• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»Burundi: Umuyobozi ukomeye mu Ishyaka CNDD-FDD yahishuye umugambi wacuzwe wo kwikiza ‘abakeba’

Burundi: Umuyobozi ukomeye mu Ishyaka CNDD-FDD yahishuye umugambi wacuzwe wo kwikiza ‘abakeba’

Editorial 30 Apr 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umwe mu bantu bakomeye mu Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi yavuze ko umuntu uzumvikana yigisha ibitandukanye n’ibyo igihugu gishaka azoherezwa muri Tanganyika, imvugo yafashwe nk’ica amarenga y’ubwicanyi bwateguwe bijyanye na kamarampaka iri gutegurwa muri icyo gihugu.

Amashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga yerekana umwe mu bakomeye mu Ishyaka riyoboye u Burundi, Melchiade Nzopfabarushe, ari mu Migera mu Ntara ya Ngozi, akoresha amagambo akomeye yatumye bamwe bayasanisha no kuburira abateganya kwitambika ivugururwa ry’itegeko nshinga.

Ni amatora byitezwe ko azaba ku itariki ya 17 Gicurasi 2018, ashobora gusiga Pierre Nkurunziza yemerewe gukomeza kuyobora u Burundi kugeza mu 2034. Biheruka gutangazwa ko ishyaka riri ku butegetsi ryafashe umwanzuro ko kizira kikanaziririzwa gukangurira abantu gutora ‘Oya’.

Nzopfabarushe yumvikana agira ati “Umuntu w’umukeba hano mu Migera uzigisha ibitandukanye n’ibyo igihugu cyifuza, twebwe ntituri kumwe! Turamukarabye. Sibyo? [Abaturage barikiriza bati ‘Yego’] Turamukarabye, abe agenda.”

Yaburiye abo yitaga ‘abakeba’ ko CNDD-FDD yakoresheje ubwato, ati “tuzabushyira muri Karonge tumanurire muri Tanganyika bigire iyo bashaka. [Amashyi menshi]. Sibyo? Abashaka kujya mu bwato, tuzabubaha. Na kare amafi yari yabuze hano iwacu, muri aya mazi yacu, tuzabashyiramo bigire muri Congo n’amaguru. Ubwo ni ubutumwa.”

Icyatumye ibintu bigira uburemere kurushaho, ni uko Nzopfabarushe yavuze ko ari umugambi wateguwe mu gihugu hose na buri komini ati “kandi uhagarikiwe n’ingwe aravoma. Aha ishyaka CNDD FDD rirubatse neza, mwabonye uko byagenze.”

Itangazo ryasohowe n’ubuyobozi bw’Ishyaka CNDDFDD, bwavuze ko “ryatunguwe no kumva amagambo yatangajwe ko ari aya Melchiade Nzopfabarushe, ashobora guhungabanya ubumwe n’imibanire y’Abarundi,” cyane ko ngo binyuranye n’ibitekerezo ishyaka rigenderaho.

Ryakomeje rigira riti “Ishyaka rirasaba Abarwanashyaka baryo kurangwa n’ubworoherane muri poliitiki, rikanasaba inzego z’ubutabera gukurikirana iki kibazo.”

Umuvunyi Mukuru, Nduwimana Edouard, nawe yamaganye izo mvugo yise ko zihembera urwango, mu gihe abaturage bitegura kwinjira muri kamarampaka.

Yagize ati “Urwego rw’Umuvunyi ruramagana imvugo z’umurwanashyaka wa CNDD-FDD, Melchiade, zitandukanye cyane n’umurongo ishyaka rigenderaho, zigamije guhembera urwango mbere ya #Referendum2018. Ukudahuza ibitekerezo birubaka bikanongerera imbaraga demokarasi.”

Biteganywa ko amashyaka 26 n’imiryango yigenga bizagira uruhare mu bikorwa byo kwiyamamaza bizatangira ku wa 1 Gicurasi.

Byitezwe ko Perezida Nkurunziza azakomeza kuyobora u Burundi, mu gihe manda yatorewe mu 2015 nayo yateje ibibazo, ku buryo imyigaragambyo y’abatarayemeraga, banagerageje kumuhirika ku butegetsi bigapfuba, yarangiye abaturage amagana bishwe naho abasaga 400,000 bakagana iy’ubuhungiro.

Melchiade Nzopfabarushe yavuze amagambo yatumye bamwe bayasanisha no kuburira abateganya kwitambika ivugururwa ry’itegeko nshinga mu Burundi

Perezida Nkurunziza Pierre n’abandu bayobozi bakuru b’Ishyaka CNDD-FDD riyoboye u Burundi

Umuvunyi Mukuru, Nduwimana Edouard, yamaganye imvugo yise ko zihembera urwango mu gihe abaturage bitegura kwinjira muri kamarampaka

2018-04-30
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda : Impunzi nk’igicumbi cyo gukuramo abajya mu mitwe y’iterabwoba

Uganda : Impunzi nk’igicumbi cyo gukuramo abajya mu mitwe y’iterabwoba

Editorial 28 Jun 2019
Ubwiru muri Sena y’u Bufaransa mu kiganiro cy’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwiru muri Sena y’u Bufaransa mu kiganiro cy’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 10 Mar 2020
Bane bo mu muryango wa Rwigara Assinapol na RNC, barashakishwa n’ubutabera bw’u Rwanda[ Amajwi ]

Bane bo mu muryango wa Rwigara Assinapol na RNC, barashakishwa n’ubutabera bw’u Rwanda[ Amajwi ]

Editorial 08 May 2018
Kaminuza ya Makerere yunze ubumwe na RNC na CMI mu mugambi wo guhungabanya u Rwanda?

Kaminuza ya Makerere yunze ubumwe na RNC na CMI mu mugambi wo guhungabanya u Rwanda?

Editorial 21 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Jean Claude Hérault wabaye umuyobozi mukuru w’isiganwa rya Tour Du Rwanda mu gihe cy’imyaka 8 yitabye Imana azize Koronavirusi.
Amakuru

Jean Claude Hérault wabaye umuyobozi mukuru w’isiganwa rya Tour Du Rwanda mu gihe cy’imyaka 8 yitabye Imana azize Koronavirusi.

Editorial 16 Apr 2021
Nyuma ya Lt Gen Mudacumura, Gen Musabyimana Juvenal wa RUD Urunana nawe yahitanywe n’ibitero bya FARDC
INKURU NYAMUKURU

Nyuma ya Lt Gen Mudacumura, Gen Musabyimana Juvenal wa RUD Urunana nawe yahitanywe n’ibitero bya FARDC

Editorial 09 Nov 2019
Uganda: Gen Kale Kayihura Mu Nzira Zerekeza Mu Rukiko Nyuma Y’amezi Asaga Abiri Afunze
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Gen Kale Kayihura Mu Nzira Zerekeza Mu Rukiko Nyuma Y’amezi Asaga Abiri Afunze

Editorial 23 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru