• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Perezida Kagame yavuze ku kibazo yibajije ubwo yinjiraga muri politiki

Perezida Kagame yavuze ku kibazo yibajije ubwo yinjiraga muri politiki

Ubwanditsi 09 May 2018 IKORANABUHANGA

Perezida Paul Kagame yavuze ko ikoranabuhanga rigomba kwifashishwa nk’uburyo butuma ibindi bikorwa abantu bakeneye bishoboka, hagamijwe no gukemura ibibazo abaturage bahura nabyo mu buzima bwa buri munsi.

Perezida Kagame yabigarutseho ku munsi wa mbere wo gutangiza Transform Africa Summit 2018, yitabiriwe n’abagera ku 4000 baturutse mu bihugu bisaga 80 byo mu mpande zitandukanye z’Isi.

Ubwo yari ahawe umwanya ngo agire icyo avuga ku musozo w’ikiganiro cyagarukaga ku buryo bwo kubaka Isoko Rusange mu ikoranabuhanga, Perezida Kagame yagaragaje ko hari inzego zikwiye kongerwamo imbaraga, ashingiye ku byo yanyuzemo ubwo yinjiraga muri politiki.

Yagize ati “Ikibazo cya mbere nibazaga cyari ukwibaza ngo ni iki nkwiye kuba nkora muri politiki, ni ibihe bikwiye kuza imbere. Icyo naje kubona ni uko muri guverinoma cyangwa politiki, ni ugufasha abaturage gushobora gukora ibishoboka bashingiye ku bintu byinshi birimo ubucuruzi. Igikorwa cyanjye cya mbere kwari ugutuma ubucuruzi bushoboka, ku baturage bo mu gihugu cyanjye.”

Yavuze ko gukora byose bisaba ikoranabuhanga, guhanga udushya no kwihangira imirimo, bikaba ari ibintu by’ingenzi ibihugu bya Afurika bigomba gushyiramo imbaraga bifatanyije.

Yakomeje agira ati “Muri Afurika tugomba kugira iyo myumvire yo gutuma ubucuruzi bukorwa neza no kwemerera umuntu wese kubigiramo uruhare. Bivuze ngo izo miliyari 1.4 z’abaturage bagomba kubona ayo mahirwe, abari ku isoko bose bakabasha gukora ibyo bashoboye kandi abantu bafite ubushobozi butandukanye, hagashyirwaho uburyo butuma byose bishoboka.”

Yakomeje agira ati “Dushore imari mu burezi, mu buzima, mu bikorwaremezo, ibyo byose bizamura impano, ubumenyi, kugira ngo tugire abaturage bafite ubuzima bwiza, banabasha gukora ibibateza imbere bakigeza ku rundi rwego.”

Perezida Kagame yavuze ko Afurika ikwiye gukorera hamwe, kugira ngo hubakwe uburyo butuma n’ibindi bikorwa byose bishoboka.

Yakomeje agira ati “Urebye ku ikoranabuhanga ryo ku rwego rwo hejuru yaba 4G, 5G, dukwiye kubirangamira ariko tukanabasha guhanga uburyo bukemura ibibazo byo ku rwego rwo hasi bigera ku mubare munini w’abaturage.”

“Ntabwo ari ukuvuga ngo oya reka tugume muri ibyo bibazo abaturage bacu bafite gusa tube turetse iryo koranabuhanga rigezweho no guhanga udushya, Oya. Ni ukubaka uburyo bwo guhuza ibyo byose, bidufasha kwiteza imbere tukabasha kubaha ahazaza twifuza.”

Perezida w’Inteko Rusange ya 72 y’Umuryango w’Abibumbye, Miroslav Lajčák, yavuze ko nubwo iyi nama bayise Transform Africa, itari mu nyungu za Afurika gusa, kuko impinduka zishobora guhera muri Afurika ariko zigakwira Isi yose, anabihuza no kuba iyi nama idakoranyije abaturutse mu bihugu 54 bya Afurika ahubwo baturutse imihanda yose mu migabane itandukanye.

Yakomeje agira ati “Iyo urebye Afurika ubona ibintu bitandukanye birimo amahirwe, ubushake, ariko igikomeye kurusha ibindi ni icyizere kubera ko mu byakozwe byose, hari n’ibindi bigiteganywa.”

Yavuze ko kugira ngo ibikorwa byose bikenewe bikorwe neza, hakenewe kwita ku ikoranabuhanga by’umwihariko, kuko rimaze guhindura ibikomeye imibereho y’abantu guhera ku buryo bavugana, uko bagura bakanagurisha n’uburyo batanga serivisi zitandukanye.

2018-05-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwinjiye mu bufatanye n’ibindi bihugu mu mushinga wo kubaka icyogajur

U Rwanda rwinjiye mu bufatanye n’ibindi bihugu mu mushinga wo kubaka icyogajur

Ubwanditsi 13 Mar 2018
Huawei yashyize hanze telefone nshya za P40

Huawei yashyize hanze telefone nshya za P40

Ubwanditsi 27 Mar 2020
Perezida Kagame yemeye kwishyura ‘smartphones’ 1500 muri gahunda y’uko buri rugo rutunga imwe

Perezida Kagame yemeye kwishyura ‘smartphones’ 1500 muri gahunda y’uko buri rugo rutunga imwe

Ubwanditsi 23 Dec 2019
Mu minsi 70, abanyamahirwe 170 bamaze gutsinda muri poromosiyo ya ‘Yora Kashi’

Mu minsi 70, abanyamahirwe 170 bamaze gutsinda muri poromosiyo ya ‘Yora Kashi’

Ubwanditsi 03 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bite by’u Rwanda ku kwiyunga kuri Uganda na Tanzania mu kwakira CHAN 2025 – Kenya mu mibare igoye yo kwakira

Ubwanditsi 11 Dec 2024
Perezida Trump yabwiye Kim Jong un ko itisubiyeho yagira ibyago nk’ibya Gaddafi wa Libya
Mu Mahanga

Perezida Trump yabwiye Kim Jong un ko itisubiyeho yagira ibyago nk’ibya Gaddafi wa Libya

Ubwanditsi 19 May 2018
Iya 17 Mata 1994: Perefe wa Butare warwanyaga ubwicanyi yicanwe n’umuryango we
Mu Rwanda

Iya 17 Mata 1994: Perefe wa Butare warwanyaga ubwicanyi yicanwe n’umuryango we

Ubwanditsi 17 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru