• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Rutsiro : Umuryango wa Nyirashuri ubabajwe n’amasambu wahugujwe hirengagijwe amategeko

Rutsiro : Umuryango wa Nyirashuri ubabajwe n’amasambu wahugujwe hirengagijwe amategeko

Editorial 14 Oct 2018 Mu Rwanda

Bamwe mu bo mu muryango w’umukecuru Nyirashuri Bonifride utuye mu karere ka Rutsiro, umurenge wa Mushubati,  bahangayikishijwe n’amasambu y’umubyeyi wabo Ntambiyukuri Stanislas yazunguwe hadakurikijwe itegeko rigenga imicungire y’umutungo w’abashakanye, impano n’izungura. Bakanababazwa n’akarengane bakorewe n’inzego zibanze zirengagije amategeko nkana bagatwarwa imitungo yabo.

Umuryango wa Nyirashuri Bonifride mwene Ntambiyukuri Stanislas witabye Imana mu 20/12/1942 bavuga ko habayeho izungura ku mitungo ye bidakurikije itegeko rigenga imicungire y’umutungo w’abashakanye, impano n’izungura kuko mu izungura hari abahawe amasambu badahuje isano n’abo kwa  Ntambiyukuri Stanislas.

Mukobwajana Florence, umwana wa Mukecuru Nyirashuri Bonifride, agira ati “Ntambiyukuri Stanislas yapfuye tariki 20/12/1942, Mukamugema Dancilla wazunguye ibyacu 100% yaravutse 1944  hashize imyaka ibiri Sogokuru Ntambiyukuri apfuye. Munyakayanza Boniface yavutse 1946 Ntambiyukuri amaze imyaka ine yitabye Imana, aba bose bazunguye ibyacu 100%. Ni akarengane gakomeye kubona umuntu mudahuje amasano aza gutwara iby’abyacu abifashijwemo n’inzego zibanze ndetse n’ubutabera bukabigiriamo uruhare”.

Mukobwajana akomeza avuga ko aba bose bari kuzungura 50% ku ruhande rwa nyina ubabyara witwa Ugurasebuja Cicilia, kuko nyina yababyaye ku wundi mugabo nyuma y’uko umusaza Ntambiyukuri Stanislas yitaba Imana. Yagize ati “twakorewe akarengane gakabije cyane, ubonye ngo ubuyobozi bw’inzego z’ibanze za z’umurenge wa Mushubati zemerere umuntu witwa Clotirida noneho utavuka kuri aba bose nawe azungure ibyacu 100%? Ni ukuri inzego zibishinzwe nizigire icyo zidufasha turenganurwe”

Batunga agatoki inzego z’abunzi bo mu kagari ka Rusebeya, umurenge wa Mushubati ko zaciye urubanza zidafitiye ubushobozi. Bagira bati “ayo masambu, inzu, imirima twambuwe byakorewe igenagaciro, biri hejuru ya miriyoni 15. Ni gute abunzi baburanisha urwo rubanza? Urubanza ntirwari gutangirira mu bunzi byose byishwe n’inzego zibanze aho zandikiye mukecuru Bonifride

zimusaba kwihutira ku murenge kugirango aze kugabana imirima”ibyo byose byavuye mubunzi tugeze murukiko rwa Gihango narwo ntirwaturenganura biturutse kumakosa yakozwe n’inzego zibanze”..

Mukobwajana Florence, umwana wa Bonifride agira ati “Mu rubanza RC 0045/16/TB/GIH rwo ku wa 15/05/2017 rwemeje ko Ntambyukuri Stanislas yitabye Imana ku wa 20/12/1942 (jugement suppletif d’acte de décès) bivuze ko abakomoka kuri Ntambyukuri stanislas aribo bafite kuzungura 100%”.

Mu byangombwa batumwe n’urukiko kugira ngo hamenyekane igihe Stanislas yitabye Imana  no kugirango hamenyekane abana yabyaye, hatanzwe Ibuku  (ibyangombwa byatangwaga muri icyo gihe) hamenyekana igihe yapfiriye n’abana be batatu yasize.

Ibyatangaje abo mu muryango Bonifride ni uko ibuku yatanzwe n’inzego z’ibanze ikemezwa n’urukiko mu gufata icyemezo ko Ntambyukuri stanislas yitabye Imana ku wa 20/12/1942 yaje kugezwa mu rukiko ivuga ko ari impapuro mpimbano, kuri ubu umukecuru Bonifride n’umwana we bakaba barakatiwe n’urukiko gufungwa.

Mukobwajana, umukobwa wa Bonifirida avuga ko aho bigeze ubu umukecuru ategereje kuzaterezwa cyamunara kuko amafaranga yakwa n’inzego z’ubutabera ntaho azayakura mu gihe adasubijwe amasambu ye yazunguwe n’abo badafitanye amasano. Bagira bati “ubu ngubu urubanza rwo kuburana ibuku yatanzwe n’umurenge wa Mushubati bavuga ko atari umurenge wayitanze, ikibazo cy’ibuku kigeze mu rukiko rwa Karong”i.

Itegeko hari icyo rivuga ku makimbirane nk’aya

Nizeyimana Elia, umunyamategeko akaba n’inzobere mu bijyanye n’amategeko y’umuryango, avuga ko Itegeko ritegeka ko umwana azungura ku ruhande rw’umubyeyi we  umwinjiza muri uwo mutungo. Yagize ati “ndi umucamanza, icyo navuga ni uko natanga ½ ku mugore ikindi ½ kikaba kuri nyina w’umuzungura. Hagabanwamo abana bo ku mugore w’isezerano no ku mugabo utari uw’isezerano kugira ngo bikemuke neza.’’

Itegeko rishya rigenga imicungire y’umutungo w’abashakanye, impano n’izungura riteganya ko imanza zose zari mu nkiko mbere y’uko iri tegeko rishya ritangira gukurikizwa zizaburanishwa hakurikijwe ibiteganywa naryo ariko nta gihinduwe ku mihango y’iburanisha yakozwe.

Izungura ryafunguwe guhera ku itariki ya 1 Ukwakira 1990 ariko igabana rikaba ritaraba rizakorwa hakurikijwe iri tegeko (ingingo ya 101).

Rikomeza rivuga ko urutonde rw’abazungura no mu bundi buryo bw’imicungire y’umutungo w’abashyingiranywe. Itegeko ryo muri 1999 ryateganyaga uru rutonde gusa mu buryo bw’ivanguramutungo risesuye

Ukwivuguruza kw’inkiko mu rubanza

Urukiko rwisumbuye rwa Karongi, mu urubanza RP00021/2018 /TGI/KNG mu rwego rwa mbere tariki 19/07/2018 bavuga ko hirengagijwe urubanza RC0120/2015/TB/GIH rwaciwe tariki 20/12/2017 n’urubanza RC0045/16/TB/GIH raciwe kuwa 15/05/2017.

Kubwo kwirengagiza zimwe mu manza n’amategeko, umukecuru Nyirashuri Bonifride  yakatiwe igifungo cy’imyaka ibiri afunze n’indi itatu ari hanze kubera gusaza naho umukobwa we akatirwa imyaka itanu.  Bakurikiranyweho ibuku yatanzwe n’umurenge wa Mushubati akarere ka Rutsiro. ubujurire buri mu rukiko rwa Karongi

Byiringiro Jean Elysee

2018-10-14
Editorial

IZINDI NKURU

Ibikorwa by’icyumweru cya Polisi 2018: Hatangijwe icyumweru cyahariwe kurwanya ruswa

Ibikorwa by’icyumweru cya Polisi 2018: Hatangijwe icyumweru cyahariwe kurwanya ruswa

Editorial 05 Jun 2018
Reba Video: Ap. Gitwaza avuga ko ari we muhanuzi wa mbere muri Afurika ukaze

Reba Video: Ap. Gitwaza avuga ko ari we muhanuzi wa mbere muri Afurika ukaze

Editorial 26 Sep 2018
Dr Frank Habineza  we yijeje abaturage kuzabakuriraho imisoro y’ubutaka

Dr Frank Habineza we yijeje abaturage kuzabakuriraho imisoro y’ubutaka

Editorial 19 Jul 2017
Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

Editorial 24 May 2022
Ibikorwa by’icyumweru cya Polisi 2018: Hatangijwe icyumweru cyahariwe kurwanya ruswa

Ibikorwa by’icyumweru cya Polisi 2018: Hatangijwe icyumweru cyahariwe kurwanya ruswa

Editorial 05 Jun 2018
Reba Video: Ap. Gitwaza avuga ko ari we muhanuzi wa mbere muri Afurika ukaze

Reba Video: Ap. Gitwaza avuga ko ari we muhanuzi wa mbere muri Afurika ukaze

Editorial 26 Sep 2018
Dr Frank Habineza  we yijeje abaturage kuzabakuriraho imisoro y’ubutaka

Dr Frank Habineza we yijeje abaturage kuzabakuriraho imisoro y’ubutaka

Editorial 19 Jul 2017
Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

Editorial 24 May 2022
Ibikorwa by’icyumweru cya Polisi 2018: Hatangijwe icyumweru cyahariwe kurwanya ruswa

Ibikorwa by’icyumweru cya Polisi 2018: Hatangijwe icyumweru cyahariwe kurwanya ruswa

Editorial 05 Jun 2018
Reba Video: Ap. Gitwaza avuga ko ari we muhanuzi wa mbere muri Afurika ukaze

Reba Video: Ap. Gitwaza avuga ko ari we muhanuzi wa mbere muri Afurika ukaze

Editorial 26 Sep 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru