• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Nkurunziza yemerewe kuyobora u Burundi kugeza mu 2034, Agathon Rwasa arateganya kwitabaza inkiko

Perezida Nkurunziza yemerewe kuyobora u Burundi kugeza mu 2034, Agathon Rwasa arateganya kwitabaza inkiko

Editorial 22 May 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Pierre Nkurunziza w’u Burundi yemerewe kuyobora kugeza mu 2034 nyuma y’aho kuri uyu wa Mbere, itariki 21 Gicurasi, ibyavuye mu matora ya referandumu yari agamije guhindura itegeko nshinga yemereje ko Abarundi basaga miliyoni 4 batoye ‘Yego’. Agathon Rwasa arateganya kwitabaza inkiko mu minsi itarenze 3.

Umukuru wa komisiyo y’igihugu y’amatora, Pierre Claver Ndayicariye yemeje ko 73% by’abatoye batoye “Yego” mu matora ya referandumu yo guhindura itegeko nshinga, imyaka ya manda ya perezida ikava ku myaka itanu ikagera ku myaka 7, ndetse hagakurwamo umubare wa manda umukuru w’igihugu yemerewe.

Abagera kuri 19% nibo batoye “Oya” mu gihe Abarundi basaga miliyoni 5 bari biyandikishije ngo bazatore mu matora ya referandumu yabaye kuwa 17 Gicurasi 2018 nk’uko byemezwa n’abayobozi.

Itegeko nshinga rishya ry’u Burundi kandi rizakuramo ingingo ishyiraho ba visi perezida ndetse guverinoma itakaze ingufu nyinshi zikubirwe n’umukuru w’igihugu.

Mbere y’uko aya matora aba, uruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi rwari rwatangaje ko rutazemera ibizava muri aya matora kuko ngo atakozwe mu bwisanzure no mu mucyo.

Kuwa gatandatu ushize, Agathon Rwasa, umuyobozi w’ihuriro ry’aba batavuga rumwe n’ubutegetsi, Amizero y’Abarundi,yatangaje ko abashinzwe umutekano bataye muri yombi abayoboke babo bajyaga ku biro by’itora ndetse bagakangisha kwica abantu bazatora Oya nk’uko iyi nkuru dukesha Al Jazeera ivuga.

Mu kiganiro yahaye iki kinyamakuru mpuzamahanga, Agathon Rwasa mbere y’itangazwa ry’ibyavuye mu matora yari yatangaje ko hari ibimenyetso byinshi bigaragaza uburiganya bwabaye mu matora.

Yagize ati: “Mu biro byinshi by’itora abayobozi benshi bajyagamo bafite izindi mpapuro z’itora zabaga zujujwe cyangwa zigomba kuzuzwa.”

“Abandi benshi babaga bafite ibikapu 15 ndetse n’imisago. Njye niboneye ikesi mu biro by’itora aho, nk’uko biteganywa ko na biro bigomba bigomba kurenza abantu 500, ariko kuri ibi, banditse abasaga 600. Bisobanuye iki niba Atari ikigaragaza uburiganya.?”

Umunyamakuru wa Al Jazeera, Catherine Soi, uri I Bujumbura, akaba yatangaje ko Agathon Rwasa ateganya gutanga ikirego mu minsi itarenze itatu, mu gihe urukiko rushinzwe kurinda itegeko nshinga rufite iminsi 8 yo kumva ibirego bitemera ibyavuye mu matora rukazatanga umwanzuro.

Uyu munyamakuru akomeza avuga ko nubwo Rwasa agaragara nk’utizeye kuzabona ubutabera binyuze mu nkiko, akomeje guteganya gutanga ubujurire mu rwego rwo kugaragaza ko abatavuga rumwe n’ubutegetsi batishimiye ibyavuye muri aya matora ngo bigamije gutuma perezida Nkurunziza agundira ubutegetsi.

Ku rundi ruhande, igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika nacyo kiratangaza ko amatora ya referandumu yo mu Burundi atabaye mu mucyo ahubwo yaranzwe no guhagarika ibinyamakuru no gutera ubwoba.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Mbere, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zivuga ko nubwo abatavuga rumwe n’ubutegetsi bemerewe kwiyamamaza mu gihe cy’ibyumweru bibiri byari biteganyijwe, mu mezi abiri yabanjirije amatora hagaragaye guhohoterwa ku batemera ko itegeko nshinga rihindurwa.

Ibi Amerika igasanga byaratumye amatora aba mu kintu cy’ubwoba, aho iri tangazo rivuga ko nta ndorerezi zigenga zagaragaye mu gutangaza ibyavuye mu matora.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zikaba zisaba ishyaka riri ku butegetsi kwisunga Amasezerano ya Pretoria ryashyizeho umukono ryemera kubahiriza Amasezerano ya Arusha harimo kubaha manda z’umukuru w’igihugu . ngo hari n’ingingo kandi zinyuranyije no gusangira ubutegetsi nk’uko byemejwe mu Masezerano ya Arusha.

2018-05-22
Editorial

IZINDI NKURU

Umujenosideri Yussuf Munyakazi apfuye atarangije igifungo cy’imyaka 25 yari yarakatiwe n’Urukiko Mpuzamahanga Rwashyiriweho u Rwanda.

Umujenosideri Yussuf Munyakazi apfuye atarangije igifungo cy’imyaka 25 yari yarakatiwe n’Urukiko Mpuzamahanga Rwashyiriweho u Rwanda.

Editorial 13 Dec 2020
AU yasabye u Burundi kwitondera ibyo gushinja ubwicanyi Buyoya

AU yasabye u Burundi kwitondera ibyo gushinja ubwicanyi Buyoya

Editorial 04 Dec 2018
Umwihariko w’umwicanyi rurangiranwa Jean Baptiste Gatete wise ubuhiri “nta mpongano y’umwanzi” bwamaze Abatutsi muri Jenoside

Umwihariko w’umwicanyi rurangiranwa Jean Baptiste Gatete wise ubuhiri “nta mpongano y’umwanzi” bwamaze Abatutsi muri Jenoside

Editorial 12 Apr 2022
FDLR, umwe mu mitwe yagarutsweho na Loni ikwiye kurandurwa burundu

FDLR, umwe mu mitwe yagarutsweho na Loni ikwiye kurandurwa burundu

Editorial 01 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibihugu 7 byahuriye mu Rwanda aho bigiye gutangira guhatana mu mikino y’ irushanwa ryo gushaka itike y’igikombe cy’Isi mu mukino wa Cricket
Amakuru

Ibihugu 7 byahuriye mu Rwanda aho bigiye gutangira guhatana mu mikino y’ irushanwa ryo gushaka itike y’igikombe cy’Isi mu mukino wa Cricket

Editorial 16 Oct 2021
Umugaba mukuru w’ingabo za Sudani y’Epfo, Gen Mawut Ajongo, yitabye Imana
HIRYA NO HINO

Umugaba mukuru w’ingabo za Sudani y’Epfo, Gen Mawut Ajongo, yitabye Imana

Editorial 20 Apr 2018
Muri 2017 amatora areze muri Afurika nk’uko byagenze muri 2016
POLITIKI

Muri 2017 amatora areze muri Afurika nk’uko byagenze muri 2016

Editorial 06 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru