• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi   |   05 Dec 2025

  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»“Icy’ingenzi ntabwo ari ukwihutira gushyiraho ambasaderi, icyo dushaka ni ukugarura ubufatanye bwacu.” Emmanuel Macron

“Icy’ingenzi ntabwo ari ukwihutira gushyiraho ambasaderi, icyo dushaka ni ukugarura ubufatanye bwacu.” Emmanuel Macron

Editorial 24 May 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yatangaje ko nubwo umubano w’igihugu cye n’u Rwanda, utarajya ku murongo neza yiteguye kuzahura ubutwererane hagati y’ibihugu byombi.

Ni mu kiganiro n’itangazamakuru cyo kuri uyu wa Gatatu i Paris, Perezida Macron wari kumwe na mugenzi we w’u Rwanda akaba n’Umuyobozi w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), Paul Kagame, yagaragaje ubushake bwo kuzahura umubano w’ibihugu byombi ushingiye ku kubaka ahazaza heza.

Perezida Macron yavuze ko ibihe bibi byashegeshe umubano w’ibihugu byombi bikwiye kuvamwamo imbaraga zo kubaka umubano mwiza ku nyungu z’ahazaza habyo.

Yagize ati “Icyo tureba ni uburyo dushobora gufatanya kubaka haba mu bijyanye no guhanga udushya, ba rwiyemezamirimo, ibijyanye n’uburezi n’ururimi, ibijyanye na politiki, ibi nibyo umubano w’ibihugu byombi ukwiye gukomerezamo ukarenga ibisanzwe by’ahahise.”

Abanyamakuru batandukanye bitabiriye ikiganiro

Perezida Kagame yashimangiye ko ari ngombwa ko impande zombi zikomeza gukora inshingano zazo kugira ngo umubano w’ibihugu utange umusaruro.

Yagize ati “Tugomba gukomeza gukora ibyo dusabwa kugira ngo uyu mubano ugire akamaro ku bihugu byombi, ndetse binarenge ugirire akamaro Afurika yose.”

Kuva mu 2015 u Bufaransa ntabwo bufite Ambasaderi mu Rwanda, Perezida Macron, yavuze ko hakiri kare gushyiraho ambasaderi mushya w’u Bufaransa mu Rwanda, kuko gushyira umubano w’ibihugu byombi ku murongo bidashobora gukorwa mu ijoro rimwe.

Yagize ati “Icy’ingenzi ntabwo ari ukwihutira gushyiraho ambasaderi, icyo dushaka ni ukugarura ubufatanye bwacu.”

Perezida Kagame na Macron bitabiriye iki kiganiro nyuma yo kuganira ku ngingo zirimo ikoranabuhanga, ibibazo by’umutekano muri RDC, Centrafrique, agace ka Sahel n’ibindi.

Ibi kandi birakurikira ibyo bagiranye i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho bari bitabiriye Inama y’Umuryango w’Abibumbye. Bahuriye kandi New Delhi mu Buhinde mu nama yiga ku ikoreshwa ry’ingufu zikomoka ku mirasire y’izuba muri Gashyantare uyu mwaka.

Perezida Kagame ari mu Bufaransa aho yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku Ikoranabuhanga by’umwihariko ku Iterambere ry’Ibigo bito izwi nka VivaTech.

Umubano w’ibihugu byombi umaze igihe kinini urimo ikizinga kubera uruhare u Rwanda rushinja u Bufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ruhera mu gufasha Guverinoma yayiteguye ikayishyira mu bikorwa no gukomeza gukingira ikibaba abayigizemo uruhare baba muri iki gihugu cyo mu Burengerazuba bw’Isi.

2018-05-24
Editorial

IZINDI NKURU

Bombori bombori muri RNC: Lea Karegeya, Jean Paul Turayishimiye, Emile Rutagengwa n’abandi.. bahaye integuza Kayumba Nyamwasa bamusaba kwegura, amazi atararenga inkombe

Bombori bombori muri RNC: Lea Karegeya, Jean Paul Turayishimiye, Emile Rutagengwa n’abandi.. bahaye integuza Kayumba Nyamwasa bamusaba kwegura, amazi atararenga inkombe

Editorial 23 Jan 2020
Uganda: Ben Rutabana yabuze mu rukiko, hahanzwe amaso inzira za politiki

Uganda: Ben Rutabana yabuze mu rukiko, hahanzwe amaso inzira za politiki

Editorial 06 Mar 2020
Icyizere cy’uko Jenoside itazongera kubaho mu Rwanda, nticyivuze ko abayigizemo uruhare cyangwa ababashyigikiye, baretse umugambi wo kurimbura u Rwanda

Icyizere cy’uko Jenoside itazongera kubaho mu Rwanda, nticyivuze ko abayigizemo uruhare cyangwa ababashyigikiye, baretse umugambi wo kurimbura u Rwanda

Editorial 07 Apr 2025
Kugereka ibibazo byabo ku Rwanda, ishyari n’iturufu by’abananiwe kuyobora ibihugu byabo.

Kugereka ibibazo byabo ku Rwanda, ishyari n’iturufu by’abananiwe kuyobora ibihugu byabo.

Editorial 30 Dec 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Zari yakwepye umusore washakaga kumuha impano y’imodoka ihenze- AMAFOTO
HIRYA NO HINO

Zari yakwepye umusore washakaga kumuha impano y’imodoka ihenze- AMAFOTO

Editorial 12 May 2018
Imyitwarire ya Perezida Cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo mu kibazo cya Kongo, ihabanye n’amateka y’irondabwoko yazahaje igihugu cye
Amakuru

Imyitwarire ya Perezida Cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo mu kibazo cya Kongo, ihabanye n’amateka y’irondabwoko yazahaje igihugu cye

Editorial 29 Jan 2024
CNLG irasaba u Buholandi kuburanisha Ndereyehe cyangwa akoherezwa mu Rwanda
INKURU ZAKUNZWE CYANE

CNLG irasaba u Buholandi kuburanisha Ndereyehe cyangwa akoherezwa mu Rwanda

Editorial 12 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru