamwe abandi bakabinenga, amubaza niba hari isomo ibindi bihugu byahakura.

Perezida Kagame yagize ati “Nibaza niba hari umuntu wabonye uburyo bunoze kandi bushobora gukora ku bantu bose. Ntabyo ndabona. N’abo bantu basa n’abari aho bashaka kuduha amasomo ku byo dukwiye gukora, muzi neza ko ubu bafite ibibazo.”

Perezida Kagame yavuze ko kubera amasomo u Rwanda rwigiye ku mateka, Abanyarwanda bumva neza ibyo bashaka kwikorera ubwabo ndetse n’uko ibibera ahandi ku Isi bibagiraho ingaruka.

Yakomeje agira ati “Uburyo dukoresha buroroshye kuko tuzi icyo dushaka nk’Abanyarwanda. Turashaka amahoro, uburumbuke n’umutekano kuri buri munyarwanda wese. Buri munyarwanda wese akeneye gutekana mu buryo bwose, dukeneye iterambere, dukeneye kubana mu bworoherane kandi ukubura kwabyo mu gihe cyashize byadusigiye amasomo.”

Yavuze ko nyuma yo kumva ibyo, haba hakenewe gusobanukirwa icyaba mu gihe nk’uwatsinze amatora ahisemo kwiharira imyanya yose.

Yakomeje agira ati “Twaravuze ngo niba watsinze, abandi nutuma bumva ko batsinzwe n’igihe uzaba ufite umwe [ufite iyo myumvire], uzakoresha igihe kinini uhangana n’umuntu wumva ko yatsinzwe. Ni icyo uzakora gusa ntuzagera aho ukemura ibibazo by’igihugu cyawe.”

“Ariko se ibyo bitanga umutekano, bitanga uburumbuke buri wese akeneye? Twasanze nta kibazo mu gutanga uburenganzira muri demokarasi, aho tubikora kandi nyuma tugakenera kumva ko nta muntu watsinzwe cyangwa se ko nyuma y’icyo gihe hazabaho ikindi cyo kugerageza ibyo ushaka.”

Yavuze ko muri icyo gihe abanyarwanda basanze bakeneye gufatanya baba abatsinze n’abandi, badakwiye kumva ko batsinzwe, mu gukorera hamwe ibitanga amahirwe agera kuri buri munyarwanda.

Yakomeje agira ati “Ni aho twavanye politiki yo gushyira hamwe, tugahitamo no kureba ‘opozisiyo’ nk’umuntu cyangwa itsinda ry’abantu bafite ubundi buryo babonamo ibintu. Opozisiyo ni iki? Byaba bivuze gusenya ibyo udakunda? Bivuze guhangana n’abo udakunda? Mu buryo twahisemo gukora ni uko opozisiyo ari abantu bafite ibitekerezo bitandukanye n’ibyawe, mu kugera ku byo abaturage bakeneye.”

“Navuze umutekano, iterambere, mvuga uburenganzira muri demokarasi, amahirwe ahari muri demokarasi […] abo muri opozisiyo uko mbibona, bafite ubundi buryo batekereza uko byagerwaho. Ni ubundi buryo bwo kurebamo ibintu ntabwo ari uko hari abantu bashaka kubuza abantu kugera ku burumbuke cyangwa kubona umutekano. Bibaye ibyo ubwo yaba ari indi opozisiyo irebwaho mu bundi buryo.”

Perezida Kagame yavuze ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi hari imiyoborere u Rwanda rwahisemo kandi iri gutanga umusaruro ndetse igihugu cyishimiye umusaruro kiri kubona kandi imbere hasa neza.

2018-03-15
Editorial

IZINDI NKURU

Rev. Karuranga yavuze ku ’gatsiko k’abanzi b’u Rwanda’ badurumbanyije ADEPR ya Uganda

Rev. Karuranga yavuze ku ’gatsiko k’abanzi b’u Rwanda’ badurumbanyije ADEPR ya Uganda

Editorial 22 May 2019
Jean-Luc wa Habyarimana yacunze Icyunamo kirimbanyije yikoza agati munsi y’Ubugabo

Jean-Luc wa Habyarimana yacunze Icyunamo kirimbanyije yikoza agati munsi y’Ubugabo

Editorial 14 Apr 2024
Perezida Kagame asanga kanseri ikaza umurego kubera inzego z’ubuzima zidakora neza

Perezida Kagame asanga kanseri ikaza umurego kubera inzego z’ubuzima zidakora neza

Editorial 27 Sep 2018
Isano hagati ya Mateke na Habyarimana intandaro yo kuba ku isonga mu guhungabanya u Rwanda

Isano hagati ya Mateke na Habyarimana intandaro yo kuba ku isonga mu guhungabanya u Rwanda

Editorial 23 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma yo gusoza amashuri yisumbuye mu ishuri rya Deerfield Academy muri leta ya Massachusetts Brian Kagame yerekeje mu Itorero ry’Igihugu
Mu Mahanga

Nyuma yo gusoza amashuri yisumbuye mu ishuri rya Deerfield Academy muri leta ya Massachusetts Brian Kagame yerekeje mu Itorero ry’Igihugu

Editorial 30 Jun 2016
CHAN 2016: RD Congo irakina Guinea muri kimwe cya 2,byinshi utari Uzi kuri uyu mukino
IMIKINO

CHAN 2016: RD Congo irakina Guinea muri kimwe cya 2,byinshi utari Uzi kuri uyu mukino

Editorial 03 Feb 2016
Uganda : Ukwishyirahamwe kwa Bobi Wine na Jose Chameleone bihangayikishije Museveni
HIRYA NO HINO

Uganda : Ukwishyirahamwe kwa Bobi Wine na Jose Chameleone bihangayikishije Museveni

Editorial 13 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru