• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»James Comey yunze mu ijwi ry’abavuga ko Trump adakwiye kuba perezida

James Comey yunze mu ijwi ry’abavuga ko Trump adakwiye kuba perezida

Ubwanditsi 16 Apr 2018 POLITIKI

Bwa mbere kuva yirukanwa ku mwanya w’Umuyobozi Mukuru w’Urwego rushinzwe iperereza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, FBI, James Comey, yatanze ikiganiro kuri televiziyo cyagarutse cyane kuri Perezida Donald Trump aho yavuze ko imyitwarire ye itabereye umukuru w’igihugu.

Tariki 9 Gicurasi 2017 nibwo Trump yirukanye Comey avuga ko adafite ubushobozi bwo kuyobora FBI, icyemezo cyahise gishyirwa mu bikorwa.

Mu kiganiro cyihariye yagiranye na ABC News, Comey uri kwamamaza igitabo cye yise “A Higher Loyalty”, yagarutse ku buryo yabanye na Trump, umugambi wo kwirukana Robert Mueller ndetse no kuba u Burusiya bushobora kuba bufite amakuru yashyira perezida mu kaga.

Yavuze ko Trump aramutse yirukanye Mueller ukuriye Iperereza ku kuba u Burusiya bwarivanze mu matora yo mu 2016, yaba agaragaje gusuzugura amategeko.

Yanagarutse kandi ku kuba bishoboka cyane ko hari amakuru Abarusiya bafite kuri Trump ashobora kwangiza isura ye, ndetse anagaragaza ko imyitwarire y’uyu mugabo ufata abagore nk’abo gukoreshwa imibonano mpuzabitsina gusa itamwemerera kuba perezida.

Ati “Uriya muntu uhora abeshya ku bintu bikomeye n’ibyorohereje ndetse agaharanira ko Abanyamerika babyemera. Ushingiye ku myitwaririre, uwo muntu ntakwiriye kuba Perezida wa Leta Zunze Ubumwe.”

Nubwo amubona gutya ariko Comey yavuze ko atifuza ko Trump yeguzwa kuko byaba ari ukubuza Abanyamerika kujya gutora, bihitiramo indangagaciro bakwiye kugenderaho.

Comey kandi yavuze ko Trump yamubwiye ko amwitezeho kuba indahemuka ndetse amusaba guhagarika iperereza kuri Michael Flynn, ibintu perezida we ahakana. Flynn wari Umujyanama wa Trump mu by’umutekano yemeye ko yabeshye FBI ku makuru arebana n’u Burusiya yatanze.

Mu gihe igitabo cya Comey kizashyirwa hanze kuwa kabiri gitegerezanyijwe amatsiko n’abatari bake, Trump na bamwe mu bo ishyaka rye ry’aba- républicains bacyamaganiye kure bavuga ko ibikubiyemo ari ibinyoma ndetse akwiye guhanirwa kumena amabanga y’igihugu.

Hari n’abandi ariko basanga iki gitabo ari umwanya mwiza Comey abonye wo kwisobanura no gukura icyasha ku izina rye. Aba- démocrates bamushinja kutitwara neza mu kibazo kirebana no kuba Hillary Clinton yarabitse ubutumwa bw’akazi kuri mudasobwa ye bwite, aho bashimangira ko amagambo yavuze ari mu byagize uruhare mu gutuma atsindwa amatora ya perezida.

2018-04-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri

Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri

RUSHYASHYA 01 Dec 2025
Jambo asbl ni agatsiko k’abana b’interahamwe bagamije guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Jambo asbl ni agatsiko k’abana b’interahamwe bagamije guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 24 Mar 2025
Ingabire Victoire Umuhoza Yongeye Gukubitirwa Ahareba Inzega

Ingabire Victoire Umuhoza Yongeye Gukubitirwa Ahareba Inzega

RUSHYASHYA 27 Mar 2026
DONALD TRUMP niwe utsindiye kuyobora Amerika, sobanukirwa  ibintu 10 bitumye atsinda HILARY CLINTON.

DONALD TRUMP niwe utsindiye kuyobora Amerika, sobanukirwa ibintu 10 bitumye atsinda HILARY CLINTON.

Ubwanditsi 12 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rujugiro yatanze amafaranga yo kuburizamo  no gutera amabuye abazajya muri Rwanda Day
ITOHOZA

Rujugiro yatanze amafaranga yo kuburizamo no gutera amabuye abazajya muri Rwanda Day

Ubwanditsi 25 Sep 2016
Kiyovu na Rayon Sports mu makipe yitwaye neza, APR FC na Police FC babuze amanota 3 y’u munsi wa 6 wa Shampiyona y’u Rwanda
Amakuru

Kiyovu na Rayon Sports mu makipe yitwaye neza, APR FC na Police FC babuze amanota 3 y’u munsi wa 6 wa Shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 03 Nov 2025
Uganda: Ngabirano wari ukuriye ishami rya ICT mu gipolisi yahungiye mu Bwongereza
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Ngabirano wari ukuriye ishami rya ICT mu gipolisi yahungiye mu Bwongereza

Ubwanditsi 19 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru