• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Abanye-Congo bakomeje kwinjira mu Rwanda batinya imvururu zishobora gukurikira amatora

Abanye-Congo bakomeje kwinjira mu Rwanda batinya imvururu zishobora gukurikira amatora

Ubwanditsi 07 Jan 2019 POLITIKI

Abaturage bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bakomeje kwinjira ku bwinshi ku mipaka igabanya icyo gihugu n’u Rwanda mu karere ka Rubavu batinya imvururu zishobora gukurikira amatora.

Isi yose ihanze amaso RDC nyuma y’amatora ya Perezida n’abagize Inteko Ishinga Amategeko yabaye tariki 30 Ukuboza 2018.

Ni amatora yari amaze imyaka ibiri agenda asubikwa. Hari impungenge ko ibizayavamo nibitangazwa bishobora gukurikirwa n’imvururu.

Benshi mu batuye i Goma bakomeje kwambuka baza mu Rwanda kuhaba by’igihe gito mu gihe bagitegereje uko iwabo bigenda.

Umuyobozi w’Ihuriro ry’abakomisiyoneri mu Mujyi wa Rubavu, Fifi Kabera yabwiye NewTimes dukesha iyi nkuru ko bamaze iminsi bakira abanye-Congo benshi bashaka inzu muri uwo mujyi.

Yagize ati “Tumaze kwakira umubare munini w’Abanye-Congo bashaka inzu zo gukodesha.”

Amwe mu mahoteli n’inzu zicumbikira abagenzi i Rubavu zamaze gufatwa na bamwe mu banye-congo ndetse n’abakozi b’imiryango mpuzamahanga ikorera muri icyo gihugu, batinya igishobora gukurikira itangazwa ry’ibyavuye mu matora.

Charles Kabange Syaluha ni umwe mu bahisemo kuza mu Rwanda kuko nta mutekano yizeye mu gihugu cye.

Yagize ati “Njye n’umuryango wanjye twageze i Rubavu mu minsi ibiri ishize. Ntabwo nakubwira ko hari umuntu wizeye umutekano we hariya iwacu. Hari abiyemeje kwigaragambya. Rero ntabwo waguma ahantu utizeye umutekano wawe.”

Meya w’Akarere ka Rubavu, Gilbert Habyarimana, yavuze ko ibyo kwiyongera kw’Abanye-Congo baza i Rubavu babizi.

Ati “Nibyo, umubare w’abanye-Congo baza mu Rwanda wariyongereye, cyane cyane abashaka kuharara kubera impamvu z’umutekano wabo.”

Icyakora Habyarimana yavuze ko ataramenya neza umubare nyawo w’Abanye-Congo bamaze kwinjira muri ako karere.

Yavuze ko akarere ku bufatanye n’abandi bafatanyabikorwa bafashe ingamba zo kugenzura ubwiyongere bw’abo bantu ku bw’umutekano wabo n’uw’abanyarwanda.

Imipaka ihuza Goma na Rubavu ubusanzwe ikoreshwa n’abantu babarirwa mu bihumbi 45 ku munsi biganjemo abakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka.

Ibyavuye mu matora by’agateganyo muri RDC byagombaga gutangazwa kuri iki Cyumweru gishize ariko byimuriwe muri iki cyumweru cyatangiye kuri uyu wa Mbere kubera ko amajwi atarakusanywa yose.

2019-01-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yababajwe n’urupfu rwa Prof. Juma waharaniye iterambere ry’uburezi muri Afurika

Perezida Kagame yababajwe n’urupfu rwa Prof. Juma waharaniye iterambere ry’uburezi muri Afurika

Ubwanditsi 16 Dec 2017
Burundi:Gen.Evariste Ndayishimiye niwe uzahagararira ishyaka CNDD-FDD mu matora y’Umukuru w’Igihugu

Burundi:Gen.Evariste Ndayishimiye niwe uzahagararira ishyaka CNDD-FDD mu matora y’Umukuru w’Igihugu

Ubwanditsi 26 Jan 2020
Coup d’Etat muri Sudan si wo muti wari ukenewe – AU

Coup d’Etat muri Sudan si wo muti wari ukenewe – AU

Ubwanditsi 12 Apr 2019
JAMBO ASBL yimanike: Dore Perezida Kagame yavuze ko nta mugambi wo kohereza undi Ambasaderi mu Bubiligi nyuma yo kwanga kwakira Vincent Karega

JAMBO ASBL yimanike: Dore Perezida Kagame yavuze ko nta mugambi wo kohereza undi Ambasaderi mu Bubiligi nyuma yo kwanga kwakira Vincent Karega

Ubwanditsi 20 Sep 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame mu guharanira Amahoro ni Indashyikirwa “Emir wa Qatar”
Amakuru

Perezida Kagame mu guharanira Amahoro ni Indashyikirwa “Emir wa Qatar”

RUSHYASHYA 21 Nov 2025
90% y’ ibikorwa remezo byo kubaka amastade azaberamo CHAN byararangiye
IMIKINO

90% y’ ibikorwa remezo byo kubaka amastade azaberamo CHAN byararangiye

Ubwanditsi 09 Jan 2016
Pistorius wivuganye umukunzi we yakatiwe gufungwa imyaka itandatu
IMIKINO

Pistorius wivuganye umukunzi we yakatiwe gufungwa imyaka itandatu

Ubwanditsi 06 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru