• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»“Icy’ingenzi ntabwo ari ukwihutira gushyiraho ambasaderi, icyo dushaka ni ukugarura ubufatanye bwacu.” Emmanuel Macron

“Icy’ingenzi ntabwo ari ukwihutira gushyiraho ambasaderi, icyo dushaka ni ukugarura ubufatanye bwacu.” Emmanuel Macron

Ubwanditsi 24 May 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yatangaje ko nubwo umubano w’igihugu cye n’u Rwanda, utarajya ku murongo neza yiteguye kuzahura ubutwererane hagati y’ibihugu byombi.

Ni mu kiganiro n’itangazamakuru cyo kuri uyu wa Gatatu i Paris, Perezida Macron wari kumwe na mugenzi we w’u Rwanda akaba n’Umuyobozi w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), Paul Kagame, yagaragaje ubushake bwo kuzahura umubano w’ibihugu byombi ushingiye ku kubaka ahazaza heza.

Perezida Macron yavuze ko ibihe bibi byashegeshe umubano w’ibihugu byombi bikwiye kuvamwamo imbaraga zo kubaka umubano mwiza ku nyungu z’ahazaza habyo.

Yagize ati “Icyo tureba ni uburyo dushobora gufatanya kubaka haba mu bijyanye no guhanga udushya, ba rwiyemezamirimo, ibijyanye n’uburezi n’ururimi, ibijyanye na politiki, ibi nibyo umubano w’ibihugu byombi ukwiye gukomerezamo ukarenga ibisanzwe by’ahahise.”

Abanyamakuru batandukanye bitabiriye ikiganiro

Perezida Kagame yashimangiye ko ari ngombwa ko impande zombi zikomeza gukora inshingano zazo kugira ngo umubano w’ibihugu utange umusaruro.

Yagize ati “Tugomba gukomeza gukora ibyo dusabwa kugira ngo uyu mubano ugire akamaro ku bihugu byombi, ndetse binarenge ugirire akamaro Afurika yose.”

Kuva mu 2015 u Bufaransa ntabwo bufite Ambasaderi mu Rwanda, Perezida Macron, yavuze ko hakiri kare gushyiraho ambasaderi mushya w’u Bufaransa mu Rwanda, kuko gushyira umubano w’ibihugu byombi ku murongo bidashobora gukorwa mu ijoro rimwe.

Yagize ati “Icy’ingenzi ntabwo ari ukwihutira gushyiraho ambasaderi, icyo dushaka ni ukugarura ubufatanye bwacu.”

Perezida Kagame na Macron bitabiriye iki kiganiro nyuma yo kuganira ku ngingo zirimo ikoranabuhanga, ibibazo by’umutekano muri RDC, Centrafrique, agace ka Sahel n’ibindi.

Ibi kandi birakurikira ibyo bagiranye i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho bari bitabiriye Inama y’Umuryango w’Abibumbye. Bahuriye kandi New Delhi mu Buhinde mu nama yiga ku ikoreshwa ry’ingufu zikomoka ku mirasire y’izuba muri Gashyantare uyu mwaka.

Perezida Kagame ari mu Bufaransa aho yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku Ikoranabuhanga by’umwihariko ku Iterambere ry’Ibigo bito izwi nka VivaTech.

Umubano w’ibihugu byombi umaze igihe kinini urimo ikizinga kubera uruhare u Rwanda rushinja u Bufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ruhera mu gufasha Guverinoma yayiteguye ikayishyira mu bikorwa no gukomeza gukingira ikibaba abayigizemo uruhare baba muri iki gihugu cyo mu Burengerazuba bw’Isi.

2018-05-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Inzego Z’ubutasi Za Uganda Zikomeje Gahunda Yo Guharabika U Rwanda, Zifashishije Chimpreports”

“Inzego Z’ubutasi Za Uganda Zikomeje Gahunda Yo Guharabika U Rwanda, Zifashishije Chimpreports”

Ubwanditsi 10 Aug 2018
Icyo Perezida Kagame avuga ku gutuka cyangwa gusebya Umukuru w’Igihugu

Icyo Perezida Kagame avuga ku gutuka cyangwa gusebya Umukuru w’Igihugu

Ubwanditsi 26 Apr 2019
Byinshi utamenye ku mibanire y’u Rwanda na Congo nkuko byahishuwe na Gen (Rtd) James Kabarebe

Byinshi utamenye ku mibanire y’u Rwanda na Congo nkuko byahishuwe na Gen (Rtd) James Kabarebe

Ubwanditsi 02 Nov 2024
Perezida Kagame yasoje Inama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaga ku nshuro ya 19, asaba abayobozi kwirinda gukora ubusa

Perezida Kagame yasoje Inama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaga ku nshuro ya 19, asaba abayobozi kwirinda gukora ubusa

Ubwanditsi 24 Jan 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu Rwanda Hagiye Gutangizwa Ikigo Giteye nka ‘Iwawa’ kizakira abakobwa n’abagore bafite imyitwarire idahwitse
Mu Rwanda

Mu Rwanda Hagiye Gutangizwa Ikigo Giteye nka ‘Iwawa’ kizakira abakobwa n’abagore bafite imyitwarire idahwitse

Ubwanditsi 10 May 2017
“mu minsi iri imbere ukuri kose tuzi …tuzagufata tugushyire izo mpuguke”- Theogene Rudasingwa
INKURU NYAMUKURU

“mu minsi iri imbere ukuri kose tuzi …tuzagufata tugushyire izo mpuguke”- Theogene Rudasingwa

Ubwanditsi 08 Jan 2019
Intambara ikomeye  hagati y’Ubutegetsi bwa Trump n’Itangazamakuru imaze gufata indi ntera
ITOHOZA

Intambara ikomeye hagati y’Ubutegetsi bwa Trump n’Itangazamakuru imaze gufata indi ntera

Ubwanditsi 30 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru