• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Nibarize Ingabire Victoire

Nibarize Ingabire Victoire

Ubwanditsi 21 Sep 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Nyuma y’uko afunguwe kubera imbabazi za Perezida wa Repubulika, Ingabire Victoire Umuhoza yumvikanye ndetse agaragara mu bitangazamakuru avuga ko nta mbabazi yigeze asaba.

Ibi byanteye amatsiko njya gushakisha mbona ibaruwa yandikiye Perezida wa Repubulika amusaba imbabazi, byanteye kwibaza byinshi, ariko ndavuga nti ahari wasanga narasomye nabi.

None, nimwigire hino namwe mumfashe gusesengura iyi baruwa ya Victoire Ingabire Umuhoza yo ku wa 25 Kamena 2018, yandikiye Perezida wa Repubulika Paul Kagame akamenyesha Minisitiri w’Ubutabera, ifite umutwe ugira uti “Gusaba imbabazi”.

Ingabire atangira iyi baruwa ye yagize ati “Nyakubahwa Perezida, nk’uko biteganywa n’itegeko no 30/2013 ryo ku wa 24/5/2013 ryerekeye imiburanishirije y’imanza z’inshinjabyaha, mu ngingo zaryo, iya 236, 237 na 238 mbandikiye mbasaba kungirira imbabazi ngafungurwa.”

Nsesenguye neza nsanze hano harimo ibintu by’ingenzi bikurikira:

Ingabire ntiyapfuye kwandika, ntabwo yabirose nta n’ubwo yidumbukije ngo asabe imbabazi, yarabanje aratekereza, afata itegeko ry’imiburanishirije y’imanza z’inshinjabyaha, asoma ingingo ku yindi abonamo izimwemerera gusaba imbabazi. Huum! none ngo ntazo yasabye?

“Mbandikiye mbasaba kungirira imbabazi ngafungurwa.” Mu gusesengura aya magambo reka mbanze nkubaze; niko Ingabi, waba warumvise indirimbo Umuhanzi Diplomat yaririmbye mu 2011 yitwa “Ikaramu”?

Niba utarayumvise hari aho yaririmbye ati “Niba mbeshya wanyomoza, uti aha arabeshya, kuko ikaramu nitwe tuzikoresha, si zo zidukoresha […] usabe utazisanga wasinye aho utasomye icyo gihe uzaba wasandaye, utazisararanga wasama.” Yumve hano.

Ni ko ye, ujya gufata urupapuro, ugafata ikaramu, ugashishimura ugira uti “Mbandikiye mbasaba kungirira imbabazi ngafungurwa” ntiwari ukomeje? Warikiniraga se tubimenye? Wari wasomye akantu se? – Nako ndabaza ubusa muri gereza zacu nta biyobyabwenge byinjiramo – numvise unashima ko zikora neza.

Ingabire akomeza agira ati “Nyakubahwa Perezida, imyaka maze muri gereza ari nayo maze ngarutse mu gihugu cyanjye, nabonye igihe gihagije cyo gukurikirana ubuzima bw’Igihugu.”

“Ibyagezweho ni byinshi kandi ntawe utabishima, ndetse ntawutagira inyota n’icyifuzo cyo gushaka gufatanya n’abandi gukomeza kubaka Umuryango Nyarwanda.”

Uti “Ntawutagira inyota”, none se inyota usohokanye ni iyihe? Kuvuga ko utasabye imbabazi? Kuvuga ko ntabyaha wakoze? Kuvuga ko aho waburanye hose utemeye ibyaha? Huum! Imana irihangana koko! Iyi niyo nyota wavugaga yo gukomeza kubaka Umuryango Nyarwanda? Ntumpeho!

Uti “Nta gushidikanya Abanyarwanda twese dushyize hamwe nta cyiza cyo kuri iyi Si tutagiraho uruhare?”

Uti “twese dushyize hamwe”, none se ubu dushyize hamwe koko? Wanditse usaba imbabazi uzihawe uti “ntazo nasabye?” Ko mbona harimo kwivuguruza, kubeshya, kudukinga ibikarito mu maso no kudushyushya imitwe; uku niko gushyira hamwe utuzaniye se?

Mbere yo gusoza yandikiye Perezida ati “Nyakubahwa Perezida, mu bushishozi bwanyu musanze nkwiriye guhabwa imbabazi ngafungurwa, ku ruhande rwanjye niyemeje gufatanya n’abaturarwanda bose guharanira iterambere rirambye mu gihugu cyacu kandi mu mahoro.”

Nubwo mbona hano harimo kwishongora [musanze nkwiriye], wavuze ko ubabariwe ugafungurwa wafatanya n’abandi guharanira iterambere mu mahoro, none uracyakomeje kwishongora nyabu!?

Ubu ntiwabonye ko Perezida wacu ashishoza nk’uko wari wabyanditse mu ibaruwa? Ariko uribuka ibyo wavugiye ku Rwibutso rwa Gisozi ahashyinguye abacu? Nako mu kiganiro cyawe na @LeVif wavuze ngo “La prison n’a brisé ni mon coeur ni ma force. La Victoire de 2010 est toujours la même.” Nzabandora!

Agasoza agira ati “Mbashimiye igisubizo cyiza muzagenera ubusabe bwanjye. Urumuri rw’Uhoraho rukomeze kubayobora.”

Hano usayuka uvuga ko “ushimiye igisubizo cyiza uzagenerwa” kandi koko imbabazi wasabye warazihawe. Uru rumuri rw’Uhoraho wasabye ko rukomeza kuyobora Perezida wacu, rwaramuyoboye kandi ruzakomeza kumuyobora kuko ni Imfura, ni Umuntu Nyamuntu.

Uru rumuri rero, rukurinde ikibi,
Uru rumuri rukurinde ikinyoma,
Uru rumuri rukwibutse ko ugifite imyaka 7 imbere yawe yo kwitwara neza,
Uru rumuri kandi rukwibutse ko nyuma y’iyo myaka 7 uzitwara neza indi myaka 5 kugira ngo uhanagurweho ubusembwa!

Ingabi, unkundire unsubize.

Iki ni igitekerezo bwite cy’umusomyi wacu Ruzindana Rugasaguhunga

 

Ingabire Victoire akomeje kwibazwaho byinshi nyuma yo kurekurwa ku mbabazi za Perezida

Ibaruwa Ingabire yandikiye Perezida Kagame asaba imbabazi

 

 

 

2018-09-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RDC: Abaturage bahunze imirwano ya FDLR

RDC: Abaturage bahunze imirwano ya FDLR

Ubwanditsi 01 Oct 2018
Jean Paul Turayishimye yashinze agatsiko ke yise ishyaka mu guhangana na RNC ya Kayumba Nyamwasa

Jean Paul Turayishimye yashinze agatsiko ke yise ishyaka mu guhangana na RNC ya Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 07 Jul 2020
Amafoto – APR FC yatsinze Rayon Sports 2-0 ishyiramo ikinyuranyo cy’Amanota 13

Amafoto – APR FC yatsinze Rayon Sports 2-0 ishyiramo ikinyuranyo cy’Amanota 13

Ubwanditsi 09 Mar 2024
Burundi: Umudepite yashinjwe gushaka kwica Perezida Nkurunziza

Burundi: Umudepite yashinjwe gushaka kwica Perezida Nkurunziza

Ubwanditsi 20 Oct 2018

4 Ibitekerezo

  1. Ngomijana
    September 21, 20185:39 pm -

    Aliko izi mpaka zose zimaze. He pardonned her that’s it! Niba uyu mutegs rugoli ahakana ko ntamabazi yasabye ibyo biramureba. Let’s move on. « Dutekereze neza ».
    Peace

    Subiza
  2. Ingabire Victoire Umuhoza
    September 21, 20187:13 pm -

    Ariko Kukomeza Kunkanga Ninde Wakubwiyeko Njyewe Ingabire Ngirubwoba? Ibirego Byose Ukomeje Kundambura Imbere, Haricyo Utarunziho Ariko Noneho Reka Nkikubwire Nagiye Gusiga Umugabo Wanjye Nabana Banjye Nakundaga Niyemeje Guhangana Nubuzima Bwose Nzasanga Murwanda Kumbwira Gereza Rero Ndumva Ntacyanterubwoba Kirimo Sibye Nogufungwa Nogupfa Byashaka Bikazamo Ariko Abanyamuryango Bacu Bagakomeza Kandi Nsobanureho Gato Kugusaba Imbabazi Njye Nanubu Ndabihamya Ntambabazi Nasabye Ahubwo Ujye Umenya Polotiki Iyariyo Ahubwo Abanyamuryango Banjye Mwese Muhumure Ntimugirubwoba Gufunga Ingabire Siko Guhagarika Ishyaka Abandi Bazakomeza Bakore

    Subiza
  3. Sema Halelua
    September 22, 201810:52 am -

    Arikose Mbaze Itegeko Rivuga Iki? Mukurikize Itegeko Ibindi Tubiharire Ingabire Nakagame Wamuhaye Imbabazi Ibyapolotiki Sinabyitambikara. Gusa Muzirinde Gusubiza Urwanda Rwace Habi, Turishakira Amahoro

    Subiza
  4. Gasana baptiste
    September 22, 20182:03 pm -

    Hapfuye abagabo bazize ubusa naho wowe naho wapfa ntacyo byaba bivuze nubundi ntakindi utuzaniye uretse ingengabitekerezo no kugumura abanyarwanda urabeshya turakuzi uri virus mbi uzi kuvuga uberegeza hubagurika gusa.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

MONUSCO yabonye umugaba mukuru w’ingabo mushya
ITOHOZA

MONUSCO yabonye umugaba mukuru w’ingabo mushya

Ubwanditsi 15 Apr 2018
Kayumba Rugema yigambye igitero cy’iterabwoba amasaha 12 mbere yuko kigabwa ku ngabo z’u Rwanda mu karere ka Nyaruguru
INKURU NYAMUKURU

Kayumba Rugema yigambye igitero cy’iterabwoba amasaha 12 mbere yuko kigabwa ku ngabo z’u Rwanda mu karere ka Nyaruguru

Ubwanditsi 27 Jun 2020
Me NTAGANDA Bernard yatangiye imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara kurugaga rw’Abavoka
Mu Rwanda

Me NTAGANDA Bernard yatangiye imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara kurugaga rw’Abavoka

Ubwanditsi 27 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru