• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Airtel yasezeye ku bakozi 49 batakaje imirimo nyuma yo kugura Tigo

Airtel yasezeye ku bakozi 49 batakaje imirimo nyuma yo kugura Tigo

Ubwanditsi 24 Apr 2018 IKORANABUHANGA

Ikigo cy’itumanaho Airtel Rwanda cyatangaje ko cyarangije guhuza ibikorwa byari iby’ibigo bibiri bikomeye by’itumanaho mu Rwanda, Tigo na Airtel Rwanda, nyuma y’uko muri Mutarama uyu mwaka, urwego ngenzuramikorere rwemeje ihuzwa ryabyo.

Ni nyuma y’amasezerano y’ubugure yashyizweho umukono tariki 19 Ukuboza 2017, i New Delhi mu Buhinde, hagati ya Bharti Airtel na Millicom yo ibyara Tigo, avuga ko Airtel Rwanda izegukana 100% by’imigabane yose ya Tigo Rwanda.

Itangazo iki kigo cyashyize ahagaragara, cyatangaje ko abahagarariye Airtel na Millicom bakoranye bya hafi kugira ngo ibikorwa by’ibigo byombi bibashe guhuzwa haba mu buryo bw’imikorere, serivisi byatangaga no kunoza umurongo w’itumanaho ukoreshwa.

Mu guhuza imikorere, ngo harebwe uburyo hatazabaho uburyo bwatuma abakozi bahurira ku bintu bimwe, cyane ko byari bisanzwe ari ibigo byombi bitanga serivisi z’itumanaho.

Rikomeza rigira riti “Imwe mu ntego z’ingenzi ni ukugira ikigo gikora neza, gihaza ibyifuzo by’abafatanyabikorwa bose by’umwihariko abakiliya bacu, mu gihe turi kwinjira mu kindi cyiciro cy’ibikorwa. Ku bw’iyo mpamvu, imyanya 49 byagaragaye ko itagikenewe.”

“Airtel yumva ingaruka abakozi bagizweho n’iki gikorwa, ikaba yiyemeje kuzigabanya. Abakozi bose bagizweho ingaruka bazahabwa imperekeza nk’uko biteganywa n’amategeko y’umurimo n’ay’ikigo. Hejuru y’umushahara mbumbe w’amezi abiri bemererwa, buri mukozi azishyurirwa ubwishingizi bw’indwara mu mezi atatu n’ikarita y’amezi atatu yo guhamagara ku buntu.”

Ibyo byiyongeraho ko iki kigo ngo cyagiranye amasezerano n’ikigo gikomeye gitanga serivisi zo gushakira abantu akazi, n’amahugurwa ayo ariyo yose bazakenera ngo babone andi mahirwe y’akazi. Rikomeza rigira riti “Ikigo cyiyemeje kwirengera ikiguzi cyose cy’ubufasha bakeneye.”

Guhuza Airtel na Tigo biteganywa ko bigomba kubyara ikigo gikomeye gitanga serivisi z’itumanaho, kibona n’inyungu ituruka mu bigo byombi n’imitungo bisanganwe, kugira ngo kirusheho gukomeza ishoramari ryacyo mu Rwanda.

Airtel ikomoke kuri Bharti Airtel ifite icyicaro i New Delhi mu Buhinde, ikaba ikorera mu bihugu 16 byo muri Aziya na Afurika. Icyo kigo kiza ku mwanya wa gatatui ku Isi mu gutanga serivisi za telefoni ngendanwa urebye mu mubare w’abafatabuguzi. Gitanga n’itumanaho rya internet ya 2G, 3G na 4G.

2018-04-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Facebook yaciwe miliyari $5 kubera amakuru y’abayikoresha yashyizwe hanze

Facebook yaciwe miliyari $5 kubera amakuru y’abayikoresha yashyizwe hanze

Ubwanditsi 25 Jul 2019
Ibigo bikomeye mu ikoranabuhanga mu Buyapani bigiye kumurikira i Kigali ibyo bikora

Ibigo bikomeye mu ikoranabuhanga mu Buyapani bigiye kumurikira i Kigali ibyo bikora

Ubwanditsi 05 May 2018
Youtube igiye gushora miliyoni 20$ mu guteza imbere uburezi

Youtube igiye gushora miliyoni 20$ mu guteza imbere uburezi

Ubwanditsi 25 Oct 2018
U Rwanda ruyoboye Isi mu gushyiraho amabwiriza agenga imikorere ya drones

U Rwanda ruyoboye Isi mu gushyiraho amabwiriza agenga imikorere ya drones

Ubwanditsi 23 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu mpera ziki cyumweru abakekwaho Jenoside babiri bashyikirijwe ubutabera mu Rwanda no mu Bufaransa
Amakuru

Mu mpera ziki cyumweru abakekwaho Jenoside babiri bashyikirijwe ubutabera mu Rwanda no mu Bufaransa

Ubwanditsi 17 Apr 2021
Ntagitanya abavandimwe : Kagame na Museveni bahuriye mu irahira rya Ramaphosa bicara ku ntebe zegeranye
HIRYA NO HINO

Ntagitanya abavandimwe : Kagame na Museveni bahuriye mu irahira rya Ramaphosa bicara ku ntebe zegeranye

Ubwanditsi 26 May 2019
Amavubi yatsinzwe na Uganda igitego kimwe ku busa mu mukino w’umunsi wa gatatu wo mu matsinda yo guhatanira itike yo gukina igikombe cy’isi 2022
Amakuru

Amavubi yatsinzwe na Uganda igitego kimwe ku busa mu mukino w’umunsi wa gatatu wo mu matsinda yo guhatanira itike yo gukina igikombe cy’isi 2022

Ubwanditsi 07 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru