• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Kivu, isibaniro ry’intambara ikomeye ya Afurika itaribagirana

Kivu, isibaniro ry’intambara ikomeye ya Afurika itaribagirana

Ubwanditsi 06 Oct 2018 ITOHOZA

Intara za Kivu muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo zimaze imyaka igera kuri 24 mu ntambara z’urudaca, aho usanga muri izi ntara iya Kivu y’Amajyepfo n’iya Kivu y’Amajyaruguru, buri munsi habera ubwicanyi, gufata ku ngufu n’ubundi bugizi bwa nabi bugirwamo uruhare n’imitwe y’inyeshyamba.

Dusubire inyuma mu ntambara zabereye mu burasirazuba bwa Congo mu bice byegereye ibihugu by’ibituranyi nk’U Rwanda, U Burundi na Uganda.

Imyaka 24 y’amakimbirane adashira

Aka karere ka Kivu bivugwa ko karuta igihugu cya Portugal mu bunini kisanze mu bibazo mu 1994 ubwo jenoside yakorewe Abatutsi yatumye abahigwaga cyane bisanga bambutse umupaka bahungira muri Kivu. Aba bakurikiwe n’ibihumbi byinshi by’impunzi ziganjemo izo mu bwoko bw’Abahutu nyuma y’aho abayobozi babo birukaniwe ku butegetsi n’ingabo zari iza RPA.

Ibi byatumye intara za Kivu zihinduka indiri z’inyeshyamba ndetse n’ubuhungiro bw’umubare munini w’impunzi.

Perezida Mobutu Sese Seko, wayoboye Zaire yaje guhinduka Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo kuva mu 1966 kugeza mu 1997 ngo muri za 80 yigeze kwangisha abaturage ba Kivu abimukira b’Abanyarwanda.

Ibi byaje gukurikirwa n’intambara 2 zikomeye zatangiriye muri Kivu ziza gukwira mu gice kinini cya Congo hagati y’1996 n’1997 ndetse no kuva mu 1998 kugeza mu 2003.

Intambara ikomeye ya Afurika

Mu ntambara ya mbere, u Rwanda rwashyigikiye umutwe wari ukuriwe na Laurent Desire Kabila mu guhirika umunyagitugu Mobutu Sese Seko, wahiritswe mu 1997. U Rwanda rukaba rwarinjiye muri Congo rugamije no guca intege abasize bakoze jenoside mu Rwanda ndetse bari mu myiteguro yo kongera gutera igihugu.

Ariko, ibihumbi byinshi by’abaturage b’impunzi nibyo byahahuriye n’ibyago.

Akigera ku butegetsi, Kabila yihindukanye U Rwanda na Uganda byamufashije kugera ku butegetsi ahita yirukana ingabo z’ibi bihugu zari zikiri muri Congo, haduka Intambara ya 2 ya Congo.

Iyi ntambara yaje guhuriramo ibihugu 9 bya Afurika ndetse n’imitwe y’inyeshyamba isaga 20, aho bivugwa ko abantu basaga miliyoni 5 bazize iyi ntambara, ibyorezo cyangwa bakazira inzara.

Abanyamateka niho bahereye bita iyi ntambara Intambara Ikomeye ya Afurika (The Great War of Africa).

Inyeshyamba n’ubwicanyi

Imirwano yo muri Kivu yarakomeje kuva icyo gihe kugeza uyu munsi nubwo bitari ku rwego nk’urwa mbere, hazamuka ifatwa ku ngufu n’amakimbirane ashingiye ku moko. Nk’uko byemezwa na Congo Research Group, umushinga w’inyigo wa Kaminuza ya New York, kuri ubu ngo muri kivu zombi habarizwa imitwe yitwaje ibirwanisho igera ku 134 nk’uko iyi nkuru dukesha France 24 ikomeza ivuga.

Umwe muri iyi mitwe ni Allied Democratic Forces (ADF) ugizwe ahanini n’inyeshyam ba z’Abagande bo mu idini ya Islam ukomeje gushinjwa ubwicanyi bukabije muri Kivu y’Amajyaruguru by’umwihariko muri Beni.

Iki gice cya Congo kandi gikomeje no kwibasirwa n’icyorezo cya Ebola, ibitero by’abitwaje ibirwanisho bakomeje kubangamira imirimo y’ishami rya Loni ryita ku buzima, OMS. Iki cyorezo kimaze kwibasira Congo inshuro 10 mu mateka ubwo giheruka cyahitanye abantu bagera ku 100 uhereye muri Kanama mu burasirazuba bwa Kivu y’Amajyaruguru.

Amabuye y’agaciro y’amaraso

Bivugwa ko imitwe myinshi y’inyeshyamba iba ihanganye ipfa ubucukuzi n’ubucuruzi butemewe bw’amabuye y’agaciro bita ay’amaraso yiganjemo Zahabu, Coltan, na Gasegereti bivugwa ko aba akenewe cyane mu nganda zikora ibijyanye n’itumanahaho.

Kivu kandi inakungahaye ku buhinzi n’amashyamba.

2018-10-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mpayimana Phillippe ushaka kuba Perezida, arapfobya Jenoside

Mpayimana Phillippe ushaka kuba Perezida, arapfobya Jenoside

Ubwanditsi 04 Feb 2017
Impamvu Genocide mu Rwanda itari kuba u Bufaransa butabigizemo uruhare

Impamvu Genocide mu Rwanda itari kuba u Bufaransa butabigizemo uruhare

Ubwanditsi 07 Nov 2017
U Bwongereza  bwatangiye iperereza ku banyarwanda batanu bakekwaho uruhare muri Jenoside

U Bwongereza bwatangiye iperereza ku banyarwanda batanu bakekwaho uruhare muri Jenoside

Ubwanditsi 09 Apr 2019
Uko Col Aloys Simba wari umujyanama wa Habyarimana yarekuwe mu ibanga rikomeye

Uko Col Aloys Simba wari umujyanama wa Habyarimana yarekuwe mu ibanga rikomeye

Ubwanditsi 17 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rucyahana aratabaza ku bw’abana bagaragaweho ingengabitekerezo ya Jenoside baravutse nyuma ya 1994
Mu Mahanga

Rucyahana aratabaza ku bw’abana bagaragaweho ingengabitekerezo ya Jenoside baravutse nyuma ya 1994

Ubwanditsi 15 Dec 2016
Uwahoze ari Maneko  mu gisirikare cy’u Burundi  aragaragaza  ko mu barinda Nkurunziza harimo abo muri FDLR
INKURU NYAMUKURU

Uwahoze ari Maneko mu gisirikare cy’u Burundi aragaragaza ko mu barinda Nkurunziza harimo abo muri FDLR

Ubwanditsi 09 Jan 2018
Umusomyi: SISI reka gusaza wanduranije cyane
ITOHOZA

Umusomyi: SISI reka gusaza wanduranije cyane

Ubwanditsi 25 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru