• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Mushikiwabo ni umukandida mwiza – Kagame

Mushikiwabo ni umukandida mwiza – Kagame

Ubwanditsi 19 Jun 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Mu kiganiro kirekire yagiranye n’Ikinyamakuru JeuneAfrique, Perezida Paul Kagame yasubije ibibazo binyuranye ku mubano w’u Rwanda n’Ubufaransa, abajijwe ku kwiyamamaza kwa Louise Mushikiwabo ku mwanya wo kuyobora Umuryango w’Abavuga Igifaransa (OIF), avuga ko abikwiye kandi azamushyigikira nka Perezida kimwe n’abandi ba Perezida ba Africa.

Iki kiganiro Perezida Kagame yagihaye JeuneAfrique tariki 30 Gicurasi muri Village Urugwiro, umunyamakuru yamubajije aho ahagaze ku kuba Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo yarahisemo kwiyamamariza kuyobora Umuryango Mpuzamahanga w’Abavuga Igifaransa. Perezida Paul Kagame yabwiye JeuneAfrique mu nkuru yasohotse kuri uyu wa kabiri tariki 19 Kamena, ko atari we wasabye Mushikiwabo kuba yakwiyamamariza uriya mwanya.

Ati “Igitekerezo cyavuye mu bantu banyuranye, ku bantu bibazaga aho umuryango w’ibihugu bivuga Igifaransa (OIF) ugana. Nka Perezida w’igihugu, cyanyuze mu bibazo byinshi twagiranye n’Ubufaransa, ntitwigeze tureka kuba abanyamuryango ba OIF, kiriya gitekerezo (cyo kuyiyobora) numvise ari kiza.

Louise Mushikiwabo ni Umunyafurikakazi, by’umwihariko uvuga neza Igifaransa n’Icyongereza, kandi ni umunyamwuga. Niba Umuryango w’Abavuga Igifaransa ushaka kwagura imbibi, ukareka kwifungirana mu ruziga rw’ibihugu bike, ni (Mushikiwabo) Umukandida ukwiye.”

JeuneAfrique yabajije Perezida Paul Kagame niba mu gihe cy’amatora ategerejwe mu mezi atanu, muri Armenia, azakoresha icyo gihe mu kumwamamaza.

Kagame ati “Louise Mushikiwabo abona kandi azabona inkunga yange yose, n’iy’abandi Bakuru b’Ibihugu muri Africa.”Umunyamakuru yabajije Perezida Kagame icyo atekereza ku bantu bamufata nk’ ‘Umututsi’ wavuye muri Uganda agamije kuzana Icyongereza mu Rwanda, ndetse akaba atashyigikira kuba Mushikiwabo yakwiyamamariza kuyobora OIF.

Kagame ati “Ikidafite agaciro ni ukuba ukemera muri 2018, ko u Rwanda rwaba ruri mu maboko y’abandi bantu batari Abanyarwanda. Abantu, cyangwa ba nyiri ibyo bitekerezo muvuga, ni imbohe z’amateka yabo. Ntabwo bikureba kuba wababohora.”

Ku mubano w’u Rwanda n’Ubufaransa, Perezida Kagame yabajijwe kuri bimwe mu bibazo bisa n’ibihoraho, harimo icyo kuba hakorwa iperereza ku ihanirwa ry’indege yari itwaye Perezida Juvenal Habyarimana na Ntaryamira Syprien w’Uburundi, yahanukiye mu kirere cy’u Rwanda tariki 6 Mata 1994, no ku kuba Ubufaransa n’u Rwanda byatsura umubano ushingiye kuri Ambasade na none.

Perezida Paul Kagame yasubije ko iby’umubano w’u Rwanda n’Ubufaransa, atari ibyikora mu ijoro rimwe, ko bizatwara igihe, ariko akavuga ko inshuro nyinshi amaze guhura na Perezida mushya w’Ubufaransa, Emmanuel Macron, asanga hari byinshi byahindutse ku bijyanye na politiki y’ibihugu byombi.

Perezida Paul Kagame yagiriye uruzinduko rw’akazi mu Bufaransa tariki 23 Gicurasi, 2018 akaba yaraganiriye na Perezida Emmanuel Macron.

Perezida Paul Kagame aheruka kugirira uruzinduko mu Bufaransa tariki 23 Gicurasi

 

2018-06-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

Ubwanditsi 15 Jul 2024
Kwemerera Ingabire gukora politiki ye ni uguhembera Jenoside- Tom

Kwemerera Ingabire gukora politiki ye ni uguhembera Jenoside- Tom

Ubwanditsi 20 Sep 2018
Perezida Kim Jong-un yitwaje umutekano udasanzwe mu biganiro na Moon Jae-in wa Koreya y’Epfo

Perezida Kim Jong-un yitwaje umutekano udasanzwe mu biganiro na Moon Jae-in wa Koreya y’Epfo

Ubwanditsi 27 Apr 2018
Abijuru Ernest wakorewe iyicarubozo ry’inkazi muri Uganda arembeye ku Kamonyi

Abijuru Ernest wakorewe iyicarubozo ry’inkazi muri Uganda arembeye ku Kamonyi

Ubwanditsi 23 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urukiko rw’i Paris mu Bufaransa rwategetse ko Kabuga yoherezwa i Arusha muri Tanzania
Amakuru

Urukiko rw’i Paris mu Bufaransa rwategetse ko Kabuga yoherezwa i Arusha muri Tanzania

Ubwanditsi 30 Sep 2020
Irene Uwoya uzwi nka “Oprah” yahishuye ko yikundira abasore bafite isura mbi
IMIKINO

Irene Uwoya uzwi nka “Oprah” yahishuye ko yikundira abasore bafite isura mbi

Ubwanditsi 08 Feb 2017
Kwiga ni urufunguzo rw’ubuzima – ishimwe rya Muvandimwe Jean Marie Vianney ukinira Police FC warangije icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu ishami ry’icungamari.
Amakuru

Kwiga ni urufunguzo rw’ubuzima – ishimwe rya Muvandimwe Jean Marie Vianney ukinira Police FC warangije icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu ishami ry’icungamari.

Ubwanditsi 08 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru