• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Imyanzuro ikakaye yafashwe nyuma y’IMVURURU zashyamiranyije ubuyobozi muri Rayon Sports

Imyanzuro ikakaye yafashwe nyuma y’IMVURURU zashyamiranyije ubuyobozi muri Rayon Sports

Editorial 11 May 2018 IMIKINO

Visi Perezida wa Rayon Sports Muhirwa Prosper washyamiranye n’umutoza, agiye gusimbuzwa

Inama idasanzwe yiga ku bibazo bya Rayon Sports yateranye kuri uyu wa Kane tariki 10 Gicurasi 2018, yanzuye ko Visi Perezida, Muhirwa Prosper azasimburwa mu minsi ya vuba kubera ibihano yafatiwe na CAF naho Jeannot Witakenge wahoze ari umutoza wungirije mbere yo kwirukanwa na Minnaert agarurwa mu kazi.

Iyi nama yahuje abayobozi bakuru ba Rayon Sports n’abahagarariye abafana, yateguwe igitaraganya nyuma y’aho hatutumbye umwuka mubi ku wa Gatatu Muhirwa Prosper usanzwe ari Visi Perezida agashyamirana n’Umutoza Ivan Minnaert n’Umunyamabanga Itangishaka King Bernard mu nzira bava i Huye ku mukino iyi kipe yari yanganyijemo na Mukura VS.

Nk’uko IGIHE yabitangarijwe na Perezida wa Rayon Sports, Muvunyi Paul, inama yatangiye ireba ku bihano Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) yafatiye bamwe mu bayobozi baketsweho ruswa i Burundi ku mukino wa Lydia Ludic mu majonjora cya CAF Champions League.

Mu bari bahanishijwe guhagarikwa imyaka ibiri mu bikorwa byose bya siporo, Muhirwa Prosper usanzwe ari Visi Perezida niwe wari wahise ajurira naho abandi barimo Rukundo Patrick wahoze ari umubitsi wa Rayon Sports, Mudaheranwa Shaffy wahoze ari mu kanama gashinzwe kugura abakinnyi na Nkusi Jean Paul bahita bemera ibihano kimwe n’ikipe yaciwe ibihumbi 15,000 by’amadolari ya Amerika.

CAF yamenyesheje Rayon Sports na Ferwafa ko Muhirwa yatsinzwe ubujurire muri iki Cyumweru akaba ariyo mpamvu inama y’iyi kipe yateranye yemeza ko agomba gusimburwa mu minsi ya vuba naho ku bibazo by’ubushyamirane bwabayeho ku wa Gatatu abagiranye ibibazo bafashijwe kwiyunga.

Muvunyi yagize ati “Twarebye ku myanzuro ya CAF yatumenyesheje ko Muhirwa yatsinzwe ubujurire ku bihano kuko we yari yajuriye naho abandi kimwe n’ikipe barabyihorera. Ni ibintu bibabaje kuko yari umwe mu babaga abakinnyi hafi ndetse akitanga bikomeye gusa ubwo nta kundi tuzashaka uko asimbuzwa n’undi muntu ukunda ikipe kandi witeguye kuyitangira nk’uko yabikoraga.”

Yakomeje agira ati “Twanicaye hamwe tureba ibibazo bindi bihari, gusa iby’umwuka mubi muvuga, ni utuntu batari babashije kumvikanaho kandi twaganiriye, bariyunga ibibazo birarangira. Dufite urugamba rudutegereje imbere ya Young Africans, nta mpamvu yo gutatanya imbaraga.”

Muri iyi nama bagarutse ku kibazo cy’uburyo abakinnyi bafatwa nabi, Perezida Muvunyi asaba ko hashyirwaho abantu babiri bagomba kuba bari hafi y’ikipe buri munsi bakamenya uko ibayeho muri rusange, bakamenya ko abakinnyi bariye neza, ko baryamye neza, kandi ku gihe we ku giti cye aniyemeza gukurikirana ikibazo cyatumye ikipe (abakinnyi) icikamo ibice bibiri.

Bananzuye ko Jeannot Witakenge wari wirukanywe n’Umutoza Mukuru Ivan Minnaert muri Werurwe uyu mwaka agaruka ku mirimo ye yo kuba umutoza wungirije kugira ngo ikipe ikomeze gutahiriza umugozi umwe no gushakira hamwe umusaruro.

Abitabiriye iyi nama bamenyeshejwe ko hari bus ebyiri nini zateguwe zizatwara abafana bagera kuri 86 bazajya gufana ikipe muri Tanzania, abazagenda bakazatoranywa hakurikijwe amatsinda y’abafana babarizwamo.

 

Jeannot Witakenge yagaruwe ku kuba Umutoza wungirije muri Rayon sports

 

Muhirwa Prosper (hagati) agiye gusimbuzwa muri Rayon Sports

 

2018-05-11
Editorial

IZINDI NKURU

Irushanwa ryo gusiganwa mu mamodoka riratangira kuri uyu wa gatanu

Irushanwa ryo gusiganwa mu mamodoka riratangira kuri uyu wa gatanu

Editorial 11 Aug 2016
Umuyobozi mushya w’agateganyo wa APR FC, Brig Gen Rusanganwa Deo yibukije abakozi bayo indangagaciro zayo

Umuyobozi mushya w’agateganyo wa APR FC, Brig Gen Rusanganwa Deo yibukije abakozi bayo indangagaciro zayo

Editorial 10 Nov 2024
CHAN2016: Ikipe ya RDC yatangiye inyagira iya Ethiopia ibitego 3 – 0

CHAN2016: Ikipe ya RDC yatangiye inyagira iya Ethiopia ibitego 3 – 0

Editorial 17 Jan 2016
“Mr Blue” nta kigira urukundo kubera ubusitari

“Mr Blue” nta kigira urukundo kubera ubusitari

Editorial 07 Jul 2016
Irushanwa ryo gusiganwa mu mamodoka riratangira kuri uyu wa gatanu

Irushanwa ryo gusiganwa mu mamodoka riratangira kuri uyu wa gatanu

Editorial 11 Aug 2016
Umuyobozi mushya w’agateganyo wa APR FC, Brig Gen Rusanganwa Deo yibukije abakozi bayo indangagaciro zayo

Umuyobozi mushya w’agateganyo wa APR FC, Brig Gen Rusanganwa Deo yibukije abakozi bayo indangagaciro zayo

Editorial 10 Nov 2024
CHAN2016: Ikipe ya RDC yatangiye inyagira iya Ethiopia ibitego 3 – 0

CHAN2016: Ikipe ya RDC yatangiye inyagira iya Ethiopia ibitego 3 – 0

Editorial 17 Jan 2016
“Mr Blue” nta kigira urukundo kubera ubusitari

“Mr Blue” nta kigira urukundo kubera ubusitari

Editorial 07 Jul 2016
Irushanwa ryo gusiganwa mu mamodoka riratangira kuri uyu wa gatanu

Irushanwa ryo gusiganwa mu mamodoka riratangira kuri uyu wa gatanu

Editorial 11 Aug 2016
Umuyobozi mushya w’agateganyo wa APR FC, Brig Gen Rusanganwa Deo yibukije abakozi bayo indangagaciro zayo

Umuyobozi mushya w’agateganyo wa APR FC, Brig Gen Rusanganwa Deo yibukije abakozi bayo indangagaciro zayo

Editorial 10 Nov 2024
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru