• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Buyoya aribaza impamvu ashinjwe kwica Ndadaye hashize imyaka 25

Buyoya aribaza impamvu ashinjwe kwica Ndadaye hashize imyaka 25

Ubwanditsi 06 Dec 2018 POLITIKI

Pierre Buyoya wahoze ari Perezida w’u Burundi, avuga ko nta ruhare na rumwe yagize mu rupfu rwa Perezida Ndadaye wishwe mu mwaka wa 1993. Ashimangira ko kuzura dosiye y’urupfu rwe ari amayeri ya Leta y’i Bujumbura.

Mu mpera z’icyumweru gishize nibwo Ubushinjacyaha bw’u Burundi bwosohoye impapuro zisaba ko abantu 17  barimo na Buyoya batabwa muri yombi, mu gihe bashinjwa kugira uruhare mu rupfu rwa Ndadaye.

Mu kiganiro yagiranye na BBC, Buyoya yatanze ingero z’ibyakozwe mu gukurikirana abishe Ndadaye, ko mu gihe cy’imyaka 25 ishize atumva uburyo aribwo ashyizwe mu majwi.

Ati “Muri ziriya mpapuro hari ibintu bitari bike bitangaje, hashize imyaka 25, icya kabiri, habaye amaperereza yakozwe na Loni, hari imanza zaciwe n’inkiko zo mu Burundi hagira n’abantu babihanirwa, muri icyo gihe cyose izina ryanjye ntiryigeze rivugwa n’umuntu n’umwe,…”.

Akomeza avuga ko urupfu rwa Ndadaye n’ubundi bwicanyi bwakozwe mu Burundi, byahawe umwanya munini mu biganiro by’i Arusha, bugarukwaho cyane hashakwa uburyo Abarundi bakwiyunga bamaze kumenya ukuri kw’amateka y’ahahise, aha naho ngo izina rye ntiryavuzwe.

Umunyamakuru amwibukije ko bishoboka ko yaba atakurikiranwe ahanini bitewe n’uko wenda yari afite ubudahangarwa, Buyoya yahise avuga ko ntaho bihuriye, ahubwo ko Leta y’u Burundi isohoye izi mpapuro nk’urwitwazo mu gihe yugarijwe n’ibibazo.

Yagize ati “si ndimo kuburana n’umuntu uwo ari we wese, ubwicanyi bwabaye mu Burundi ni bwinshi [1972, 1993] ibyo byose nibyo abantu bari mu biganiro i Arusha bagarutseho cyane, ntibigeze bavuga ko ubu bucanyi butakurikiranwa, impamvu bije ubungungu nicyo nshaka gusobanura,…”.

Buyoya arakomeza, ati “ntabwo ari ibintu bijyanye na gatoya n’ubutabera, ni ibintu bya politiki, nibaza ko ubutegetsi bw’i Bujumbura bugomba kwibagiza ibibazo bufite, kugira ngo bwereke abaturage ko hariho ibindi bibazo bikomeye bibagirwe ibindi biriho”.

Melchior Ndadaye yishwe ku wa 21 Ukwakira 1993, amaze iminsi 100 abaye Perezida w’u Burundi, urupfu rwe rwakurikiwe n’ubwicanyi mu gihugu.

2018-12-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda ikomeje kurenga ku masezerano ya Luanda mu buryo butari bushya mu migirire yayo

Uganda ikomeje kurenga ku masezerano ya Luanda mu buryo butari bushya mu migirire yayo

Ubwanditsi 02 Dec 2019
Sebutege Ange atorewe kuyobora Akarere ka Huye

Sebutege Ange atorewe kuyobora Akarere ka Huye

Ubwanditsi 29 Jun 2018
U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika mu kugira ubuyobozi bukorera mu mucyo

U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika mu kugira ubuyobozi bukorera mu mucyo

Ubwanditsi 22 Nov 2017
Abaturage b’i Goma muri Kongo barishimira uburyo bakiriwe mu Rwanda ubwo bahahungiraga muri izi mpera z’icyumweru, ikirunga cya Nyiragongo kirimo kuruka. Baboneyeho kwamagana Martin Fayulu na Denis Mekwege bavuga ibinyoma ku Rwanda.

Abaturage b’i Goma muri Kongo barishimira uburyo bakiriwe mu Rwanda ubwo bahahungiraga muri izi mpera z’icyumweru, ikirunga cya Nyiragongo kirimo kuruka. Baboneyeho kwamagana Martin Fayulu na Denis Mekwege bavuga ibinyoma ku Rwanda.

Ubwanditsi 23 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Intambara iratutumba, Gen. Alain Guillaume Bunyoni wafatwaga nka numero ya 2 yaba afungishijwe ijisho
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Intambara iratutumba, Gen. Alain Guillaume Bunyoni wafatwaga nka numero ya 2 yaba afungishijwe ijisho

Ubwanditsi 18 Oct 2019
AS Kigali yatsinze Espoir 4-0 mu mukino Shabalala yuzurijemo ibitego 10; Rayon Sports itsindiwe i Rubavu na Etincelles FC
Uncategorized

AS Kigali yatsinze Espoir 4-0 mu mukino Shabalala yuzurijemo ibitego 10; Rayon Sports itsindiwe i Rubavu na Etincelles FC

Ubwanditsi 11 Dec 2022
Tumenye Bamwe Mu Barwanya Leta Y’u Rwanda
ITOHOZA

Tumenye Bamwe Mu Barwanya Leta Y’u Rwanda

Ubwanditsi 27 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru