• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Mboweni uri mu bafasha Kagame kuvugurura AU yagizwe Minisitiri w’Imari wa Afurika y’Epfo

Mboweni uri mu bafasha Kagame kuvugurura AU yagizwe Minisitiri w’Imari wa Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 10 Oct 2018 UBUKUNGU

Tito Mboweni uri mu itsinda rifasha Perezida Paul Kagame gukora amavugurura mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU, yagizwe Minisitiri w’Imari wa Afurika y’Epfo, asimbuye Nhlanhla Nene weguye.

Kuri uyu wa Kabiri nibwo Perezida Cyril Ramaphosa yatangaje ko Mboweni wigeze kuba Guverineri wa Banki Nkuru ya Afurika y’Epfo, ari we ugomba kuba Minisitiri w’Imari mushya.

Perezida Ramaphosa yabwiye itangazamakuru ati “Nyuma y’ukwegura kwa Nene, nafashe umwanzuro wo kugira Tito Mboweni Minisitiri w’Imari guhera aka kanya.”

“Nk’umuntu wahoze ari Guverineri wa Banki Nkuru na mbere yaho akaba yarabaye Minisitiri w’umurimo, Mboweni arazana muri uyu mwanya ubunararibonye bwinshi mu bijyanye n’imari, politiki y’ubukungu n’imiyoborere.”

Mboweni yabaye Minisitiri w’Umurimo ku butegetsi bwa Nelson Mandela.

Nhlanhla Nene yeguye kuri uyu wa Kabiri nyuma y’amagambo menshi yazamuwe n’abaturage bashingiye ku mbabazi yasabye mu cyumweru gishize, kubera inama z’urudaca yagiranye n’umuryango w’abaherwe b’Abahinde ba Gupta, abasanze iwabo.

Uyu muryango ushinjwa kuba inyuma y’ibyemezo byinshi by’ubukungu muri Afurika y’Epfo ndese n’ishyirwa mu myanya ry’abayobozi batandukanye, cyane ku bwa Perezida Jacob Zuma.

Yeguye nyuma y’uko amashyaka akomeye muri Afurika y’Epfo yanze imbabazi yasabye, ku biganiro yagiranye n’umuryango wa ba Gupta hagati ya 2010 na 2014, guhera ubwo yari yungirije Minisitiri w’imari n’igihe ari Minisitiri ku bwa Perezida Zuma.

Ikinyamakuru Sunday Times cyatangaje ko ubwo yongeraga kugirwa Minisitiri muri Gashyantare uyu mwaka na Perezida Ramaphosa, Nene atigeze amwerurira ko yagirane inama zirindwi na ba Gupta akiri muri guverinoma ya mbere.

Byari biteganyijwe ko Nene yagombaga kugeza ku Nteko Ishinga Amategeko ingengo y’imari y’igihe giciriritse, kuwa 24 Ukwakira.

Inshingano nshya yahawe zishimiwe na bamwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda bazi Mboweni, kubera akazi gakomeye afatanya na Perezida Paul Kagame muri AU.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere, Clare Akamanzi yamushimiye ku nshingano nshya yahawe.

Mu bamushimiye bamwifuriza imirimo myiza kandi harimo Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo.

2018-10-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Icyayi cy’u Rwanda ntikizongera kwitiranywa n’ibindi byayi

Icyayi cy’u Rwanda ntikizongera kwitiranywa n’ibindi byayi

Ubwanditsi 20 Nov 2017
Umusaruro w’ubuhinzi natwe twawitunganyiriza – Perezida Kagame

Umusaruro w’ubuhinzi natwe twawitunganyiriza – Perezida Kagame

Ubwanditsi 08 Sep 2018
Abanyarwanda 38.2% ntibatungwa n’ibihumbi 159Frw ku mwaka

Abanyarwanda 38.2% ntibatungwa n’ibihumbi 159Frw ku mwaka

Ubwanditsi 06 Dec 2018
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi Mukuru w’ibigo bigize Banki y’Isi

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi Mukuru w’ibigo bigize Banki y’Isi

Ubwanditsi 12 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanye-Congo bakomeje kwinjira mu Rwanda batinya imvururu zishobora gukurikira amatora
POLITIKI

Abanye-Congo bakomeje kwinjira mu Rwanda batinya imvururu zishobora gukurikira amatora

Ubwanditsi 07 Jan 2019
Ubutumwa bwa Victoire Ingabire bushimagiza umutwe wa Wazalendo bugenewe FDLR iri muzigize uwo mutwe 
Amakuru

Ubutumwa bwa Victoire Ingabire bushimagiza umutwe wa Wazalendo bugenewe FDLR iri muzigize uwo mutwe 

Ubwanditsi 21 Nov 2023
Igikomangoma cyo muri UAE kiri gushaka amahirwe y’ishoramari mu Rwanda
UBUKERARUGENDO

Igikomangoma cyo muri UAE kiri gushaka amahirwe y’ishoramari mu Rwanda

Ubwanditsi 17 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru