• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Abanye-Congo bakomeje kwinjira mu Rwanda batinya imvururu zishobora gukurikira amatora

Abanye-Congo bakomeje kwinjira mu Rwanda batinya imvururu zishobora gukurikira amatora

Editorial 07 Jan 2019 POLITIKI

Abaturage bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bakomeje kwinjira ku bwinshi ku mipaka igabanya icyo gihugu n’u Rwanda mu karere ka Rubavu batinya imvururu zishobora gukurikira amatora.

Isi yose ihanze amaso RDC nyuma y’amatora ya Perezida n’abagize Inteko Ishinga Amategeko yabaye tariki 30 Ukuboza 2018.

Ni amatora yari amaze imyaka ibiri agenda asubikwa. Hari impungenge ko ibizayavamo nibitangazwa bishobora gukurikirwa n’imvururu.

Benshi mu batuye i Goma bakomeje kwambuka baza mu Rwanda kuhaba by’igihe gito mu gihe bagitegereje uko iwabo bigenda.

Umuyobozi w’Ihuriro ry’abakomisiyoneri mu Mujyi wa Rubavu, Fifi Kabera yabwiye NewTimes dukesha iyi nkuru ko bamaze iminsi bakira abanye-Congo benshi bashaka inzu muri uwo mujyi.

Yagize ati “Tumaze kwakira umubare munini w’Abanye-Congo bashaka inzu zo gukodesha.”

Amwe mu mahoteli n’inzu zicumbikira abagenzi i Rubavu zamaze gufatwa na bamwe mu banye-congo ndetse n’abakozi b’imiryango mpuzamahanga ikorera muri icyo gihugu, batinya igishobora gukurikira itangazwa ry’ibyavuye mu matora.

Charles Kabange Syaluha ni umwe mu bahisemo kuza mu Rwanda kuko nta mutekano yizeye mu gihugu cye.

Yagize ati “Njye n’umuryango wanjye twageze i Rubavu mu minsi ibiri ishize. Ntabwo nakubwira ko hari umuntu wizeye umutekano we hariya iwacu. Hari abiyemeje kwigaragambya. Rero ntabwo waguma ahantu utizeye umutekano wawe.”

Meya w’Akarere ka Rubavu, Gilbert Habyarimana, yavuze ko ibyo kwiyongera kw’Abanye-Congo baza i Rubavu babizi.

Ati “Nibyo, umubare w’abanye-Congo baza mu Rwanda wariyongereye, cyane cyane abashaka kuharara kubera impamvu z’umutekano wabo.”

Icyakora Habyarimana yavuze ko ataramenya neza umubare nyawo w’Abanye-Congo bamaze kwinjira muri ako karere.

Yavuze ko akarere ku bufatanye n’abandi bafatanyabikorwa bafashe ingamba zo kugenzura ubwiyongere bw’abo bantu ku bw’umutekano wabo n’uw’abanyarwanda.

Imipaka ihuza Goma na Rubavu ubusanzwe ikoreshwa n’abantu babarirwa mu bihumbi 45 ku munsi biganjemo abakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka.

Ibyavuye mu matora by’agateganyo muri RDC byagombaga gutangazwa kuri iki Cyumweru gishize ariko byimuriwe muri iki cyumweru cyatangiye kuri uyu wa Mbere kubera ko amajwi atarakusanywa yose.

2019-01-07
Editorial

IZINDI NKURU

Icyoba, ihungabana no guhuzagurika mu mbwirwaruhame ya Perezida Ndayishimiye

Icyoba, ihungabana no guhuzagurika mu mbwirwaruhame ya Perezida Ndayishimiye

Editorial 01 Feb 2025
Gutsinda urugamba rwo kwibohora bisaba kwima amatwi ba mpatsibihugu

Gutsinda urugamba rwo kwibohora bisaba kwima amatwi ba mpatsibihugu

Editorial 26 Oct 2024
Perezida Kagame yakiriye Minisiitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi

Perezida Kagame yakiriye Minisiitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi

Editorial 24 Jul 2018
Perezida Kagame na Idriss Déby wa Chad barasura Guinea

Perezida Kagame na Idriss Déby wa Chad barasura Guinea

Editorial 23 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Gen Kale Kayihura na we yarekuwe by’agateganyo
ITOHOZA

Uganda: Gen Kale Kayihura na we yarekuwe by’agateganyo

Editorial 28 Aug 2018
Burundi: Nzopfabarushe wavuze ko abarwanya Leta bazicwa bakajugunywa mu kiyaga yafunguwe
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Nzopfabarushe wavuze ko abarwanya Leta bazicwa bakajugunywa mu kiyaga yafunguwe

Editorial 22 Jun 2018
Menya impamvu Perezida Museveni yanze kujya mu nama y’ I Goma, aratinya ideni ry’amamiliyari afitiye RDC, anatinya kubazwa iby’ubushotoranyi akomeje gukorera u Rwanda
Amakuru

Menya impamvu Perezida Museveni yanze kujya mu nama y’ I Goma, aratinya ideni ry’amamiliyari afitiye RDC, anatinya kubazwa iby’ubushotoranyi akomeje gukorera u Rwanda

Editorial 24 Sep 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru