• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umunyarwanda yavuze uko yakorewe iyicarubozo muri Uganda n’abavuga Ikinyarwanda bari muri CMI

Umunyarwanda yavuze uko yakorewe iyicarubozo muri Uganda n’abavuga Ikinyarwanda bari muri CMI

Editorial 23 Feb 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ikibazo cy’Abanyarwanda bafatirwa muri Uganda, bagafungwa, bagakorerwa iyicarubozo abandi bakaburirwa irengero, gikomeje gufata indi ntera, aho ibi bikorwa by’ubugizi bwa nabi byose usanga bikorwa n’inzego z’umutekano cyane cyane urw’iperereza (CMI).

Muhawenimana Damascène utuye mu Murenge wa Macuba, Akarere ka Nyamasheke, ni umwe muri abo banyarwanda wari umaze amezi abiri afunzwe amapingu ku maguru no ku maboko, anapfutse ku mutwe n’inzego z’iperereza mu Mujyi wa Kampala.

Avuga ko iyicarubozo yakorerwaga kubera ko ari umunyarwanda, yarikorewe n’abantu bavuga Ikinyarwanda, akeka ko ari abanyarwanda barwanya u Rwanda bakorana n’Urwego rw’ubutasi rwa Uganda (CMI), mu guhohotera abo bita ‘Intasi za Kagame’

Uko Muhawenimana yagiye muri Uganda

Tariki 15 Ukuboza 2018 nibwo Muhaweninama na Na Nyina witwa Marigarita Mukanyarwaya, bagiye mu Mujyi wa Kampala, gushaka murumuna we witwa Kwizera Bernard, wabagayo acuruza, ariko hakaba hari hashize ukwezi atakiboneka mu murongo we wa telefoni.

Muhawenimana wagaruwe mu Rwanda, yavuze ko bageze mu Mujyi wa Kampala bagiye kumushaka aho yabaga ariko basanga adahari, abaturanyi be nibo bababwiye ko yafunzwe ariko batazi aho afungiye.

Mu buhamya bwe, Muhawenimana w’imyaka 37 yagize ati “Twakomeje gushakisha nyuma nibwo baje kutubwira ko afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kajjansi ariko tuhageze Polisi itubwira ko adahari.”

Nyuma yasubiye kuri ya sitasiyo ya polisi agezeyo abapolisi yahasanze bamwemerera ko murumuna we ahari ariko adashobora kuvugana na we umuyobozi wa polisi adahari, bamubwira gusubirayo saa kumi n’imwe ari nabwo yafashwe we na mugenzi we.

Ati “Tuhamaze iminota 20 nibwo numvise imodoka iparitse inyuma yanjye, mpindukiye bankubita ikigofero mu mutwe, ubwo njye na mugenzi wanjye badushyizeho amapingu ku maguru n’amaboko, badupfuka n’umutwe bajya kudufungira kuri Polisi ya Lubowa, twahamaze iminsi itatu tukimeze kwa kundi.”

Yavuze ko inzego za Polisi zaje kumenya ko nyina yaje kuhamureba, zihita zibacikisha zibajyana kubafungira ku rwego rw’Ubutasi rwa Uganda (CMI) n’ubundi muri Kampala.

Bakorewe iyicarubozo na CMI babazwa iby’ubutegetsi mu Rwanda

Muhawenimana ufite abana batanu yasize i Nyamasheke, yavuze ko bafunzwe nabi barakubitwa, babazwa ibijyanye na leta y’u Rwanda.

Yagize ati “Barambazaga ngo umusirikare w’u Rwanda ahembwa gute? Umupolisi ahembwa ate?, mu Rwanda ko abantu barimo guhunga baza Uganda biratetwa n’iki, njye nkavuga ko ntabizi ahubwo nkababwira ko abaturage b’u Rwanda bameze neza kandi n’abatishoboye bafashwa, ubwo ni ko nabaga nkubitwa, iyo uvuze ibyo bashaka ntacyo bagutwara.”

Hari abanyarwanda bakoresha Urwego rw’Ubutasi rwa Uganda

Muhawenimana yatangaje ko abamukubitaga ari abasirikare bavugaga Ikinyarwanda neza cyane.

Ati “Buri munsi barantwaraga bakambaza bakangaruza muri gereza, bambaza byinshi bijyanye n’u Rwanda nkababwira ko ntabizi, wabonaga ko bafite byinshi bazi ku Rwanda. Igituma nemera ko hari abarwanya u Rwanda bari hariya ni uko hariyo abanyarwanda kandi ubona ko aribo bakoresha CMI, no gutotezwa kw’abantu bavuye mu Rwanda abo nibo babigiramo uruhare, ni abanyarwanda.”

Bamaze amezi abiri bafunzwe umutwe, amaboko n’amaguru

Mu buhamya bwe, Muhawenimana yavuze ko inzego z’Ubutasi za Uganda zamubwiraga ko ari intasi yaje gutata igihugu cyabo, mu mezi abiri yamaze apfutswe umutwe, n’amapingu ku maboko n’amaguru.

Yagize ati “Ntabwo twemerwaga kureba, ntitwamenyaga udukubise kugira ngo turye twazamuraga ikigofero tukageza hejuru y’umunwa, njye nakubiswe inkoni ariko hari abakubitishijwe amashanyarazi, muri make hari abanyarwanda benshi muri gereza za Uganda kandi barakubitwa umunsi ku munsi.”

Uko yarekuwe

Nyuma yaje kurekurwa kubera abantu bakomeje kugenda bamukurikirana aho yari afungiye, ariko inzego z’umutekano zimutegeka kujya yitaba kandi ntarenge Umujyi wa Kampala.

Yavuze ko nyuma yaje kubwirwa n’inshuti ze ko nasubirayo ashobora kuzicwa, ari nabwo yaje kujya kuri Ambasade y’u Rwanda muri iki gihugu imufasha kugera ku mupaka wa Kagitumba, agezwa mu Rwanda.

Umubyeyi wa Muhawenimana yavuze ko ubwo yageragezaga gushaka abana be, hari abagiye bamushuka muri Kampala ko bazamufasha kugira ngo abo ashaka bagezwe imbere y’ubutabera nyamara bagamije kumurya ibye.

Yavuze ko yatanze amafaranga arenga ibihumbi 800 ariko biba iby’ubusa kuko ntacyo byatanze. Uyu muryango uvuye muri Uganda uwo bagiye gushaka ataraboneka.

Aba banyarwanda bariyongera ku bandi bakomeje kugarurwa mu Rwanda bahonotse iyicarubozo n’ihohoterwa bakorerwaga muri gereza za Uganda. Hari kandi n’abatawe muri yombi kugeza n’uyu munsi baburiwe irengero.

2019-02-23
Editorial

IZINDI NKURU

Abasirikare 270 b’u Rwanda berekeje muri Sudani y’Amajyepfo kubungabunga amahoro

Abasirikare 270 b’u Rwanda berekeje muri Sudani y’Amajyepfo kubungabunga amahoro

Editorial 11 Feb 2018
Amayobera: Perezida Museveni yizeye Gen. kale Kayihura ariko ntiyizera urwego yamushinze

Amayobera: Perezida Museveni yizeye Gen. kale Kayihura ariko ntiyizera urwego yamushinze

Editorial 17 Nov 2017
Nyamara ishyamba si ryeru hagati ya Nairobi na Kinshasa

Nyamara ishyamba si ryeru hagati ya Nairobi na Kinshasa

Editorial 08 May 2024
Abanyarwanda babiri batoterejwe muri Uganda bavuze akaga bahuriye nako muri gereza

Abanyarwanda babiri batoterejwe muri Uganda bavuze akaga bahuriye nako muri gereza

Editorial 03 Jan 2020
Abasirikare 270 b’u Rwanda berekeje muri Sudani y’Amajyepfo kubungabunga amahoro

Abasirikare 270 b’u Rwanda berekeje muri Sudani y’Amajyepfo kubungabunga amahoro

Editorial 11 Feb 2018
Amayobera: Perezida Museveni yizeye Gen. kale Kayihura ariko ntiyizera urwego yamushinze

Amayobera: Perezida Museveni yizeye Gen. kale Kayihura ariko ntiyizera urwego yamushinze

Editorial 17 Nov 2017
Nyamara ishyamba si ryeru hagati ya Nairobi na Kinshasa

Nyamara ishyamba si ryeru hagati ya Nairobi na Kinshasa

Editorial 08 May 2024
Abanyarwanda babiri batoterejwe muri Uganda bavuze akaga bahuriye nako muri gereza

Abanyarwanda babiri batoterejwe muri Uganda bavuze akaga bahuriye nako muri gereza

Editorial 03 Jan 2020
Abasirikare 270 b’u Rwanda berekeje muri Sudani y’Amajyepfo kubungabunga amahoro

Abasirikare 270 b’u Rwanda berekeje muri Sudani y’Amajyepfo kubungabunga amahoro

Editorial 11 Feb 2018
Amayobera: Perezida Museveni yizeye Gen. kale Kayihura ariko ntiyizera urwego yamushinze

Amayobera: Perezida Museveni yizeye Gen. kale Kayihura ariko ntiyizera urwego yamushinze

Editorial 17 Nov 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru