• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Imyigaragambyo i Bujumbura n’Uko Museveni yapanze ko  UBurundi bugomba gupfa akabigereka k’u Rwanda

Imyigaragambyo i Bujumbura n’Uko Museveni yapanze ko  UBurundi bugomba gupfa akabigereka k’u Rwanda

Editorial 07 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Nkuko tumaze iminsi tubivuga mu nkuru zacu zitandukanye  iyo usesenguye ibibera mu Burundi muri kino gihe wibaza aho bigana bikakuyobera, ariko abasesenguzi bavuga ko ntahandi  u Burundi bugana uretse kurohama mu manga.

Perezida Nkurunziza amaze igihe kinini  yiyenza, ashakisha impamvu  iyo ariyo yose  yakora u Rwanda mujisho ariko  u Rwanda rukamera nka ya ntare isinziriye. Perezida Nkurunziza ageze aho ameze nk’ikihebe kuko afite ibibazo byinshi byamunaniye gukemura, agashaka uwo abyegekaho [ u Rwanda ] arashakisha ibintu  byose yitwaza, ajijisha amahanga, aho  kugirango amahanga amenye ibibera i Burundi n’uburyo ibibazo byugarije u Burundi n’Abarundi byatorerwa umuti nkuko byari ku murongo w’ibyigwa munama ya 20  y’abakuru b’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EAC, yagombaga kubera i Arusha,  yasubitswe ku munota wa nyuma abayobozi bageze muri Tanzania, bategereje abahagarariye u Burundi baraheba.

Kuri ubu u Burundi burasaba inama idasanzwe y’uyu muryango yo kurangiza umwuka mubi hagati y’iki gihugu n’u Rwanda.

Mu ibaruwa u Burundi  bwakwirakwije kuri Social Media nyamara yari yagenewe  Perezida Museveni akaba na Chairman wa EAC kuwa 04 Ukuboza, Perezida Pierre Nkurunziza yasabye ko haba inama idasanzwe y’umuryango wa EAC, izigirwamo gusa ikibazo cy’amakimbirane hagati y’u Burundi n’u Rwanda.

Ati: “By’umwihariko ndashima icyemezo cyanyu cyo kongera amakimbirane y’u Burundi n’u Rwanda ku byagombaga kwigirwa mu nama yo mu Ugushyingo 2018, gusa, ikibazo cy’u Burundi n’u Rwanda kirakomeye ku buryo kigomba kwigwa nk’ingingo ukwayo.”

Perezida Nkurunziza arageraka ikibazo cye ku Rwanda mugihe mu Burundi abantu bakomeje kuburirwa irengero abandi bakicwa ntibitorerwe umuti, niyo mpamvu Nkurunziza ari kwandika amabarowa yo kujijisha ashaka y’uko ikibazo cy’u Burundi n’u Rwanda cyajya kuri gahunda y’inama ya EAC yo kuri 27 kuko azi neza ko bitazakunda abone impamvu yo kutitabira iyo nama. Ibyo gufata ba Buyoya ni ukugirango ajijishe amahanga, arangaze abantu kuko azi neza ko Buyoya ari muri  Union Africaine, noneho UA aho kugirango ihange amaso ikibazo cy’uBurundi, irangarire mu gukemura ikibazo cya Buyoya.

Perezida Nkurunziza yivanye muri CPI, none yirukanye na Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe uburenganzira bwa muntu, ubu arashakisha amayeri yose  ya mukura muri EAC, akaba wenyine  I Ngozi ntawe ugira icyo azamubaza ku mahano yabereye i Burundi akozwe n’ ubutegetsi bwe. Yigize ikihebe !arasha kubaka ubwami,  abarundi bamuramye, abe nka babami bakera  n’amahanga ntamenye ibibera mu Burundi kugeza avuye k’ubutegetsi.

Ni muri urwo rwego Perezida Nkurunziza yategetse Abaturage bose bo  mu makomini n’umujyi wa Bujumbura kubyukira mu myigaragambyo ejo kuwa gatandatu tarikiya 8 Ukuboza 2018, yo kwamagana  u Rwanda nk’uko bamaganye Ububiligi,  aho Nkurunziza  yategetse ko abantu benshi baturuka mu makomini anyuranye y’umujyi wa Bujumbura, bakora urugendo rurimo n’imyigaragambyo.

Imyigaragambyo

Muri uru rugendo, abazarwitabira bazaririmba  indirimbo  ziramya Nkurunziza ari nako zamagana igihugu cy’u Rwanda. Bavuga ko Ababiligi  n’u Rwanda bishe Rwagasore, Ndadaye, Ntaryamira, none muri iki gihe ngo barashaka kwica Perezida wabo  Pierre Nkurunziza,  ayo niyo magambo y’intero yaririmbwaga n’abantu bari imbere bayoboye imyigaragambyo  yamaganaga Ububiligi ninako bizagenda ku munsi w’ejo aho bazaba baririmba  bamagana u Rwanda nkuko amakuru yatugezeho avuga.  Mu ndirimbo bazaririmba, imbonerakure,  ngo zizizeza Perezida Nkurunziza ko « Bari maso », bagiraga bati “Nkurunziza yaracakiye ntabwo azongera kurekura” . Reba [ Video ]

Abigaragambije  bose bahurira ku kibuga kiri imbere y’ibitaro bya kaminuza yo mu Kamenge, bigaragambya babanje kunyura  mu ibarabara rya « Boulevard du 28 Novembre », rinyura imbere y’ambasade y’igihugu cy’Ububiligi.

Iyi myigaragambyo ikaba itegurwa no kumunsi w’ejo kuwa gatandatu tariki ya 8 Ukuboza 2018 yo gushyigikira Nkurunziza no kwamagana u Rwanda na EAC.

UBurundi bumaze igihe bwegeranya FDLR, Interahamwe n’ Imbonerakure nyinshi zegerezwa ku mupaka w’u Rwanda, ari nako bohereza intasi hakurya mu Rwanda zinyuze ku rubibe u Rwanda ruhana n’u Burundi za Kayanza, Kirundo , Mugombwa mu cyahoze ari Kibayi aho hose ni mu Ntara y’amajyepfo.

Museveni yapanze ko UBurundi bugomba gupfa noneho akabigereka ku  Rwanda, niyo mpamvu Perezida Museveni ari gukora ibishoboka byose  ngo mukarere habe akaduruvayo. Nkurunziza ari kwiyenza kuri buri wese, azura akaboze  harimo no gufata aboyita ko bagize uruhare mu rupfu rwa Ndadaye, barimo na Buyoya  w’umututsi kugirango Abatutsi mu Burundi bagumuke bityo UBurundi bubemo akaduruvayo bigerekwe k’u Rwanda.  Uganda ibone impamvu ya nyayo yo kugera ku mugambi  w’igihe kirekire  wo guteza intambara mu Karere , ashyigikire u Burundi na RNC ya Kayumba nyamwasa, byitwako arimo gutabara akarere. Nguwo umugambi wa panzwe na Uganda ariko izaba ari intambara ngo yo gukuraho ubutegetsi mu Rwanda.

Muri Amerika hari ikigo  cy’abazungu  gikomeye kitwa pax enomas,  gikorana na Congress b’Amerika  ni cyo kimaze iminsi gitanga inkunga yo kujya kuburanira abo bose bafungurwa mu Rwanda,  icyo kigo gifite amafaranga menshi ngo nicyo cyiteguye gufasha UBurundi na Uganda gukuraho ubutegetsi mu Rwanda,  ngo ninacyo kimaze iminsi kigura intwaro  za gisikare  muri Rumania, Russia zikoherezwa I Burundi, bagamije gutera akaduruvayo mu karere kose. Ngizo inama zimaze iminsi zihuza abasilikare bakuru b’uBurundi na Uganza zikabera i Kampala mu ibanda rikomeye.

N’ubwo bimeze gutyo hari amakuru avuga ko muri systeme ya CNDD/FDD harimo abantu bababaye cyane, batishimiye ibyo Nkurunziza arimo muri iki gihe, abo  bivugwa ko bashobora gukora akantu.

2018-12-07
Editorial

IZINDI NKURU

Nta kibabaza nko kubona urubyiruko rutageze ku ntumbero kubera kubura amahirwe –Kagame

Nta kibabaza nko kubona urubyiruko rutageze ku ntumbero kubera kubura amahirwe –Kagame

Editorial 25 Sep 2018
“Abantu nka Ingabire[ Victoire] urabareka ikibi kibarimo kikaba aricyo kibagiraho ingaruka” – Paul Kagame.

“Abantu nka Ingabire[ Victoire] urabareka ikibi kibarimo kikaba aricyo kibagiraho ingaruka” – Paul Kagame.

Editorial 14 Jul 2024
Nyamara ishyamba si ryeru hagati ya Nairobi na Kinshasa

Nyamara ishyamba si ryeru hagati ya Nairobi na Kinshasa

Editorial 08 May 2024
Nyuma y’uko abasirikari 41 basezerewe mu Ngabo z’u Rwanda, Gatumwa za Uganda zaba zatangiye koshya bamwe muri bo ngo bajye gusiga agatwe mu mitwe y’iterabwoba.

Nyuma y’uko abasirikari 41 basezerewe mu Ngabo z’u Rwanda, Gatumwa za Uganda zaba zatangiye koshya bamwe muri bo ngo bajye gusiga agatwe mu mitwe y’iterabwoba.

Editorial 12 Mar 2021
Nta kibabaza nko kubona urubyiruko rutageze ku ntumbero kubera kubura amahirwe –Kagame

Nta kibabaza nko kubona urubyiruko rutageze ku ntumbero kubera kubura amahirwe –Kagame

Editorial 25 Sep 2018
“Abantu nka Ingabire[ Victoire] urabareka ikibi kibarimo kikaba aricyo kibagiraho ingaruka” – Paul Kagame.

“Abantu nka Ingabire[ Victoire] urabareka ikibi kibarimo kikaba aricyo kibagiraho ingaruka” – Paul Kagame.

Editorial 14 Jul 2024
Nyamara ishyamba si ryeru hagati ya Nairobi na Kinshasa

Nyamara ishyamba si ryeru hagati ya Nairobi na Kinshasa

Editorial 08 May 2024
Nyuma y’uko abasirikari 41 basezerewe mu Ngabo z’u Rwanda, Gatumwa za Uganda zaba zatangiye koshya bamwe muri bo ngo bajye gusiga agatwe mu mitwe y’iterabwoba.

Nyuma y’uko abasirikari 41 basezerewe mu Ngabo z’u Rwanda, Gatumwa za Uganda zaba zatangiye koshya bamwe muri bo ngo bajye gusiga agatwe mu mitwe y’iterabwoba.

Editorial 12 Mar 2021
Nta kibabaza nko kubona urubyiruko rutageze ku ntumbero kubera kubura amahirwe –Kagame

Nta kibabaza nko kubona urubyiruko rutageze ku ntumbero kubera kubura amahirwe –Kagame

Editorial 25 Sep 2018
“Abantu nka Ingabire[ Victoire] urabareka ikibi kibarimo kikaba aricyo kibagiraho ingaruka” – Paul Kagame.

“Abantu nka Ingabire[ Victoire] urabareka ikibi kibarimo kikaba aricyo kibagiraho ingaruka” – Paul Kagame.

Editorial 14 Jul 2024
prev
next

9 Ibitekerezo

  1. Emmy
    December 7, 20185:13 pm -

    Mana urinde igihugu cyacu aba banzi b’amahoro nkuko warinze Abisirayeri ,Goliati akicwa n’akana gato.David
    ibyiburundi byo namayobera dore vubaha muri komine Kigamba mu ntara ya CANKUZO hanyerejwe umuhungu wumusore wumuganga nubu yaburiwe irengero.

    Subiza
    • Sunday
      December 9, 20182:37 pm -

      Good job. Narabivuze ko akarere karihafi kugira umutekano Abanyarwanda duhabwe uburenganzira bwacyu

      Subiza
  2. Kanuma
    December 7, 20185:44 pm -

    Ariko rushyashya urasetsa rwose, ngo mu burundi abantu baburirwa irengero ?? mu rda se ho bimeze bite ???

    Subiza
    • Sunday
      December 9, 20182:39 pm -

      Babwire izomburamukoro

      Subiza
  3. Kanuma
    December 7, 20185:53 pm -

    Ikindi kandi ko mu rda ngo pressure ibakorerwa ubwo abanyamerika bagowe baje bate mu manza zanyu ???

    Subiza
  4. Daniel
    December 7, 201810:39 pm -

    Urwanda ruzatsinda iyi ntambara.
    Museven azacishwa bugufi naho nkurunziza we urwango afite ruramugusha, bisa nibyarenze igaruriro.

    Subiza
    • Sunday
      December 9, 20182:42 pm -

      Hahahaha. Kagome ahambire utworoshye ahungire iyoyavuye dore ko atari numunyarwanda

      Subiza
      • Sacyega
        December 9, 20185:29 pm -

        Icyo navuga Ibihugu bibane mu mahoro kuko Nkurunziza yagumye k’ubutegetsi mandat ye yarangiye, Museveni we yararambiranye , nta mu Perezida wo gutegeka imyaka irenga 10,no mu Rda itegekonshinga ryarahindutse , amakosa aterwa no gutinda k’ubutegetsi ntakindi, habanze hakemurwe icyo kibazo, Tanzania hari ibibazo nk’ibi ifite? Kubona bigera aho umuntu utoresha atinyuka kubwira umuntu ngo tora aha ? İmpapuro zigacibwa commussion y’amatora ntugire icyo ibikoraho? Igisubizo twubahane , twubake ahazaza h’igihugu heza kuko twe turi gusaza dusige umurage mwiza.

        Subiza
  5. Sacyega
    December 9, 20185:27 pm -

    Icyo navuga Ibihugu bibane mu mahoro kuko Nkurunziza yagumye k’ubutegetsi mandat ye yarangiye, Museveni we yararambiranye , nta mu Perezida wo gutegeka imyaka irenga 10,no mu Rda itegekonshinga ryarahindutse , amakosa aterwa no gutinda k’ubutegetsi ntakindi, habanze hakemurwe icyo kibazo, Tanzania hari ibibazo nk’ibi ifite? Kubona bigera aho umuntu utoresha atinyuka kubwira umuntu ngo tora aha ? İmpapuro zigacibwa commussion y’amatora ntugire icyo ibikoraho? Igisubizo twubahane , twubake ahazaza h’igihugu heza kuko twe turi gusaza dusige umurage mwiza.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru