• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Ikipe ya Bizimana Djihad yanyagiwe ibitego 8-0, amahirwe yo gukina Europa League arayoyoka

Ikipe ya Bizimana Djihad yanyagiwe ibitego 8-0, amahirwe yo gukina Europa League arayoyoka

Ubwanditsi 09 May 2018 IMIKINO

Waasland Beveren yo mu Cyiciro cya Mbere mu Bubiligi iherutse gusinyisha Umunyarwanda, Bizimana Djihad, yanyagiwe ibitego umunani ku busa na S.V. Zulte Waregem mu mikino ya kamarampaka yo gushaka amakipe azasohokera iki gihugu muri Europa League.

Iyi kipe yarangije umwaka w’imikino usanzwe iri ku mwanya wa 12 itsinze imikino icyenda muri 30, inganya umunani, itsindwa 13 mu gihe Club Brugge na Anderlecht zimenyerewe mu mikino yo ku mugabane w’u Burayi arizo zari ziyoboye.

Nk’uko bigenda mu Bubiligi, amakipe yarangije Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere ari hagati y’imyanya ya karindwi na 15 yiyongeraho atatu yabaye aya mbere mu Cyiciro cya Kabiri akaba 12 agashyirwa mu matsinda abiri, rimwe ry’amakipe atandatu buri yose igahura n’indi mu mukino ubanza n’uwo kwishyura.

Ikipe irangije iyoboye itsinda A ihura n’iyoboye irya B mu mukino wa nyuma, itsinze igahura ku mukino umwe wa kamarampaka n’ikipe yabaye iya gatanu muri shampiyona, itsinze igahita ikatisha itike yo kuzakina imikino yo ku mugabane w’u Burayi ya Europa League.

Waasland-Beveren ya Bizimana Djihad nayo iri mu makipe arwanira iyo tike aho mu itsinda A irimo iri ku mwanya wa nyuma, mu mikino umunani ikaba imaze gutsinda umwe, inganya ibiri itsindwa itanu.

Mu mukino yakinnye kuri uyu wa Kabiri na Zulte-Waregem iyoboye iri tsinda, yayinyagiye ibitego 8-0 byatumye amahirwe yose yo kuzagaragara mu mikino yo ku mugabane w’u Burayi ayoyoka kuko n’iyo yatsinda imikino yose isigaje itashyikira iya mbere ifite amanota 22.

Biteganyijwe ko Bizimana Djihad wari wabanje kugaruka mu Rwanda nyuma yo gusinyira iyi kipe amasezerano y’imyaka itatu, agomba gusubirayo bitarenze tariki 12 Kamena 2018 kugira ngo atangirane na bagenzi be imikino ibanziriza shampiyona y’umwaka utaha ‘Pre season’.

Iyi kipe yashinzwe mu 1936 yitwa Red Star iza kugenda ihindurirwa amazina kugera mu 2010 yiswe Waasland-Beveren, ntirabasha kwitabira na rimwe imikino yo ku mugabane w’u Burayi ndetse igihe kinini yakimaze mu byiciro byo hasi mu Bubiligi.

 

Abakinnyi ba Zulte Waregem bishimira kimwe mu bitego umunani banyagiye Waasland Beveren

 

Agahinda kari kenshi ku bakinnyi ba Waasland-Beveren nyuma y’umukino

 

Waasland Beveren ya Bizimana Djihad yanyagiwe ibitego umunani ku busa mu mukino wo gushaka itike yo kuzitabira Europa League

 

Bizimana Djihad yari asanzwe akinira APR FC

 

2018-05-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR FC na Rayon Sports zigiye gucungira kuri shampiyona, nyuma yaho byanze ku rwego rwa Afurika

APR FC na Rayon Sports zigiye gucungira kuri shampiyona, nyuma yaho byanze ku rwego rwa Afurika

Ubwanditsi 02 Oct 2023
CHAN2016:Zambie itsinze bigoranye umuturanyi zimbabwe

CHAN2016:Zambie itsinze bigoranye umuturanyi zimbabwe

Ubwanditsi 19 Jan 2016
Rayon Sports yanyagiye Vipers SC ibitego 4-1, Ndikumana Asman yigaragaza ku mukino we wa mbere

Rayon Sports yanyagiye Vipers SC ibitego 4-1, Ndikumana Asman yigaragaza ku mukino we wa mbere

Ubwanditsi 01 Sep 2025
Ubuyobozi bwa APR FC bwatangaje ko butishimiye umusaruro ndetse n’imyitwarire y’abakinnyi bayo

Ubuyobozi bwa APR FC bwatangaje ko butishimiye umusaruro ndetse n’imyitwarire y’abakinnyi bayo

Ubwanditsi 18 Apr 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Général Victor Byiringiro wa FDLR mu mazi abira
INKURU NYAMUKURU

Général Victor Byiringiro wa FDLR mu mazi abira

Ubwanditsi 16 Apr 2019
Kayibanda washimutiwe i Kampala yagejejwe mu Rwanda nyuma yo kumara iminsi 49 muri gereza
ITOHOZA

Kayibanda washimutiwe i Kampala yagejejwe mu Rwanda nyuma yo kumara iminsi 49 muri gereza

Ubwanditsi 02 Mar 2019
Ubugereki: Nyuma yo gutsinda igitego bakacyanga umuyobozi w’ikipe yitwa POAK yaragiye kurasa umusifuzi
IMIKINO

Ubugereki: Nyuma yo gutsinda igitego bakacyanga umuyobozi w’ikipe yitwa POAK yaragiye kurasa umusifuzi

Ubwanditsi 12 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru