• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Impamvu Canada yaba yaremeye gukura amaboko ku mukandida wayo igashyigikira Mushikiwabo

Impamvu Canada yaba yaremeye gukura amaboko ku mukandida wayo igashyigikira Mushikiwabo

Editorial 12 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU

Ku wa 9 Ukwakira 2018 nibwo inkuru yamamaye ko Canada itagishyigikiye Michaëlle Jean uhatanye na Mushikiwabo Louise ku Bunyamabanga Bukuru bw’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa, OIF.

Icyizere cya Michaëlle cyayoyotse nyuma yuko Canada yabayemo Guverineri (2005-2010) n’Intara ya Québec avukamo bitangaje ko bizashyigikira Mushikiwabo uyobora Ububanyi n’Amahanga bw’u Rwanda kuva mu 2009.

Amatora ateganyijwe kuri uyu wa 12 Ukwakira 2018 mu isozwa ry’inama ya OIF iteraniye i Erevan muri Arménie.

Muri iyi nama kandi Arabie Saoudite yari yasabye kwinjira muri OIF yakuyemo ubusabe bwayo.

Iki gihugu cyagiranye amahari na Canada cyirukana Ambasaderi wayo. Cyanasheshe amasezerano mu by’ubucuruzi n’ishoramari nyuma y’uko Canada ivuze ku mpirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu cyafunze.

Minisitiri wa Canada ushinzwe Ubukerarugendo, Indimi na OIF, Mélanie Joly, yatangaje ko batagishyigikiye Michaëlle ahubwo bari inyuma ya Mushikiwabo.

Irindi tangazo ni irya Québec ryavuze ngo ‘‘Minisitiri w’Intebe François Legault ntazashyigikira ukongerera manda Michaëlle Jean ku Bunyamabanga bwa OIF.”

Michaëlle anengwa gukoresha nabi umutungo wa OIF. Bivugwa ko yashyize ibihumbi $500 mu kuvugurura inzu abamo i Paris, anagura ‘piano’ y’ibihumbi $20.

Icyemezo cy’ibi bihugu cyahujwe no kwiyunga kuri Afurika no gushyigikira amaraso mashya ya Mushikiwabo.

Inzobere ku Mibanire Mpuzamahanga muri Kaminuza y’Ubushakashatsi ya Montreal, Jocelyn Coulon, yatangaje ko Canada yamushyigikiye inatumbiriye imbaraga za Afurika zayisubiza mu Kanama gashinzwe Umutekano ka Loni gashinzwe amahoro ku Isi.

Ati “Ubu Canada, Ibiro bya Minisitiri w’Intebe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga bikwiye kwibanda ku ntego zirambye [nko kujya mu kanama ka Loni]).

Mushikiwabo ashyigikiwe na AU (ifite amajwi 29) ndetse na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, uyobora igihugu gifite ijambo muri OIF.

Mu bihugu 84 bigize OIF, 58 byemerewe gutora mu gihe 26 ari indorerezi.

Kwiyunga kwa Canada kuri ibi bihugu bisobanuye byinshi kuri iki gihugu gishaka kwinjira mu kanama ka Loni muri manda y’imyaka ibiri izatangira ku wa 1 Mutarama 2021.

Canada ihanganiye imyanya ibiri na Norvège na Ireland. Amatora azabera mu Nteko Rusange ya 75 mu 2020. Gutsindira umwanya bizasaba Canada gutorwa n’ibihugu 129 muri 193. Muri byo Afurika ihagarariwe na 54.
Amabwiriza y’aka kanama agena ko ibihugu icumi bisimburana byiyongera kuri bitanu bihoraho birimo u Bushinwa, u Bufaransa, u Burusiya, u Bwongereza na Leta zunze ubumwe za Amerika.

Iki gihugu cyatorewe kwinjiramo inshuro esheshatu ariko kiza gutsindwa mu 2010 ku butegetsi bwa Minisitiri w’Intebe, Stephen Harper. Abasesenguzi babyegetse kuri dipolomasi itaboneye no kugabanya inkunga ku bihugu bya Afurika.

Ibyo bigatuma hari abakeka ko Canada ishaka kugaragaza ko yiteguye gukora ibishoboka byose igashyigikira ibihugu bya Afurika, yiteze ko nayo aho bikenewe izabona amajwi yabyo.

Minisitiri w’Intebe wa Canada, Justin Trudeau aganira na Michaëlle Jean

Mu ijambo rye mu itangizwa ry’Inama ya OIF, Michaël Jean yavuze ko uyu muryango urimo ubwumvikane bw’amatsinda mu nyungu zayo

2018-10-12
Editorial

IZINDI NKURU

Hitezwe iki ku nama hagati ya Perezida Kagame na Museveni ibera I Gatuna kuri uyu wa Gatanu

Hitezwe iki ku nama hagati ya Perezida Kagame na Museveni ibera I Gatuna kuri uyu wa Gatanu

Editorial 20 Feb 2020
Inzibutso enye za Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda zamaze nazo gushyirwa mu murage w’Isi

Inzibutso enye za Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda zamaze nazo gushyirwa mu murage w’Isi

Editorial 20 Sep 2023
Perezida Kagame yashimye agaciro Afurika yahawe mu nama y’ibihugu bikize ku isi

Perezida Kagame yashimye agaciro Afurika yahawe mu nama y’ibihugu bikize ku isi

Editorial 27 Aug 2019
Bombori bombori muri CNRD-Ubwiyunge ya Wilson Irategeka, naho umukuru wa RUD-Urunana yahitanywe n’ibitero bya FARDC

Bombori bombori muri CNRD-Ubwiyunge ya Wilson Irategeka, naho umukuru wa RUD-Urunana yahitanywe n’ibitero bya FARDC

Editorial 04 Sep 2019
Hitezwe iki ku nama hagati ya Perezida Kagame na Museveni ibera I Gatuna kuri uyu wa Gatanu

Hitezwe iki ku nama hagati ya Perezida Kagame na Museveni ibera I Gatuna kuri uyu wa Gatanu

Editorial 20 Feb 2020
Inzibutso enye za Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda zamaze nazo gushyirwa mu murage w’Isi

Inzibutso enye za Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda zamaze nazo gushyirwa mu murage w’Isi

Editorial 20 Sep 2023
Perezida Kagame yashimye agaciro Afurika yahawe mu nama y’ibihugu bikize ku isi

Perezida Kagame yashimye agaciro Afurika yahawe mu nama y’ibihugu bikize ku isi

Editorial 27 Aug 2019
Bombori bombori muri CNRD-Ubwiyunge ya Wilson Irategeka, naho umukuru wa RUD-Urunana yahitanywe n’ibitero bya FARDC

Bombori bombori muri CNRD-Ubwiyunge ya Wilson Irategeka, naho umukuru wa RUD-Urunana yahitanywe n’ibitero bya FARDC

Editorial 04 Sep 2019
Hitezwe iki ku nama hagati ya Perezida Kagame na Museveni ibera I Gatuna kuri uyu wa Gatanu

Hitezwe iki ku nama hagati ya Perezida Kagame na Museveni ibera I Gatuna kuri uyu wa Gatanu

Editorial 20 Feb 2020
Inzibutso enye za Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda zamaze nazo gushyirwa mu murage w’Isi

Inzibutso enye za Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda zamaze nazo gushyirwa mu murage w’Isi

Editorial 20 Sep 2023
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru