• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye   |   14 Sep 2026

  • Police VC yinjije abakinnyi batatu bashya, barimo Rosaly Chioma uvuye muri Macedonia y’Amajyaruguru   |   14 Sep 2026

  • AMAFOTO – APR FC na Rayon Sports zageze mu kiciro cya cya kabiri cy’Imikino Nyafurika ya CAF, Al Hilal na Al Merrikh zihagaze neza   |   13 Sep 2026

  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»EU yongereye igihe ku bihano yafatiye umukandida Shadary watanzwe na Perezida Kabila
Emmanuel Ramazani Shadary ashinjwa na EU gukora bimwe mu byaha, birimo guhonyora uburenganzira bwa muntu mu gihugu cye

EU yongereye igihe ku bihano yafatiye umukandida Shadary watanzwe na Perezida Kabila

Ubwanditsi 11 Dec 2018 POLITIKI

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, wongereye igihe ku bihano wafatiye Emmanuel Ramazani Shadary, umukandida watanzwe na Perezida Joseph Kabila, mu matora y’umukuru w’igihugu azaba muri Repubulika Iharanira demokarasi ya Congo, tariki ya 23 uku kwezi.

Ibi bihano kandi byongeye guhabwa abandi bantu 13 ba hafi ba Perezida Kabila, ibintu ubutegetsi bwe bwamaganiye kure.

Nubwo Leta ya Perezida Kabila yagiye ivuga ko ibi bihano bigomba kuvanwaho, uyu muryango wongereye ibi bihano kugeza tariki ya 12 Ukuboza 2019.

Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi bari bateraniye mu Bubiligi, nibo bafashe icyemezo kuri ibi bihano birimo; kubuzwa gutemberera mu bihugu 28 bihuriye muri EU no gufatira imitungo yabo, nk’uko Jeune Afrique yabyanditse.

Emmanuel Ramazani Shadary ashinjwa n’uyu muryango gukora bimwe mu byaha, birimo guhonyora uburenganzira bwa muntu mu gihugu cye, ubwo yari Minisitiri w’Intebe wungirije akaba na Minisitiri w’Umutekano w’imbere, bamwe mu bamaganaga manda za Perezida Kabila bakaba baragiye bicwa bari mu myigaragambyo.

Jean-Claude Mokeni, umwe mu bagize itsinda rishinzwe kwamamaza Emmanuel Ramazani Shadary akaba no muri Sena y’iki gihugu, yamaganye iki cyemezo aho yagize “Twe turemeza ko iki ari icyemezo kitari cyiza, gishobora gukongeza umuriro muri iki gihugu kubera ko kugeza uyu munsi abatavuga rumwe n’ubutegetsi urabona ko batangiye kucyuririraho bangiza izina ry’umukandida wacu.”

Mokeni yanavuze ko mu gihe Shadary ngo yaba atsinze amatora ibi bihano bizavanwaho, ariko akongera kwemeza ko ibi bihano bibangamiye demokarasi muri iki gihugu n’amatora arimo gutegurwa.

Shadary w’imyaka 58 yavukiye mu Ntara ya Maniema ahitwa Kilungay, mu Karere ka Kabambare, akaba mu mabyiruka ye yarakuze abwirwa ko azaba umuhanga n’umuntu ukomeye.

Mu 2015, Shadary yagizwe umunyamabanga wungirije w’ishyaka PPRD rya Joseph Kabila Kabange, mu mwaka wakurikiyeho ku itariki ya 19 Ukuboza 2016, agirwa Minisitiri w’Intebe wungirije akaba na Minisitiri w’Umutekano w’imbere mu gihugu kugeza kuwa 22 Gashyantare 2018.

2018-12-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwatanze impapuro 900 zisaba guta muri yombi abakekwaho Jenoside bakidegembywa

U Rwanda rwatanze impapuro 900 zisaba guta muri yombi abakekwaho Jenoside bakidegembywa

Ubwanditsi 18 Dec 2018
Amerika yasabye Odinga kureka ibyo kurahirira kuyobora Kenya arabyanga

Amerika yasabye Odinga kureka ibyo kurahirira kuyobora Kenya arabyanga

Ubwanditsi 07 Dec 2017
Ku Rwibutso rwa Rebero Hashyinguye  Inzirakarengane z’Abanyapolitiki bishwe muri Jenoside, Menya byinshi n’Impamvu hongeweho n’abandi

Ku Rwibutso rwa Rebero Hashyinguye Inzirakarengane z’Abanyapolitiki bishwe muri Jenoside, Menya byinshi n’Impamvu hongeweho n’abandi

Ubwanditsi 13 Apr 2025
Perezida Macron arabazwa niba agiye gutsura umubano n’u Rwanda akanakurikirana abaruhekuye

Perezida Macron arabazwa niba agiye gutsura umubano n’u Rwanda akanakurikirana abaruhekuye

Ubwanditsi 17 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC yanganyije na Police FC ifata umwanya wa mbere muri shampiyona y’u Rwanda by’agateganyo 

RUSHYASHYA 21 Feb 2026
Nyagatare: Abaturage bakanguriwe kwirinda ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’iry’ abana
Mu Mahanga

Nyagatare: Abaturage bakanguriwe kwirinda ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’iry’ abana

Ubwanditsi 13 May 2016
Twagiramungu Faustin yibasiwe ubwo yanengaga itorwa rya Louise Mushikiwabo
INKURU NYAMUKURU

Twagiramungu Faustin yibasiwe ubwo yanengaga itorwa rya Louise Mushikiwabo

Ubwanditsi 13 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye

Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye

14 Sep 2026
Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru