• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Impamvu u Bufaransa bwashyigikiye kandidatire ya Mushikiwabo ku kuyobora OIF

Impamvu u Bufaransa bwashyigikiye kandidatire ya Mushikiwabo ku kuyobora OIF

Ubwanditsi 04 Oct 2018 POLITIKI

Umunyamabanga wa Leta mu Bufaransa ushinzwe Umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa, n’Abafaransa baba mu mahanga, Jean-Baptiste Lemoyne, yavuze ko igihugu cye cyahisemo neza gishyigikira Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, uhatanira kuyobora OIF.

Lemoyne yaganiriye na Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI avuga ku bibazo byibazwa ku kuba igihugu cye kiri inyuma kandidatire ya Mushikiwabo, yerura ko abona izingiro rya OIF riri muri Afurika.

Yagaragaje ko kandidatire ya Mushikiwabo yabanje gushyigikirwa n’umugabane wa Afurika wose mbere yo gushyigikirwa n’u Bufaransa.

Ati “Ni byo koko u Bufaransa, Perezida wa Repubulika yavuze kenshi ko ubu izingiro rya Francophonie riri muri Afurika […] By’akarusho ubu tugiye kwitegura yubile y’imyaka 50 y’umuryango izaba mu 2020 i Tunis, kuba umugore ukomoka muri Afurika yaba ayobora OIF ni ibintu bifite ishingiro.”

Lemoyne yibukijwe ko Perezida Macron na Kagame, bagaragaje ko bamushyigikiye muri Gicurasi uyu mwaka mbere y’uko AU ibigaragaza muri Nyakanga, mu nama yabereye I Nouakchott muri Mauritania.

Yasubije ko ‘u Bufaransa bwashyigikiye kandidatire yari yaramaze kwemezwa, kandi bushaka gushyigikira icyerekezo cya OIF, mu bijyanye n’uburezi, uburezi ku bakobwa ndetse n’indimi byitabwaho, hatibagiranye umubano mushya wabwo na Afurika’.

Yanavuze ko u Rwanda rugaragaza ubushake mu kwigisha Igifaransa, yaba mu mashuri ya leta n’ahandi, rukaba rugaragaza ko rushyigikiye gukoresha indimi nyinshi.

Lemoyne anavuga ku mpungenge ko ururimi rw’Igifaransa rutitatabwaho mu mashuri nyuma yo gusimburwa n’Icyongereza mu burezi mu Rwanda. Yagaragaje ko bidatunguranye mu bihugu bigize OIF kuba bidakoresha Igifaransa gusa.

Ati “Hari ibihugu byinshi biri muri Francophonie bikoresha indimi ebyiri. Reba Canada.”

Yanasubije ku byerekeye abaminisitiri bane b’u Bufaransa bari bashinzwe Francophonie, bavuze ko Mushikiwabo adakwiye kuyobora uyu muryango kuko u Rwanda atari intangarugero muri demokarasi no kubahiriza uburenganzira bwa muntu.

Lemoyne yagaragaje ko ibikorwa byivugira, atanga ingero ko mu minsi ishize hahawe imbabazi abagororwa benshi, ku byerekeye uburinganire bw’abagore n’abagabo, aho u Rwanda ari igihugu ntangarugero muri Afurika mu kubuharanira.

Yanavuze ko yaganiriye na Mushikiwabo ku byerekeye ihindagurika ry’ibihe, asanga abyitayeho cyane ndetse ngo asanga muri manda ye azita ku gushakira ibisubizo ibibazo by’urubyiruko, birimo kubona akazi, ibintu byose biharanira imibereho myiza yarwo, abagore n’abagabo, bakabona ibibatunga.

Lemoyne yavuze ko nta cyo yavuga ku kuba ifungurwa ry’abagororwa babarirwa mu 2000 barimo Victoire Ingabire ryaba rifitanye isano na Francophonie, ati “Ibyo nabonye ni uko uko kubafungura kwabaye. Ni ikimenyetso cyiza. Francophonie si umuryango mpuzamahanga washingiwe gutanga amasomo.”

Mu ijambo Perezida Kagame yavuze amaze kwakira indahiro z’abadepite bashya, yahamije ko nta gitutu yakoreyeho mu gutanga imbabazi ahubwo ko bafunguwe mu buryo bwo gukemura ibibazo no kubaka igihugu.

Yagaragaje ko nta mpungenge afite ko ku wa 12 Ukwakira mu matora y’i Erevan habaho kuba abanyamuryango ba Francophonie bacikamo ibice kubera Michaëlle Jean uyobora OIF ugihanganye na Mushikiwabo.

Icyo cyizere agishingiye ku kuba ibyemezo byose byagiye bifatwa muri Francophonie byakorwaga mu bwumvikane. Ibyo bivuze ko umukandida udashyigikiwe aziyunga ku hari benshi.

Mu nama rusange izabera Erevan muri Arménie ku wa 11-12 Ukwakira 2018 niho hazatorwa uzayobora OIF muri manda y’imyaka itanu iri imbere.

Umunyamabanga wa Leta mu Bufaransa ushinzwe Umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa, n’Abafaransa baba mu mahanga, Jean-Baptiste Lemoyne, yasobanuye icyatumye bashyigikira Mushikiwabo

2018-10-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubukene bw’imitekerereze bwahejeje Twagiramungu Faustin muri gereza y’irondabwoko

Ubukene bw’imitekerereze bwahejeje Twagiramungu Faustin muri gereza y’irondabwoko

Ubwanditsi 14 Feb 2020
Perezida Ndayishimiye Yabeshye icya Semuhanuka, Tshisekedi na FDLR Bakomeje iterabwoba gusa

Perezida Ndayishimiye Yabeshye icya Semuhanuka, Tshisekedi na FDLR Bakomeje iterabwoba gusa

Ubwanditsi 26 Mar 2024
Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize  bahekuye u Rwanda

Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda

RUSHYASHYA 11 Nov 2025
Tshisekedi yashyize yemera kuganira na M23, ikibazo nyamukuru amasezerano bazagirana azayubahiriza?

Tshisekedi yashyize yemera kuganira na M23, ikibazo nyamukuru amasezerano bazagirana azayubahiriza?

Ubwanditsi 12 Mar 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ni iki Bibiliya ivuga ku birebana na Noheli?
ITOHOZA

Ni iki Bibiliya ivuga ku birebana na Noheli?

Ubwanditsi 23 Dec 2016
Abahoze muri FDLR birukanwe muri Congo bakomeje gutaha mu Rwanda
Mu Rwanda

Abahoze muri FDLR birukanwe muri Congo bakomeje gutaha mu Rwanda

Ubwanditsi 28 Nov 2018
Perezida Kagame na Putin bagaragaje inyota yo kongera umubano w’u Rwanda n’u Burusiya
POLITIKI

Perezida Kagame na Putin bagaragaje inyota yo kongera umubano w’u Rwanda n’u Burusiya

Ubwanditsi 14 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru