• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Natanyahu ati “hari abashyize igitutu ku Rwanda rureka kwakira abimukira”

Natanyahu ati “hari abashyize igitutu ku Rwanda rureka kwakira abimukira”

Ubwanditsi 04 Apr 2018 HIRYA NO HINO

Minisitiri w’intebe wa Israel yaraye atangaje ko ikigo kitwa ‘New Israel Fund’ kiba muri Amerika kivuga ko kirengera uburenganzira bwa muntu ari cyo cyatumye u Rwanda ruva mu masezerano yo kwakira abimukira bari muri Israel iki gihugu cyashakaga kohereza mu Rwanda.

Kuri Facebook Page ye Netanyahu yanditseho ati “Inkomoko nyayo ya kiriya gitutu cy’Abanyaburayi kuri Leta y’u Rwanda ngo ive mu masezerano yo kuvana abacengezi muri Israel ni New Israel Fund.”

Imiryango inyuranye mu bihugu by’amahanga yamaganye ibyo Leta ya Israel yifuzaga byo kohereza abimukira mu bindi bihugu bya Africa byumvikanye nayo. Ibyo bihugu byavugwaga ni u Rwanda na Uganda.

Mu magambo y’igiheburayo yatangaje icyatumye u Rwanda ruva mu byo kwakira abimukira bava muri Israel:

Netanyahu yatangaje ko ‘New Israel Fund’ ngo ihabwa inkunga na zimwe muri Leta z’ibihugu kugira ngo zigere ku mugambi wo gusenya Leta ya Israel nk’igihugu cy’abisiraheli gusa.

‘New Israel Fund’ ibonye ibyo Netanyahu yavuze yahise nayo itangaza ko itigeze ivugana na Leta y’u Rwanda ko ibyo yakoze ari urugamba kuri Demokarasi.

Kuwa mbere Netanyahu yari yatangaje ko yumvikanye na UNHCR ku kohereza bamwe muri bariya bimukira mu bihugu by’andi mahanga y’iburengerazuba, bigahita binavanaho ibyo kumvikana n’u Rwanda.

Hatarashira amasaha 24 ariko Benjamin Netanyahu yahise yongera gutangaza ko Leta Israel yisubiyeho  kuri ubwo bwumvikane na UNHCR kubera igitutu cy’abo mu ishyaka riri ku butegetsi n’andi mashyaka.

Ibinyamakuru muri Israel biravuga ko Netanyahu ari kongera gusuzuma izindi nzira nyinshi zishoboka ku gukemura iki kibazo harimo no kohereza bariya bimukira mu bindi bihugu bya Africa, hatarimo u Rwanda na Uganda ubu ngo byo bitakiri mu mugambi.

Benjamin Netanyahu mu kwezi kwa gatandatu 2016 yasuye u Rwanda, niwe Minisitiri w'intebe wa mbere wa Israel wari usuye u Rwanda

Benjamin Netanyahu mu kwezi kwa gatandatu 2016 yasuye u Rwanda, niwe Minisitiri w’intebe wa mbere wa Israel wari usuye u Rwanda

Mu kiganiro n’abanyamakuru hagati mu kwezi gushize, Louise Mushikiwabo Minisitiri w’ububanyi n’amahanga akaba n’umuvugizi wa Guverinoma, yatangaje ko ” Iby’abimukira bivugwa ko bavuye cyangwa bagomba kuva muri Israel baza mu Rwanda ntabyabayeho”.

Yemeje ko ariko ko hari ibyo bavuganye na Israel, ati “Twabwiye Leta ya Israel ko igihugu cyacu kiteguye kwakira abimukira bava muri Israel ariko bigendanye n’amategeko mpuzamahanga.”

 

2018-04-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rubavu: Umuryango AHF – Rwanda wagobotse Abagizweho ingaruka n’iyangirika ry’amazu ry’atewe n’imitingito

Rubavu: Umuryango AHF – Rwanda wagobotse Abagizweho ingaruka n’iyangirika ry’amazu ry’atewe n’imitingito

Ubwanditsi 04 Jun 2021
Burundi: Abagore mu myiyerekano ishyigikira ko Perezida Nkurunziza ahindura Itegekonshinga

Burundi: Abagore mu myiyerekano ishyigikira ko Perezida Nkurunziza ahindura Itegekonshinga

Ubwanditsi 17 Dec 2017
Afurika ni yo izavumbura umuti wa SIDA, Imana izaduha guhishurirwa tumenye umuti ukiza SIDA -Apôtre Dr Gitwaza

Afurika ni yo izavumbura umuti wa SIDA, Imana izaduha guhishurirwa tumenye umuti ukiza SIDA -Apôtre Dr Gitwaza

Ubwanditsi 09 Jul 2018
Joseph Hakizimana, Umunyarwanda wa mbere wifuza intebe mu Nteko Ishinga Amategeko ya Canada

Joseph Hakizimana, Umunyarwanda wa mbere wifuza intebe mu Nteko Ishinga Amategeko ya Canada

Ubwanditsi 12 Sep 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Ntareyakanwa
    April 16, 20189:14 am -

    uyu nawe akomeje gukora genocide ikorerwa abarabu bo muri palestina !

    njye sinumva impamvu akomeza kumvwa n’amahanga kdi ari umwicanyi ruharwa!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CAN 2019: Cameroun yatangiye neza urugendo rwo kwisubiza igikombe, Ghana iratungurwa
IMIKINO

CAN 2019: Cameroun yatangiye neza urugendo rwo kwisubiza igikombe, Ghana iratungurwa

Ubwanditsi 26 Jun 2019
Impamvu  Oda GASINZIGWA yirukanywe muri Guverinoma
Mu Mahanga

Impamvu Oda GASINZIGWA yirukanywe muri Guverinoma

Ubwanditsi 24 Mar 2016
Umunyarwanda Emmanuel Cyemayire, wacururizaga i Mbarara muri Uganda wari warashimuswe na CMI yagarutse mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Umunyarwanda Emmanuel Cyemayire, wacururizaga i Mbarara muri Uganda wari warashimuswe na CMI yagarutse mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru