• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi   |   05 Dec 2025

  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Ntabwo nenga aba Miss bambara Bikini ahubwo nenga ababategeka kuzambara- Rucagu Boniface

Ntabwo nenga aba Miss bambara Bikini ahubwo nenga ababategeka kuzambara- Rucagu Boniface

Editorial 04 Oct 2018 SHOWBIZ

Rucagu Boniface yanenze abantu bategeka ba Nyampinga kwambara bikini avuga ko aribo babakoresha amakosa.

Rucagu Boniface uba mu kanama ngishwanama k’inararibonye z’igihugu avuga ko Nyampinga atari izina rihabwa abanyura mu marushanwa y’ ubwiza ahubwo ngo byitwaga umukobwa wagaragazaga imico myiza ubwo yabaga avuye iwabo agiye kubaka urwe.

Rucagu Boniface mu kiganiro yagiranye n’umuseke dukesha iyi nkuru yashimye ko hariho irushanwa ry’ubwiza kandi akavuga kandi ko muri rusange Abanyarwandakazi bambara bakikwiza.

Ati:“ Ni abo gushimwa pe kuko n’ abanyamahanga barabashima uzarebe nk’ Abazungu iyo baje inaha usanga bambaye imikenyero kandi babyishimiye cyane.”

Nubwo hari abo ashima ariko ngo hari n’abo anenga cyane cyane mu rubyiruko biyambika ubusa.

Ati “ Niba Abanyarwanda barateye intambwe bakabona ko kwikwiza ari byiza muri iki gihe kuki abana bato bakabigendeyeho bakabikora bakareka kwitesha agaciro biyambika ubusa!”

Yakomoje no kuri ba Miss bajya batorwa ugasanga ngo abantu barabyitiranya bakamuha izina rya nyampinga kandi kuri we ngo bidakwiriye.

Rucagu avuga ko hambere amarushanwa nkariya atabagaho. Gusa ngo ba nyampinga bahozeho.

Ati “ Kwitwa Nyampinga ntibyasaga kunyura mu marushanwa….Nyampinga yari umukobwa urangwa n’ ibikorwa byiza yakoze, ni izina rihabwa umukobwa wavuye mu rugo rw’ ababyeyi agashaka umugabo yagera mu rwe akarufata neza noneho abo mu muryango we bamugana bababaye akababera igisubizo.

Ngo ntabwo anenga aba Miss bambara Bikini ahubwo anenga ababategeka kuzambara

Rucagu kandi yanashimye cyane abakobwa bajya baserukira igihugu mu marushanwa y’ ubwiza bakitwara neza bakavuga neza igihugu iyo mu mahanga.

Ariko ngo akananenga abategeka bariya bakobwa kwambara za bikini.

Ati “ Hari abo njya mbona biyambitse impenure ariko ahanini sibo nenga cyane ahubwo nenga ababibakoresha.”

Rucagu yavuze hagize umukobwa ujya hanze mu mahanga aho bambara biriya nawe akabyambara ngo ntiyamuveba ariko ngo uwajyayo mu izina ry’u Rwanda akambara bikini yamunenga kuko zitari mu muco w’Abanyarwanda.

2018-10-04
Editorial

IZINDI NKURU

Agashya mu birori byo guhemba Abanyamakuru ’Anangwe yatunguranye yambika impeta umukunzi we

Agashya mu birori byo guhemba Abanyamakuru ’Anangwe yatunguranye yambika impeta umukunzi we

Editorial 08 Nov 2017
Diamond Platnumz ari mu mazi abira, arasabwa kuriha Mobetto akayabo ku indezo y’umwana

Diamond Platnumz ari mu mazi abira, arasabwa kuriha Mobetto akayabo ku indezo y’umwana

Editorial 02 Nov 2017
Nyuma y’imyaka itatu y’imikoranire, umuhanzi Amalon yatandukanye na sosiyete icunga inyungu z’abahanzi ya 1K Entertainment iyoborwa na DJ Pius.

Nyuma y’imyaka itatu y’imikoranire, umuhanzi Amalon yatandukanye na sosiyete icunga inyungu z’abahanzi ya 1K Entertainment iyoborwa na DJ Pius.

Editorial 17 Apr 2021
Umuhanzi Bonhomme yatanze ubutumwa bwo guhangana n’ibikorwa byo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye muri Mata 1994.

Umuhanzi Bonhomme yatanze ubutumwa bwo guhangana n’ibikorwa byo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye muri Mata 1994.

Editorial 15 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ese gusenyera MINEAC muri MINICOM bifite ishingiro?
Mu Mahanga

Ese gusenyera MINEAC muri MINICOM bifite ishingiro?

Editorial 06 Oct 2016
Bigirimana Abedi yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Rayon Sports
Amakuru

Bigirimana Abedi yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Rayon Sports

Editorial 26 Jul 2025
Perezida Mitterrand yihanije Abatutsi atanga n’intwaro zo kubica : Itegurwa rya Jenoside
POLITIKI

Perezida Mitterrand yihanije Abatutsi atanga n’intwaro zo kubica : Itegurwa rya Jenoside

Editorial 24 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru