• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yagaragaje aho ibibazo by’umubano w’u Rwanda na Uganda bituruka

Perezida Kagame yagaragaje aho ibibazo by’umubano w’u Rwanda na Uganda bituruka

Ubwanditsi 18 Feb 2019 INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yatangaje ko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bakorera muri Afurika y’Epfo ari bo ntandaro y’agatotsi mu mubano w’u Rwanda na Uganda hashingiwe ku mabwire ya bo ubuyobozi bw’icyo gihugu buha agaciro.

Umubano w’ibihugu byombi wajemo kidobya kuva mu 2017 ubwo Abanyarwanda bakorera n’abatuye muri Uganda batangiraga gufatwa n’Urwego rushinzwe Ubutasi mu Ngabo za Uganda (CMI) binyuranye n’amategeko.

Uganda ishinja abo banyarwanda kuba intasi zigamije guhungabanya umutekano, mu gihe u Rwanda rushinja icyo gihugu gukorana n’abashaka kuruhungabanyiriza umutekano. Ibintu byarushijeho kuzamba ubwo bamwe mu banyarwanda batangiraga gukorerwa iyicarubozo, bikabaviramo kuremara ingingo bakanirukanwa ku butaka bwa Uganda.

Ni ibikorwa byakurikiye amakuru y’uko hari abantu benshi bashakishwa n’ubutabera bw’u Rwanda cyangwa bahamijwe ibyaha n’inkiko zarwo ariko bidegembya muri Uganda, bakarindirwa umutekano n’ibikorwa byabo bigasagamba, barimo nka Kayumba Nyamwasa uba muri Afurika y’Epfo hamwe n’ibikorwa by’umutwe wa RNC.

Iki kibazo cyari kimaze gufata indi ntera, Perezida Kagame yakiganiriyeho na mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku wa 25 Werurwe 2018.

Abakuru b’ibihugu byombi batangaje ko bemeranyije ko inzego zishinzwe ubutasi zagirana imikoranire ya bugufi ngo bajye babona ibimenyetso bihagije kuri buri kibazo. Nyamara ntibyatanze umuti wa burundu kuko abanyarwanda bakomeje guhohotererwa muri Uganda, bakirukanwa muri icyo gihugu buri munsi.

Mu kiganiro cyihariye yahaye ikinyamakuru The East African, Perezida Kagame yashimangiye ko amakuru y’impuha ahabwa Uganda n’Abanyarwanda baba muri Afurika y’Epfo, ari yo ntandaro y’umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi.

Ati “Bimwe mu bintu bituvugwaho kandi Uganda ikabyizera biva muri bariya bantu baba muri Afurika y’Epfo. Iyo ugerageje kubyiyumvisha, abo bantu bo muri Afurika y’Epfo baduteguraho ibikorwa bibi ni nabo baha amakuru Uganda bagamije kuyishakaho ubufasha mu kuturwanya.”

“Byaba byo cyangwa atari byo, ayo makuru aba agamije gutera ibibazo ari nabyo bo bungukiramo. Niba Uganda yizera ibyo bintu, ni uko yahisemo kubizera. Twabwiye Uganda ibi bibazo, ko iyo bahawe amakuru ari uko abo bantu baba bayikeneyeho ubufasha.”

Perezida Kagame yavuze ko umubano w’u Rwanda na Uganda udatera imbere kubera ubushake buke bwo gushakira ibisubizo ibitandukanya impande zombi.

Yagize ati “Twaganiriye kuri iki kibazo mu myaka ibiri ishize, dushobora kugikemura bibaye atari ukwikunda cyangwa umuntu ushaka ko ibintu bizamba.’’ 
Yavuze ko ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda byatijwe umurindi no kuba iki gihugu gitega amatwi abatavuga rumwe n’ u Rwanda bari muri Afurika y’Epfo.

Yavuze ko uyu mutwe (atavuze mu izina) usaba Uganda ubufasha mu mugambi wawo wo guhungabanya u Rwanda.

Umubano w’u Rwanda na Uganda wubakiye ku mateka akomeye

Kayumba Nyamwasa n’abandi bayobozi bari ku ruhembe rw’umutwe w’abarwanyi uzwi nka P5 wisuganyiriza mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ngo uzahungabanye u Rwanda, ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwabashyiriyeho izindi mpapuro zibata muri yombi.

Mu minsi ishize hasohotse amakuru y’uburyo RNC na FDLR bagiye bakorana inama z’urudaca zigamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda, zikabera muri Uganda ndetse abayobozi bamwe b’icyo gihugu bakazigiramo uruhare.

Gusa Perezida Kagame yavuze ko umubano w’u Rwanda na Uganda wubakiye ku mateka akomeye, akwiye gutuma wongera kumera neza.

Yakomeje ati “Ntibyumvikana urebye ku mateka ibihugu byombi dusangiye n’umusingi mwiza uhari tukaba dufitanye ikibazo nk’iki gikomeza gufata intera n’aka kanya tuvugana. Biragoye kubivuga mu magambo make. Icyo navuga ni uko ari ikibazo gishobora kongera gukemurwa. Kigomba gukemurwa.’’

Umukuru w’Igihugu yavuze ko abayobozi bagenda biguru ntege mu gushaka igisubizo kuri iki kibazo.

Ati “Ku karubanda, ku ndangururamajwi tuvuga ibintu byiza kandi biri mu buryo ariko tugomba kongera imbaraga mu kubikora. Ntawe bibabaza gukomeza kugerageza. Ikibabaza ni uguceceka.’’

Umubano n’abaturanyi ntuzarogoya manda ye muri EAC

Perezida Kagame wabaye muri Uganda nk’impunzi aho yanagize uruhare mu ntambara yo kubohora icyo gihugu, aheruka guhabwa inshingano zo kuyobora Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC), asimbuye Perezida Museveni.

Yavuze ko nta ngaruka agatotsi mu mubano na Uganda n’u Burundi uzagira muri manda ye.

Ati “Niba ari umubano mubi hagati y’u Rwanda na Uganda, ni izihe ngaruka byagize ubwo Uganda yari iyoboye EAC? Ushobora gutangirira hariya. Niba ubuyobozi bwa Uganda nta kibazo bwagize, ubwanjye nabwo nta kirogoya buzahura nayo. Ibibazo by’imibanire hagati y’ibihugu byo muri EAC bizakomeza gushyirwamo imbaraga no gushaka uko byakemurwa ngo bireke gukomeza kwitambika mu nzira y’iterambere ry’uyu muryango.’’

Mu mwaka ushize, Perezida w’u Burundi, Nkurunziza Pierre, yavuze ko u Rwanda ari umwanzi wabwo. Yanashinje u Rwanda gutera inkunga umugambi wo kumuhirika ku butegetsi waburijwemo mu 2015.

Avuga ku Burundi, Perezida Kagame yagize ati “Ikibazo kiroroshye kandi kiragaragara. Dufashe urugero, ubwo u Burundi bwavugaga ko u Rwanda ari rwo kibazo bufite, abantu bafashe ibyemezo byabo. Tekereza ko u Rwanda nta ruriho, ni ukuvuga ko u Burundi nta kibazo bwaba bufite?”

Mu Ukuboza umwaka ushize ubwo Perezida Kagame yatangizaga kongere y’Umuryango FPR Inkotanyi yavuze ko u Rwanda rufite abaturanyi babiri batarwifuriza ineza ariko ruzashaka uko rubagusha neza nubwo “rutakwibagirwa kubaka ubushobozi” mu gihe ibintu byaba bitagenze neza.

Src : IGIHE

2019-02-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inkoramutima za RNC gukurikira Bonabaana nyuma yuko ingabo zishiriye ku icumu muri DRC

Inkoramutima za RNC gukurikira Bonabaana nyuma yuko ingabo zishiriye ku icumu muri DRC

Ubwanditsi 10 Jul 2019
Afurika y’Epfo : Umwe mu bakekwaho kwica Dr. Dusabe Raymond yatawe muri yombi

Afurika y’Epfo : Umwe mu bakekwaho kwica Dr. Dusabe Raymond yatawe muri yombi

Ubwanditsi 10 Jan 2018
“U Rwanda rutewe ishema no kwakira Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 yagenze neza kurusha uko byari byitezwe” – Perezida Kagame

“U Rwanda rutewe ishema no kwakira Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 yagenze neza kurusha uko byari byitezwe” – Perezida Kagame

Ubwanditsi 29 Sep 2025
Ubusambo,Ubugome, ubutindi amaco y’inda mu gushaka indonke bakoresheje umurwayi Barafinda Sekikubo Fred

Ubusambo,Ubugome, ubutindi amaco y’inda mu gushaka indonke bakoresheje umurwayi Barafinda Sekikubo Fred

Ubwanditsi 23 Jul 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame n’Umuryango we bifurije Abanyarwanda bose Noheli nziza n’Umwaka mushya 2017
Mu Mahanga

Perezida Kagame n’Umuryango we bifurije Abanyarwanda bose Noheli nziza n’Umwaka mushya 2017

Ubwanditsi 27 Dec 2016
CHAN2016: Ikipe ya RDC yatangiye inyagira iya Ethiopia ibitego 3 – 0
IMIKINO

CHAN2016: Ikipe ya RDC yatangiye inyagira iya Ethiopia ibitego 3 – 0

Ubwanditsi 17 Jan 2016
Nyuma yo gukorana indirimbo n’umuhanzi  Kitoko ,Sheeber Karugi aje gutaramira mu Rwanda
IMIKINO

Nyuma yo gukorana indirimbo n’umuhanzi Kitoko ,Sheeber Karugi aje gutaramira mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru