• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda: Gen Kale Kayihura na we yarekuwe by’agateganyo

Uganda: Gen Kale Kayihura na we yarekuwe by’agateganyo

Ubwanditsi 28 Aug 2018 ITOHOZA

Nyuma ya Bobi Wine warekuwe ejo, mu rundi rubanza rwavuzweho cyane muri Uganda uyu munsi urukiko rwa gisirikare rwa Makyinde rumaze gutangaza ko rurekuye by’agateganyo General Kale Kayihura kugira ngo akurikiranwe adafunze. Uyu mugabo aregwa ibyaha birimo kohereza i Kigali impunzi zashinjwaga ibyaha n’u Rwanda.

Abantu benshi cyane biganjemo abo mu muryango we bari babyukiye ku rukiko rwa gisirikare rwo ku kigo cya Makyinde i Kampala nk’uko bivugwa n’umunyamakuru wa  PMLDaily wari mu rubanza.

General Edward Kalekezi Kayihura areregwa ibyaha bibiri; kunanirwa kurinda intwaro ashinzwe zikagera mu basiviri ndetse no gufasha koherereza u Rwanda impunzi rwashakaga zari zarahungiye muri Uganda.

Gen Kayihura yahaye Urukiko impamvu 11 zituma akwiye kurekurwa agakurikiranwa adafunze, ubu amaze amezi arenga abiri afunze.

Mu mpamvu yatanze harimo iz’uko ku myaka 62 afite ibibazo by’uburwayi busabwa gukurikirana byihariye, ko ari we wenyine uhahira urugo rwe, ko afite iwe hazwi atahunga ubutabera, kuba atanga ingwate n’abishingizi bazwi no kuba atarigeze aregwa cyangwa akatirwa n’urukiko mbere.

Abamwishingira yatanze ni Maj. Gen. James Mugira na Maj. Gen. Sam Kavuma bombi bafite imirimo yo hejuru mu ngabo za Uganda na mubyara we Depite Rosemary Tumusime. Bose bari mu rukiko.

Uyu munsi abantu bari bitabiriye uru rubanza ari benshi

Uyu munsi abantu bari bitabiriye uru rubanza ari benshi

Gen Kale Kayihura ashinjwa kugira uruhare mu kohereza bamwe mu mpunzi z’abanyarwanda zaregwaga ibyaha barimo Lieutenant Joel Mutabazi .

Ubushinjacyaha bwavuze ko Gen Kayihura hakurikijwe uburemere bw’ibyaha aregwa adakwiye kurekurwa by’agateganyo kuko ashoborano gutoroka ubutabera.

Lt Joel Mutabazi yahoze ari mutwe w’ingabo zirinda umukuru w’igihugu nyuma aza gutoroka  igisirikare ajya Uganda, aza gufatirwayo yoherezwa mu Rwanda.

Nyuma yo kumva impande zombi Urukiko rwafashe umwanya maze ruragaruka rutangaza ko Kayihura arekuwe by’agateganyo akazakurikiranwa adafunze.

2018-08-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu Burundi imyitozo ya gisirikari yakuwe kumezi 9 ishyirwa kumezi 3, ngo haboneke abasirikare bajya kurwana muri Congo

Mu Burundi imyitozo ya gisirikari yakuwe kumezi 9 ishyirwa kumezi 3, ngo haboneke abasirikare bajya kurwana muri Congo

Ubwanditsi 15 Feb 2024
U Bufaransa: Ibitaro byasheshe kontaro ya Dr Twagira ushinjwa ibyaha bya Jenoside

U Bufaransa: Ibitaro byasheshe kontaro ya Dr Twagira ushinjwa ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 07 Feb 2018
Umunyamideli Mupende Alexia yishwe, harakekwa umukozi wo mu rugo

Umunyamideli Mupende Alexia yishwe, harakekwa umukozi wo mu rugo

Ubwanditsi 09 Jan 2019
Hari abakoze Jenoside bari mu Gihugu biyita Abapagasi

Hari abakoze Jenoside bari mu Gihugu biyita Abapagasi

Ubwanditsi 14 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Patrick Muyaya ati “Ibibera Uvira turimo kubikurikiranira hafi”
Amakuru

Patrick Muyaya ati “Ibibera Uvira turimo kubikurikiranira hafi”

RUSHYASHYA 10 Dec 2025
Imikino y’umunsi wa gatatu wa shampiyona y’u Rwanda 2021-2022 yagombaga kubera kuri Sitade Umuganda yasubitswe, harimo uwo Etincelles yari buzakine na APR FC
Amakuru

Imikino y’umunsi wa gatatu wa shampiyona y’u Rwanda 2021-2022 yagombaga kubera kuri Sitade Umuganda yasubitswe, harimo uwo Etincelles yari buzakine na APR FC

Ubwanditsi 18 Nov 2021
Madamu Jeannette Kagame Arizihiza Isabukuru Y’imyaka 56 Y’amavuko
ITOHOZA

Madamu Jeannette Kagame Arizihiza Isabukuru Y’imyaka 56 Y’amavuko

Ubwanditsi 10 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru