• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»DRC: Opozisiyo isaba Loni kwirinda amayeri ya Kabila mu kuburizamo amatora

DRC: Opozisiyo isaba Loni kwirinda amayeri ya Kabila mu kuburizamo amatora

Ubwanditsi 08 Oct 2018 POLITIKI

Mu gihe kuwa 23 Ukuboza 2018,muri Repubulika Iharanira Demokrasi ya congo biteguye amatora ya Perezida wa Repubulika opozisiyo irasaba Loni kutagwa mu mutego wa Perezida Joseph Kabila.

Aba banyapolitiki bahanganye n’ ishyaka PPRD ya Joseph Kabila wamaze kwemeza ko ataziyamamaza, bakomeje kugira impungenge ko hari umugambi ukomeye ugamije kuburizamo amatora ya perezida wa Repubulika.

Abayobozi barindwi ba opozisiyo muri Congo-Kinshasa (Matungulu, Fayulu, Tshisekedi, Katumbi, Kamerhe, Muzito na Bemba) bifuza ko amatora yaba mu mucyo,mu mudendezo ndetse no m’ ubwisanzure.

Nubwo bifuza ko byarushaho kugenda neza, abatavuga rumwe na Leta ya Perezida Kabila berekana impungenge ndetse bakanemeza ko nta cyizere bafitiye imyiteguro y’ amatora iyobowe na Leta ya Joseph Kabila na Komisiyo y’ amatora (CENI).

Banakomeza bavuga ko mu gihe cyose aya matora atateguwe neza cyangwa se agende neza bishobora kuzagira ingaruka zikomeye k’ umutekano wose w’ Ibihugu by’ Akarere k’ Ibiyaga Bigali.

Zimwe mu ngingo zerekana ko amatora atazagenda neza

Abahagarariye opozisiyo batanga zimwe mu ngingo zerekana ko amatora ateganyijwe kuwa 23 Ukuboza 2018 atazaba mu mucyo cyangwa se akaburizwamo.

Ku ruhande rumwe, ingengo y’ Imari itasobanutse, ubushake buke bwa Leta, kuvugurura no gukoresha igisirikare ku nyungu za Leta, kubuza Moïse Katumbi gutaha mu gihugu, kwangira Bemba na Muzito gutanga kandidatire ni bimwe mu byo opozisiyo yitwaza mu kwerekana ko amatora atazagenda neza.

Ku rundi ruhande, kuba Leta ya Joseph Kabila itagaragaza ubushobozi buhagije bw’ amafaranga bwo gutegura amatora bishobora gutuma iki gikorwa kitaba. Opozisiyo yifuza ko Leta kuraho uburyo bwa tekiniki bwo gutoresha(voiting machine), nk’ uko bikubiye mu masezerano ya Saint Sylvestre muri Afurika y’ Epfo.

Kuwa 6 Ukwakira 2018, I Kinshasa nibwo abanyapolitiki barindwi bayoboye opozisiyo basabye Intumwa za kanama ka Loni gashinzwe Umutekano kubahiriza imyanzuro ya 2348 na 2409 mu rwego rwo gukumira umugambi wa Joseph Kabila wifuza ko Monusco itongererwa manda kugira ngo amatora arusheho guhungabana ndetse no kuburizwamo.

Opozisiyo yasabye Loni kuba maso kuko sibwo bwa mbere Perezida Joseph Kabila yemera ko agiye kurekura ubutegetsi ariko bikarangira atabyubahirije kuko no muri 2016 ni uko byagenze.

2018-10-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

JAMBO ASBL yimanike: Dore Perezida Kagame yavuze ko nta mugambi wo kohereza undi Ambasaderi mu Bubiligi nyuma yo kwanga kwakira Vincent Karega

JAMBO ASBL yimanike: Dore Perezida Kagame yavuze ko nta mugambi wo kohereza undi Ambasaderi mu Bubiligi nyuma yo kwanga kwakira Vincent Karega

Ubwanditsi 20 Sep 2023
Leta y’u Rwanda yaburiye ibihugu bikomeje gushyigikira imitwe y’inyeshyamba ziyirwanya

Leta y’u Rwanda yaburiye ibihugu bikomeje gushyigikira imitwe y’inyeshyamba ziyirwanya

Ubwanditsi 05 Jan 2019
Amahoro mu burasirazuba bwa Kongo aracyari kure nk’ukwezi

Amahoro mu burasirazuba bwa Kongo aracyari kure nk’ukwezi

Ubwanditsi 08 Jul 2024
Burundi: Nkurunziza yakamye ikimasa, Abadiventisiti bari batawe muri yombi barekuwe

Burundi: Nkurunziza yakamye ikimasa, Abadiventisiti bari batawe muri yombi barekuwe

Ubwanditsi 18 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gen. Nyamvumba yakomoje ku mpamvu ingengo y’imari y’igisirikare ikunze kugirwa ibanga
UBUKUNGU

Gen. Nyamvumba yakomoje ku mpamvu ingengo y’imari y’igisirikare ikunze kugirwa ibanga

Ubwanditsi 14 May 2019
Polisi ya Uganda yashyikirije iy’u Rwanda uwashakishwaga akekwaho ubujura
ITOHOZA

Polisi ya Uganda yashyikirije iy’u Rwanda uwashakishwaga akekwaho ubujura

Ubwanditsi 05 Jan 2017
Mu mukino w’umunsi wa 6 wa shampiyona Rayon Sports yatsinzemo Espoir FC 3-0, abakunzi ba Gikundiro bifurije isabukuru nziza Perezida Paul Kagame
Amakuru

Mu mukino w’umunsi wa 6 wa shampiyona Rayon Sports yatsinzemo Espoir FC 3-0, abakunzi ba Gikundiro bifurije isabukuru nziza Perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 24 Oct 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru