• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»U Bubiligi bwandikiye amateka ku Buyapani, busanga Brazil muri ¼

U Bubiligi bwandikiye amateka ku Buyapani, busanga Brazil muri ¼

Ubwanditsi 03 Jul 2018 IMIKINO

Ikipe y’igihugu y’u Bubiligi habuze gato ngo isezererwe n’u Buyapani muri 1/8 kuri uyu wa Mbere mu mukino yabanje gutsindwamo ibitego bibiri ku busa ariko ikaza kubyishyura ndetse igatsinda icya gatatu byatumye iba iya mbere ikoze ayo mateka mu myaka 52.

U Bubiligi bwavuye mu matsinda butsinze imikino yose harimo n’uwo bwahuye n’u Bwongereza byatumye abantu babwongerera icyizere mu makipe ashobora kugera kure muri iri rushanwa ariko habuze gato ngo butungurwe n’u Buyapani bwazamukiye ku mahirwe kuko bwanganyaga na Senegal ibintu byose bikaba ngombwa ko harebwa ku yahawe amakarita make.

U Buyapani buyobowe na Nishino nk’umutoza mukuru, bwagaragaje kwihagararaho mu gice cya mbere, bukina neza abakinnyi b’u Bubiligi yaba Kevin De Bruyne, Eden Hazard, Romelu Lukaku n’abandi bafite amazina akomeye ku mugabane w’u Burayi babura aho binjirira iminota 45 irangira ari ubusa ku busa.

Mu gice cya kabiri Abayapani bagarutse batinyutse bashaka ibitego, icya mbere bakibona ku munota wa 48 Genki Haraguchi ku ishoti yatereye hanze y’urubuga rw’amahina umunyezamu Thibaut Courtois ntabashe gukurikura, nyuma y’iminota ine gusa Takashi Inui atsinda icya kabiri cyashyize u Bubiligi mu mibare ikomeye.

Umutoza Roberto Martinez n’abo bafatanya barimo Thierry Henry basabye abakinnyi babo kudacika intege, ku munota wa 65 bakora impinduka ebyiri icya rimwe, Marouane Fellaini asimbura Dries Mertens naho Nacer Chadli afata umwanya wa Yannick Ferreira-Carrasco bihita bitanga n’umusaruro kuko nyuma y’iminota ine yabonye igitego cyo kwishyura cyatsinzwe na Jan Vertonghen.

U Bubiligi bwakomeje kotsa igitutu u Buyapani, butsinda igitego cya kabiri cya Marouane Fellaini ku munota wa 74 nk’ikipe nkuru ikomeza gushaka igitego cya gatatu, ikibona habura amasegonda ngo umukino urangire gitsinzwe na Nacer Chadli ikaba yahise isanga Brazil muri ¼.

Iyi kipe yabaye iya mbere mu myaka 52 ibashije kuva inyuma yatsinzwe ibitego 2-0 mu mikino yo gukuranamo (knockout) mu gikombe cy’Isi ikishyura ikanatsinda umukino bikaba baherukaga gukorwa na Portugal mu 1966 itsinda Korea.

Amakipe abiri agomba kwerekeza muri ¼ cy’iri rushanwa agomba kumenyekana kuri uyu wa Kabiri, saa 16h00 Suede ikaza kwisobanura n’u Busuwisi zishakamo ikomeza, saa 20h00 hakaza kuba undi mukino w’ishiraniro hagati ya Colombia n’u Bwongereza. Abiri akomeza niyo azahura muri ¼.

2018-07-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Lionel Messi yakuyeho agahigo Cristiano Ronaldo yari amaranye iminsi

Lionel Messi yakuyeho agahigo Cristiano Ronaldo yari amaranye iminsi

Ubwanditsi 30 Oct 2019
Kiyovu SC yakuye Alain Adré Landeut ku mwanya w’umutoza mukuru ahabwa izindi nshingano, haritegurwa kwakira umutoza mushya

Kiyovu SC yakuye Alain Adré Landeut ku mwanya w’umutoza mukuru ahabwa izindi nshingano, haritegurwa kwakira umutoza mushya

Ubwanditsi 06 Dec 2022
Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano

Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano

RUSHYASHYA 17 Jun 2026
Amafoto – Amavubi y’u Rwanda yanganyije na Harambe Stars ya Kenya igitego kimwe kuri kimwe mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’isi 2022

Amafoto – Amavubi y’u Rwanda yanganyije na Harambe Stars ya Kenya igitego kimwe kuri kimwe mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’isi 2022

Ubwanditsi 05 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burkina Faso: Harakekwa ibyitso mu gisirikare ku gitero cyahitanye abantu 17
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Burkina Faso: Harakekwa ibyitso mu gisirikare ku gitero cyahitanye abantu 17

Ubwanditsi 06 Mar 2018
APR FC yananiwe kwambura Police Fc umwanya wa kabiri  nyuma yo kunganya na Rayon Sports
Mu Rwanda

APR FC yananiwe kwambura Police Fc umwanya wa kabiri nyuma yo kunganya na Rayon Sports

Ubwanditsi 29 May 2017
Itangazo ry’ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yo kuwa Mbere tariki ya 18/01/2016
Mu Mahanga

Itangazo ry’ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yo kuwa Mbere tariki ya 18/01/2016

Ubwanditsi 21 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru