• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda: Umusirikare ufite ipeti rya general muri UPDF arashinjwa uruhare mu bikorwa byo gushimuta abantu

Uganda: Umusirikare ufite ipeti rya general muri UPDF arashinjwa uruhare mu bikorwa byo gushimuta abantu

Ubwanditsi 29 May 2018 ITOHOZA

Umwe mu basirikare bakuru ba Uganda ufite ipeti rya general aravugwaho kugira uruhare mu bikorwa byo gushimuta abantu bimaze iminsi byugarije iki gihugu nk’uko amakuru aturuka mu gisirikare avuga.

Nk’uko amakuru yizewe agera ku rubuga Spyreports dukesha iyi nkuru aturuka mu rwego rushinzwe ubutasi mu gisirikare cya Uganda (CMI), mu bantu bakurikiranye ikibazo cyo gushimuta abantu cyugarije igihugu avuga, ngo ubutasi bumaze kwegeranya amakuru agaragaza ko ibikorwa by’ubushimusi bitegurwa n’umusirikare mukuru (General) muri UPDF imyirondoro ye yabaye igizwe ibanga.

Gusa, biravugwa ko ari umusirikare ufite ipeti rya full general, unanutse, muremure, kandi ukomoka mu burengerazuba bw’igihugu (abazi abasirikare bakuru ba Uganda bakaba bashobora kumwibwira).

Uwatanze aya makuru akaba yasobanuye ko ubutasi mu gisirikare buri kurangiza raporo y’ukuntu ibikorwa byo gushimuta abantu byatangiye na buri wese wari ubiri inyuma, ikazashyikirizwa perezida Museveni ari nawe uzategeka ikizakurikiraho.

Bamwe mu bakekwaho uruhare muri ibi bikorwa ngo bakaba baramaze gushyirishamo uyu musirikare mukuru uwatanze amakuru avuga ko nawe batangiye kumukoraho iperereza ngo humvwe niba ibimuvugwaho ari ukuri.

Biravugwa ko impamvu uyu musirikare mukuru yashyigikiye ibi bikorwa ari ugutuma umurwa mukuru Kampala umera nk’udafite ubuyobozi ndetse no kwangisha abaturage ubuyobozi buriho. Mu cyumweru gishize ngo hakaba haranaburijwemo igikorwa cyo gushimuta muri Makindye, aho ngo ba rshimusi bahamagaye umugore uri mu myaka 20 wari ugiye gushimutwa akabimenyesha CMI bagatega umutego ariko abo ba rushimusi bakaba bataragaragaye aho bari bumvikanye guhurira. CMI ikavuga ko hashobora kuba hari abariye urwara abo ba rushimusi.

Igipolisi cyitandukanyije n’abitwa “Abakumirabyaha”

Biravugwa kandi muri iyi nkuru ko Igipolisi cya Uganda cyatangiye kwitandukanya n’abantu bari bashinzwe kugiha amakuru (police informers), ngo kugeza bahinduye izina bakitwa Concerned Citizens (abaturage bitaye ku bibazo).

Ngo ni nyuma y’aho ubutasi bugaragarije ko aba bakumirabyaha bashinjwa gukorana n’uyu musirikare mukuru ushinjwa, ngo bagiye bakoreshwa mu buryo bwo gushimuta no mu bundi bwoko bw’ibyaha bitandukanye.

Amakuru agera kuri Spyreports akaba avuga ko iki gitekerezo cyo guhindura izina ry’aba bantu cyazanwe n’umukuru wa polisi ya Kampala, CP Moses Kafeero ubwo yahuraga n’abantu be mu cyumweru gishize.

Icyo gihe akaba yarabwiye abapolisi kwirinda gukorana n’aba bakumirabyaha niba badashaka guhura n’ibibazo, asobanura ko amakuru y’ubutasi afite kuri aba bantu atari meza. Aha umuntu akaba atabura kwibutsa ko n’ibikorwa byagaragaye mu mwaka ushize no mu ntangiriro z’uyu wa 2018 byo gushimuta no guhohotera Abanyarwanda bakorera muri Uganda nabyo aba bantu baba baragiye babigiramo uruhare.

Iyi nkuru ikomeza ivuga ko mu mezi ashize igipolisi hirya no hino mu gihugu cyatangiye gushakisha ibikoresho bya polisi biri mu maboko y’aba bantu biyita abakumirabyaha birimo ibikoresho byo mu biro, imipira yo kwambara, mudasobwa, na za moto. Ibi bakaba bari barabihawe n’uwahoze ari umukuru w’igipolisi, Gen Kale Kayihura, ngo bijye bibafasha mu kazi kabo.

 

 

 

2018-05-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gen Mudacumura Sylvestre Yafatanywe Flash Disk Yari Aboheye Mu Ijosi Irimo Amabanga Ya FDLR.

Gen Mudacumura Sylvestre Yafatanywe Flash Disk Yari Aboheye Mu Ijosi Irimo Amabanga Ya FDLR.

Ubwanditsi 18 Sep 2019
Perezida wa Koreya ya Ruguru yarapfuye Imana ikinga akaboko

Perezida wa Koreya ya Ruguru yarapfuye Imana ikinga akaboko

Ubwanditsi 13 Jul 2017
Kuki urupfu rwa Juvenal Habyarimana rugumya kuriza Abafransa- Isesengura rya  Ntarugera Deo Koya

Kuki urupfu rwa Juvenal Habyarimana rugumya kuriza Abafransa- Isesengura rya Ntarugera Deo Koya

Ubwanditsi 01 Nov 2016
ABANYARWANDA  HERVE BM  NA JEAN MARIE MICOMBERO BARAKEKWAHO  KUBA MU BATEYE IBISASU I ZAVENTEM  MU BUBILIGI ( Yavuguruwe )

ABANYARWANDA HERVE BM NA JEAN MARIE MICOMBERO BARAKEKWAHO KUBA MU BATEYE IBISASU I ZAVENTEM MU BUBILIGI ( Yavuguruwe )

Ubwanditsi 10 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Canada : Kizito Musabyimana yabashije kwikiza ‘TRAUMA’ agenze urugendo rwa  KM 550 n’amaguru
HIRYA NO HINO

Canada : Kizito Musabyimana yabashije kwikiza ‘TRAUMA’ agenze urugendo rwa KM 550 n’amaguru

Ubwanditsi 10 Nov 2016
Evode Imena  yagaramye ibyo  guha Isoko n’ Ibyangombwa kampani JDJ (Jovia+Diana+Joseph)  y’abagore  (Jovian na Diana)  b’abagabo bakoranaga muri  MINIRENA
Mu Mahanga

Evode Imena yagaramye ibyo guha Isoko n’ Ibyangombwa kampani JDJ (Jovia+Diana+Joseph) y’abagore (Jovian na Diana) b’abagabo bakoranaga muri MINIRENA

Ubwanditsi 15 Feb 2017
Ikipe ya Etincelles FC yateguye amatora yo kuzuza imyanya, abazatora basabwa kuzana inyemezabwishyu y’amafaranga atari munsi ya 10 000
Amakuru

Ikipe ya Etincelles FC yateguye amatora yo kuzuza imyanya, abazatora basabwa kuzana inyemezabwishyu y’amafaranga atari munsi ya 10 000

Ubwanditsi 27 Dec 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru