• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»EU yongereye igihe ku bihano yafatiye umukandida Shadary watanzwe na Perezida Kabila
Emmanuel Ramazani Shadary ashinjwa na EU gukora bimwe mu byaha, birimo guhonyora uburenganzira bwa muntu mu gihugu cye

EU yongereye igihe ku bihano yafatiye umukandida Shadary watanzwe na Perezida Kabila

Ubwanditsi 11 Dec 2018 POLITIKI

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, wongereye igihe ku bihano wafatiye Emmanuel Ramazani Shadary, umukandida watanzwe na Perezida Joseph Kabila, mu matora y’umukuru w’igihugu azaba muri Repubulika Iharanira demokarasi ya Congo, tariki ya 23 uku kwezi.

Ibi bihano kandi byongeye guhabwa abandi bantu 13 ba hafi ba Perezida Kabila, ibintu ubutegetsi bwe bwamaganiye kure.

Nubwo Leta ya Perezida Kabila yagiye ivuga ko ibi bihano bigomba kuvanwaho, uyu muryango wongereye ibi bihano kugeza tariki ya 12 Ukuboza 2019.

Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi bari bateraniye mu Bubiligi, nibo bafashe icyemezo kuri ibi bihano birimo; kubuzwa gutemberera mu bihugu 28 bihuriye muri EU no gufatira imitungo yabo, nk’uko Jeune Afrique yabyanditse.

Emmanuel Ramazani Shadary ashinjwa n’uyu muryango gukora bimwe mu byaha, birimo guhonyora uburenganzira bwa muntu mu gihugu cye, ubwo yari Minisitiri w’Intebe wungirije akaba na Minisitiri w’Umutekano w’imbere, bamwe mu bamaganaga manda za Perezida Kabila bakaba baragiye bicwa bari mu myigaragambyo.

Jean-Claude Mokeni, umwe mu bagize itsinda rishinzwe kwamamaza Emmanuel Ramazani Shadary akaba no muri Sena y’iki gihugu, yamaganye iki cyemezo aho yagize “Twe turemeza ko iki ari icyemezo kitari cyiza, gishobora gukongeza umuriro muri iki gihugu kubera ko kugeza uyu munsi abatavuga rumwe n’ubutegetsi urabona ko batangiye kucyuririraho bangiza izina ry’umukandida wacu.”

Mokeni yanavuze ko mu gihe Shadary ngo yaba atsinze amatora ibi bihano bizavanwaho, ariko akongera kwemeza ko ibi bihano bibangamiye demokarasi muri iki gihugu n’amatora arimo gutegurwa.

Shadary w’imyaka 58 yavukiye mu Ntara ya Maniema ahitwa Kilungay, mu Karere ka Kabambare, akaba mu mabyiruka ye yarakuze abwirwa ko azaba umuhanga n’umuntu ukomeye.

Mu 2015, Shadary yagizwe umunyamabanga wungirije w’ishyaka PPRD rya Joseph Kabila Kabange, mu mwaka wakurikiyeho ku itariki ya 19 Ukuboza 2016, agirwa Minisitiri w’Intebe wungirije akaba na Minisitiri w’Umutekano w’imbere mu gihugu kugeza kuwa 22 Gashyantare 2018.

2018-12-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ni nde Muyobozi ukwiriye u Rwanda

Ni nde Muyobozi ukwiriye u Rwanda

Ubwanditsi 13 Feb 2017
Lt Col Mpakaniye yamaze imyaka 12 arinda abayobozi ba FDLR yanabaye umuvugabutumwa muri ADEPR

Lt Col Mpakaniye yamaze imyaka 12 arinda abayobozi ba FDLR yanabaye umuvugabutumwa muri ADEPR

RUSHYASHYA 26 Nov 2025
Mugabe ashobora kongera kwiyamamariza kuyobora Zimbabwe

Mugabe ashobora kongera kwiyamamariza kuyobora Zimbabwe

Ubwanditsi 06 Mar 2018
Polisi yasimbuje Umuvugizi maze CP Kabera JB Ahabwa inshingano nshya

Polisi yasimbuje Umuvugizi maze CP Kabera JB Ahabwa inshingano nshya

Ubwanditsi 30 Aug 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC
Amakuru

Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC

Ubwanditsi 30 May 2025
Uganda : Andi makuru agaragaza uburyo CMI na RNC barimo guhatira abanyarwanda kwinjira mu gisirikare cya Kayumba
INKURU NYAMUKURU

Uganda : Andi makuru agaragaza uburyo CMI na RNC barimo guhatira abanyarwanda kwinjira mu gisirikare cya Kayumba

Ubwanditsi 29 Apr 2019
Burera: Abayobozi b’inzego z’ibanze basabwe gushyira imbaraga mu kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana
Mu Mahanga

Burera: Abayobozi b’inzego z’ibanze basabwe gushyira imbaraga mu kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana

Ubwanditsi 12 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru