• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Mushikiwabo yagishije inama Abdou Diouf wamaze imyaka 12 ku mwanya ari guhatanira muri OIF

Mushikiwabo yagishije inama Abdou Diouf wamaze imyaka 12 ku mwanya ari guhatanira muri OIF

Ubwanditsi 07 Jun 2018 HIRYA NO HINO

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, yagiranye ibiganiro na Abdou Diouf wabaye Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), umwanya yamazeho imyaka hafi 12 guhera muri Mutarama 2003 kugeza mu Ukuboza 2014.

Ni mu kiganiro aba bombi bagiranye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, i Paris mu Bufaransa ari naho hari icyicaro gikuru cya OIF.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Mushikiwabo yagize ati “Muri gahunda ya kandidatire yanjye ku buyobozi bw’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa, nashimishijwe no kumva inama ze z’ingirakamaro no kwigira ku bunararibonye bwe bw’imyaka 12 yayoboye OIF.”

Abdou Diouf w’imyaka 82 yabaye Perezida wa kabiri wa Sénégal guhera mu 1981 kugeza mu 2000 ubwo yasimburwaga na Abdoulaye Wade. Ni umugabo wubashywe mu gihugu cye kuko Inyubako Mpuzamahanga iberamo inama muri Sénégal yamwitiriwe, nka Centre international de conférences Abdou Diouf (CICAD).

Yabaye Umunyamabanga Mukuru wa OIF guhera muri Mutarama 2003 kugeza mu Ukuboza 2014. Yatorewe mu nama ya cyenda yabaye ku wa 20 Ukwakira 2002 ibera i Beirut muri Liban, mu bwisanzure busesuye nyuma y’uko Henri Lopes wo muri Repubulika ya Congo yari amaze gukuramo kandidatire ye.

Umuryango wa Francophonie urakomeye cyane kuko uhuza urusange rw’ibihugu bihurira ku Gifaransa, aho igenzura riheruka mu 2014 ryerekanye ko kivugwa na miliyoni 274 ku Isi mu migabane itanu y’Isi. Uyu muryango washinzwe mu 1970, uhuriwemo n’ibihugu 84.

Mushikiwabo arahabwa amahirwe

Amatora y’Umunyamabanga Mukuru wa OIF ateganyijwe mu Nteko Rusange y’uyu muryango izabera i Yerevan muri Armenia ku wa 11-12 Ukwakira 2018.Ni amatora azemeza niba Mushikiwabo asimbura Michaëlle Jean wemejwe n’abakuru b’ibihugu na za guverinoma mu nama yabereye i Dakar mu Ugushyingo 2014.

Izi nshingano nshya zahita ziha ikindi cyerekezo Mushikiwabo w’imyaka 57, wari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane guhera mu 2009, nyuma y’umwaka umwe yari amaze ari Minisitiri w’Itangazamakuru.

Umunyamabanga Mukuru wa OIF niwe ukurikirana mu buryo buhoraho ibikorwa na gahunda z’umuryango. Atorwa n’abakuru b’ibihugu na za guverinoma muri manda manda y’imyaka ine ishobora kongerwa.

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, aheruka kwerekana ko yashyigikiye mu buryo bweruye kandidatire ya Minisitiri Louise Mushikiwabo, ku mwanya w’ubunyamabanga bukuru bwa OIF.

Perezida Macron yavuze ko asanga umutima wa Francophonie kuri ubu uherereye muri Afurika, aho ngo buri wese wifuza kugeza aheza uyu muryango kuri ubu atabigeraho atishingikirije urubyiruko rwo ku mugabane wa Afurika, ku buryo ku bwa Macron “Kandidatire ku buyobozi bwa Francophonie yaba iturutse muri kimwe mu bihugu bya Afurika, niyo yaba ifite ishingiro cyane”.

Nubwo yari afite amahirwe yo kongera guhatana, Michaëlle Jean ukomoka muri Canada usanzwe muri uyu mwanya, mu minsi ishize yanenzwe cyane bishingiye ku ikoreshwa ry’umutungo, ku buryo bamwe mu banyapolitiki bo muri Canada bavuga ko atahesheje ishema igihugu cye uko bikwiye.

Uyu mugore wavukiye muri Haiti, yayoboye muri Canada nka Guverineri guhera mu 2005 kugeza 2010. Ntabwo aratangaza niba azongera kwiyamamaza, gusa ngo hari amakuru ko yari afite icyo cyifuzo mbere y’iki gitutu.

2018-06-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda : Umunyarwanda ufungiweyo  adafite amafaranga abyishyura gukubitwa

Uganda : Umunyarwanda ufungiweyo  adafite amafaranga abyishyura gukubitwa

Ubwanditsi 19 Aug 2019
Impamvu 10 zituma abagore bananirwa kubana n’ abagabo babo

Impamvu 10 zituma abagore bananirwa kubana n’ abagabo babo

Ubwanditsi 01 Mar 2016
Uhagarariye Kongo-Kinshasa muri LONI yavuze ko u Rwanda rwiba ingagi n’inguge zicyo gihugu mu nama yigaga ikibazo cy’intambara muri Ukraine

Uhagarariye Kongo-Kinshasa muri LONI yavuze ko u Rwanda rwiba ingagi n’inguge zicyo gihugu mu nama yigaga ikibazo cy’intambara muri Ukraine

Ubwanditsi 13 Oct 2022
Uganda: Umupasiteri ari gutanga uburozi yita umuti uvura indwara zirimo Sida

Uganda: Umupasiteri ari gutanga uburozi yita umuti uvura indwara zirimo Sida

Ubwanditsi 19 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko umugabo yigize impumyi ashaka gusumira Malia Obama
ITOHOZA

Uko umugabo yigize impumyi ashaka gusumira Malia Obama

Ubwanditsi 18 Apr 2017
Umuryango wa Kizito Mihigo uramagana abakwirakwiza impuha kumbuga nkoranyambaga bitwaje urupfu rwa Kizito
INKURU NYAMUKURU

Umuryango wa Kizito Mihigo uramagana abakwirakwiza impuha kumbuga nkoranyambaga bitwaje urupfu rwa Kizito

Ubwanditsi 19 Feb 2020
Club Africain yageze mu Rwanda yahize gusezerera APR FC
IMIKINO

Club Africain yageze mu Rwanda yahize gusezerera APR FC

Ubwanditsi 26 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru