• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uganda: Hatangiye kumvwa ubujurire bw’abasaba ko imyaka ntarengwa ya Perezida iguma mu itegeko

Uganda: Hatangiye kumvwa ubujurire bw’abasaba ko imyaka ntarengwa ya Perezida iguma mu itegeko

Editorial 16 Jan 2019 Mu Mahanga

Urukiko rw’Ikirenga muri Uganda rwatangiye kumva ubujurire rwagejejweho n’abasaba gutesha agaciro umwanzuro uheruka gufatwa, ukura mu Itegeko Nshinga rya Uganda ingingo ya 102 igena imyaka ntarengwa Perezida agomba kuba afite.

Inteko iburanisha igizwe n’abacamanza barindwi bayobowe na Perezida w’Urukiko Bart Magunda Katureebe yatangiye kumva abajuriye n’abo ku ruhande rwa Guverinoma ihagarariwe n’Intumwa Nkuru ya Leta.

Ku wa 26 Kamena 2018 nibwo Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga rwemeje ku bwiganze icyemezo cyo kuvana mu Itegeko Nshinga ingingo ya 102b yashyiragaho imyaka Perezida agomba kuba afite.

Muri iki cyemezo kandi uru rukiko rwemeje igabanyuka rya manda z’abadepite n’abagize inzego z’ibanze bashyizwe kuri ebyiri.

Kuri uyu wa Kabiri, buri umwe mu bajuriye yahawe isaha yo gusobanura ibikubiye mu nyandiko yashyikirije ubutabera.

Abajuriye barimo abanyamategeko, abadepite batandatu batavuga rumwe n’ubutegetsi n’umunyamategeko Male Mabirizi.

Urukiko rwagiye rusaba abarega gutanga ibisobanuro aho biri ngombwa.

Biteganyijwe ko urukiko ruzasoza kumva iki kirego kuri uyu wa Gatatu, rukabona gutangaza umwanzuro ku itariki izatangazwa.

Dail Monitor yatangaje ko abatanze ubujurire bashaka ko Urukiko rw’Ikirenga rutesha agaciro icyemezo cy’urushinzwe kurinda Itegeko Nshinga ingingo ya 102b ikagaruka mu Itegeko Nshinga rya Uganda.

Mbere y’uko bahabo ivugururwa ry’Itegeko Nshinga byemejwe n’abadepite 317, Perezida Museveni ntiyari yemerewe kuzongera kwiyamamaza muri 2021 kuko yari kuzaba arengeje imyaka 75 yateganywaga n’itegeko.

Kugeza ubu uyu mugabo ufite imyaka 74 y’amavuko yemerewe kuziyamamaza igihe azaba abyifuza kuko mu mwaka ushize Inteko Ishinga Amategeko yakuyeho inzitizi zamukumiraga.

2019-01-16
Editorial

IZINDI NKURU

APR FC yashimiye Gen Mubarakh Muganga na Maj Gen Vincent Nyakarundi ku bw’uruzinduko bagiriye i Shyorongi

Editorial 20 Aug 2024
Netanyahu yemeje ko Jenoside yakorewe Abayahudi n’iyakorewe Abatutsi zatanze isomo ryo kwirwanaho

Netanyahu yemeje ko Jenoside yakorewe Abayahudi n’iyakorewe Abatutsi zatanze isomo ryo kwirwanaho

Editorial 06 Jul 2016
Kayumba Nyamwasa yahiritswe ku butegetsi bwa RNC

Kayumba Nyamwasa yahiritswe ku butegetsi bwa RNC

Editorial 16 Oct 2023
Ukuri kutigeze kuvugwa muri Kongo: Umukuru w’Inteko Nshingamategeko ashinje Perezida Tshisekedi gusahura umutungo kamere w’igihugu

Ukuri kutigeze kuvugwa muri Kongo: Umukuru w’Inteko Nshingamategeko ashinje Perezida Tshisekedi gusahura umutungo kamere w’igihugu

Editorial 05 Dec 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe ya APR FC yitegura gukina na Etoile Sportive du Sahel yo muri Tunisia mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions League irakomereza imyitozo i Nyamirambo
Amakuru

Ikipe ya APR FC yitegura gukina na Etoile Sportive du Sahel yo muri Tunisia mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions League irakomereza imyitozo i Nyamirambo

Editorial 12 Oct 2021
MTN yahembye umwana waririmbye indirimbo ‘God will make a way’ ya Don Moen
HIRYA NO HINO

MTN yahembye umwana waririmbye indirimbo ‘God will make a way’ ya Don Moen

Editorial 13 Feb 2019
Icyo Minisitiri w’Intebe yaganiriye n’Umuyobozi wa IMF muri Afurika ku izamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda
UBUKUNGU

Icyo Minisitiri w’Intebe yaganiriye n’Umuyobozi wa IMF muri Afurika ku izamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda

Editorial 23 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru