• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi: Nyuma yo gufunga BBC na VOA ngo zitagaragariza amahanga itekinika muri referendum leta yisubiyeho ku bihano
Nkurunziza Pierre, Perezida w'u Burundi

Burundi: Nyuma yo gufunga BBC na VOA ngo zitagaragariza amahanga itekinika muri referendum leta yisubiyeho ku bihano

Ubwanditsi 24 May 2018 INKURU NYAMUKURU

Leta y’u Burundi yatangaje ko iri gusuzuma uburyo yakuraho ibihano by’amezi atandatu yari yafatiye, ibiganiro bya BBC na Ijwi rya Amerika, zishinjwa amakosa arimo kutubahiriza amategeko agenga umwuga.

Ibi bibaye nyuma y’amatora ya kamarampaka yemeje ko Nkurunziza azongera kwiyamamariza kuyobora u Burundi, binamuhesha kuzayobora u Burundi kugeza muri 2034.

Ku wa Kane Gicurasi 2018 nibwo Inama Nkuru y’Itangazamakuru mu Burundi (CNC) yasohoye itangazo rivuga ko guhera ku wa 7 uko kwezi, ibiganiro byose bya Radiyo BBC na Ijwi rya Amerika (VOA), bizaba bifunze mu gihe cy’amezi atandatu, zishinjwa amakosa arimo kutubahiriza amategeko agenga umwuga.

Perezida wa CNC, Karenga Ramadhan, niwe wasinye ku itangazo rizifungira, rivuga ko BBC yahagaritswe kubera kutubahiriza ibyari bikubiye mu ibaruwa yo kuyihanangiriza, yandikiwe ku wa 16 Werurwe 2016.

Yayandikiwe nyuma y’uko muri gahunda ya BBC Afrique, mu kiganiro ‘Umutumirwa w’icyumweru’, umunyamakuru yananiwe gusubiza ku murongo uwari watumiwe wavuze amagambo CNC yemeza ko yari yuzuye urwango, gusebanya, guca ibice mu baturage ndetse no guharabika Umukuru w’Igihugu.

Ku ruhande rwa VOA, ngo yahagaritswe kubera ko yatambutsaga bimwe mu biganiro byayo ku murongo wa internet yifashishije radiyo itemewe gukorera mu Burundi ndetse ikanarenga igaha akazi umunyamakuru wayo kandi ari gushakishwa n’ubutabera.

The East African yanditse ko Karenga Ramadhan, yatangaje kuri uyu wa Gatatu ko ibyo biganiro byombi bigiye gukomorerwa bitewe n’uko ubuyobozi bw’ibyo bitangazamakuru bwitwaye muri icyo kibazo ariko ntiyavuga igihe bizatangirira gukora.

Yongeyeho ko ibyo bitangazamakuru bizohereza ababihagarariye mu Burundi kugira ngo bumvikane neza ibisabwa ngo byongere gukora nk’uko byari bisanzwe.

Ibiganiro bya BBC na VOA mu Kirundi byamamaye cyane mu Burundi mu ntangiriro za 2015 ubwo Perezida Pierre Nkurunziza yiyamamarizaga ndetse akaza gutsindira kuyobora icyo gihugu, intsinzi itaravuzweho rumwe ndetse ikanakurikirwa n’amakimbirane yasize abasaga 1200 bishwe abarenga ibihumbi 400 bakava mu byabo.

Uretse BBC na VOA, CNC yanahagaritse mu gihe cy’amezi atatu ikinyamakuru “Le Renouveau du Burundi’ gikora mu Gifaransa kubera gutambutsa ibiganiro mu rurimi rutigize rumenyeshwa Inama Nkuru y’Itangazamakuru, Radio Isanganiro na CCIB-FM Plus birihanangirizwa kubera amakosa arimo gutangaza amakuru hatabanje kugenzurwa ukuri kw’ibivugwamo.

Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) nayo yihanangirijwe kubera inkuru yatangaje zavugaga ko iteka rishyiraho umunsi w’amatora ya referendumu ku Itegeko Nshinga, yari ateganyijwe tariki ya 17 Gicurasi 2018 aho yavugaga ko abazatora ‘oya’ bashobora guhohoterwa ndetse bamwe bagafungwa.

Nta gitangaza kubona Nkurunziza yahagarika amaradiyo akomeye mpuzamahanga ngo yikize abantu bose babasha kugaragaza ibibera mu gihugu cye dore ko n’amahanga akomeje kumugaragariza ko ibyo akora ataribyo ko bibangamira inyungu z’abarundi benshi bugarijwe n’ubukene bukabije ndetse n’inzara!

2018-05-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ndayishimiye ashinjwa kohereza Imbonerakure gufasha FLN mu bikorwa byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ndayishimiye ashinjwa kohereza Imbonerakure gufasha FLN mu bikorwa byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

RUSHYASHYA 21 Oct 2025
CNLG iramagana ibirego bya Diane Rwigara ivugwaho gukorana n’abanzi b’Igihugu

CNLG iramagana ibirego bya Diane Rwigara ivugwaho gukorana n’abanzi b’Igihugu

Ubwanditsi 17 Jul 2019
Papa Francis yaciye bugufi asaba Imana imbabazi kubera uruhare rwa Kiliziya muri Jenoside yakorewe abatutsi

Papa Francis yaciye bugufi asaba Imana imbabazi kubera uruhare rwa Kiliziya muri Jenoside yakorewe abatutsi

Ubwanditsi 23 Apr 2025
I Rubaya na Ngungu, isosi y’Abarundi yaguyemo inshishi.

I Rubaya na Ngungu, isosi y’Abarundi yaguyemo inshishi.

Ubwanditsi 02 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubusabe bw’umujenosiderikazi Paulina Nyiramasuhuko wifuzaga kurekurwa atarangije igihano bwatewe utwatsi
Amakuru

Ubusabe bw’umujenosiderikazi Paulina Nyiramasuhuko wifuzaga kurekurwa atarangije igihano bwatewe utwatsi

Ubwanditsi 11 Nov 2021
Uko  Kigeli bashakaga kumutabariza muri Portugal, n’ uko yazanywe mu Rwanda bujura
ITOHOZA

Uko Kigeli bashakaga kumutabariza muri Portugal, n’ uko yazanywe mu Rwanda bujura

Ubwanditsi 13 Jan 2017
Uko ibigo bibiri bya Radio byafunzwe muri Tanzania
Mu Rwanda

Uko ibigo bibiri bya Radio byafunzwe muri Tanzania

Ubwanditsi 31 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru