• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Mu mateka y’U Rwanda rwohereje mu isanzure icyogajuru kizahaza internet ibice by’icyaro

Mu mateka y’U Rwanda rwohereje mu isanzure icyogajuru kizahaza internet ibice by’icyaro

Editorial 28 Feb 2019 IKORANABUHANGA

Ku bufatanye bwa Leta y’u Rwanda n’ikigo mpuzamahanga mu by’itumanaho, OneWeb, hoherejwe mu isanzure icyogajuru cyiswe ‘Icyerekezo’, izina cyahawe n’abanyeshuri bo ku Rwunge rw’Amashuri rwitiriwe Mutagatifu Petero ku Nkombo, cyitezweho kugeza interineti mu bice birimo iri shuri.

Ni umushinga w’ikigo OneWeb gifite gahunda yo kohereza mu isanzure ibyogajuru 650 mu myaka ibiri, bizakwirakwiza internet icika gake cyane ugereranyije n’isanzwe. Ibi byogajuru byakozwe ku bufatanye n’ikigo Airbus Defence and Space, nkuko byatangaje na IGIHE.

Ibyogajuru bitandatu nibyo byoherejwe mu kirere ku ikubitiro birimo kimwe cy’u Rwanda, mu gikorwa cyabereye mu gace ka Guyane muri Amerika y’Amajyepfo ariko kagenzurwa n’u Bufaransa. Ibi byogajuru byahagurutse bifashijwe na ’rocket’ ya Soyouz yakozwe n’Abarusiya.

Byahagurutse kuri uyu Gatatu 23:38, bikora urugendo rurerure ku muvuduko ukomeye kuko hari aho byagendaga kilometero umunani ku isegonda.

Byitandukanyije nyuma y’isaha imwe habanza kuvaho bibiri binyura inzira yabyo, ibindi bine byitandukanya nyuma y’iminota igera kuri makumyabiri.

Minisiteri y’Ikoranabuhanga ivuga ko iyi ari intambwe ikomeye ku gihugu gishyize imbere ikoranabuhanga, aho nka internet ya 4G LTE iri kuri 96.6% by’igihugu.

Mu itangazo yasohoye, Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula, yagize ati “Tunejejwe no gufatanya na OneWeb muri iyi gahunda y’impinduka, iduha amahirwe yo kwifashisha ibyogajuru bya OneWeb mu gutanga internet yihuta kandi ku giciro gito, ku mashuri ari mu bice by’icyaro mu Rwanda.”

Hari ibigomba kubanza kunozwa

Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri ishinzwe ikoranabuhanga na Inovasiyo, Gordon Karema, yavuze ko OneWeb ari abashoramari, ariko bemeye gukorana n’u Rwanda kubera icyerekezo rufite.

Ati “Ni abashoramari, baraza bagakorana n’ibihugu, mukumvikana, noneho cya kintu twebwe twifuza cya murandasi akaba ari cyo duhanga amaso, noneho ibyogajuru byamara kugera mu isanzure tukaba ari cyo dukuramo.”

“Navuga ko ari abafatanyabikorwa ariko noneho urumva iyo hagiye kubaho no kuzamura icyo cyogajuru cyitirwe u Rwanda haba harimo nubwo bucuti n’imibanire myiza, ndetse bizanafasha cyane nitugera muri bya bihe byo gutanga murandasi mu mashuri, kugira ngo ubwo bufatanye tuzabwubakireho mu gihe cy’imyaka itatu.”

Karema yavuze ko nibura mu gihe cy’umwaka umwe ari bwo iki cyogajuru kizaba kibyazwa umusaruro.

Ati “Mu by’ukuri ubu ni ubutumwa bufata igihe, icyavuzwe ni uko mu kwa gatandatu umwaka uza ari bwo serivisi zo gutanga internet zizaba zatangiye. Ikigo cya OneWeb gifite gahunda yo guhora cyohereza ibyogajuru, buri minsi 21 bazajya bohereza ibyogajuru 36. Ibyogajuru nibimara kugwira nibwo internet igomba gutangira.”

Nkombo yahawe umwihariko

Karema avuga ko muri uyu mushinga hitawe by’umwihariko kuri Nkombo kubera ko kugerayo uturutse ku butaka ari ibikometero 16 mu mazi, ku buryo kugezayo umuyoboro wa ’fibre optique’ bihenze cyane.

Ati “Tugerageje kubara byatwara nka nka miliyoni ebyiri z’amadolari kuko byasaba ikoranabuhanga ryo gucisha insinga mu mazi. Abana baho twabahaye mudasobwa bariga, ariko nta internet yari ihari.”

Iri koranabuhanga ngo rizaba rihendutse kurushaho, ku buryo iri shuri ryo ku Nkombo rizabimburira andi mu Rwanda mu kubyaza umusaruro iyi interineti, aka gace kageramo ikoranabuhanga ribafasha kubona serivisi bakeneye nk’iz’Irembo.

Byitezwe ko iri shuri ryo ku Nkombo rizanabona internet muri uyu mushinga ku buntu, mu gihe cy’imyaka 10.

Amashuri agiye kubyungukiramo

Minisitiri w’Uburezi, Dr. Eugene Mutimura, we yavuze ko “ubu bufatanye na OneWeb mu kwifashisha ikoranabuhanga ry’icyogajuru mu kugeza internet mu mashuri yose yo mu cyaro, ni amahirwe akomeye yo kudufasha kurenga imikorere isanzwe hagamijwe kugeza internet mu mashuri yose mu gihugu mu myaka itatu iri imbere.”

Yakomeje ati “Hamwe na internet izatangwa n’icyogajuru, bizatanga umusanzu muri internet ikomeje kwiyongera mu mashuri mu Rwanda, aho tugeze kuri 40% mu mashuri yisumbuye 524, naho mu abanza turi kuri 14% mu mashuri 2800.”

Ikindi cyogajuru kirategereje

Karema yavuze ko kuba u Rwanda rubonye iki cyogajuru ari amahirwe akomeye, cyane ko hari ikindi kirimo gutunganywa ku bufatanye n’u Buyapani.

Ati “Iki cyogajuru Icyerekezo kije cyunganira gahunda yari ihari yo kubaka uruhurirane rwa serivisi, ubushobozi n’ubumenyi mu byogajuru. Murabizi ko mu minsi yatambutse hagiye habaho gutanga amatangazo ko u Rwanda, mu kwezi kutarenze ukwa Gatandatu hazazamuka ikindi cyogajuru dufatanyije n’abandi bafatanyabikorwa.”

Yavuze ko ubu hari abanyarwanda barenga 35 barimo kwiga ibijyanye n’ibyogajuru mu Buyapani.

Ati “Na hariya twabonye muri Guyane hari abanyarwanda bariyo, izi gahunda zabaye bafashijemo, babashije kumenya ikoranabuhanga uko rikora, bakoranye nabo… ubumenyi turimo turabwubaka, icyerekezo ni uko u Rwanda rutazasigara inyuma mu ikoranabuhanga ryose riza.”

Umuyobozi Mukuru wa OneWeb, Greg Wyler, yavuze ko kugeza internet ku mashuri yose hagamijwe kugabanya ikinyuranyo cy’abayikoresha ari intego iki kigo cyihaye.

Ati “Dushimishijwe no gufatanya na Guverinoma y’u Rwanda by’umwihariko n’abanyeshuri ba Nkombo. Ikoranabuhanga rya internet rizabafasha kugera ku nzozi zabo inafashe u Rwanda kuba igicumbi cyo guhanga ibishya mu ikoranabuhanga.”

Ibi byogajuru byohererejwe muri Guyane

Ibyogajuru bitandatu byohererejwe rimwe

 

2019-02-28
Editorial

IZINDI NKURU

Apple yaciwe miliyoni $27 ishinjwa kugabanya imbaraga za iPhone zimaze igihe

Apple yaciwe miliyoni $27 ishinjwa kugabanya imbaraga za iPhone zimaze igihe

Editorial 10 Feb 2020
Umunyarwandakazi mu bagize itsinda rya Loni ryiga ku bufatanye mu ikoranabuhanga

Umunyarwandakazi mu bagize itsinda rya Loni ryiga ku bufatanye mu ikoranabuhanga

Editorial 15 Jul 2018
Hagiye kuzajya hakoreshwa ikoranabuhanga mu gutunganya impu

Hagiye kuzajya hakoreshwa ikoranabuhanga mu gutunganya impu

Editorial 06 Feb 2018
Amerika iri kureba igitsure Facebook ishaka gufatanyiriza hamwe Instagram na WhatsApp

Amerika iri kureba igitsure Facebook ishaka gufatanyiriza hamwe Instagram na WhatsApp

Editorial 17 Dec 2019
Apple yaciwe miliyoni $27 ishinjwa kugabanya imbaraga za iPhone zimaze igihe

Apple yaciwe miliyoni $27 ishinjwa kugabanya imbaraga za iPhone zimaze igihe

Editorial 10 Feb 2020
Umunyarwandakazi mu bagize itsinda rya Loni ryiga ku bufatanye mu ikoranabuhanga

Umunyarwandakazi mu bagize itsinda rya Loni ryiga ku bufatanye mu ikoranabuhanga

Editorial 15 Jul 2018
Hagiye kuzajya hakoreshwa ikoranabuhanga mu gutunganya impu

Hagiye kuzajya hakoreshwa ikoranabuhanga mu gutunganya impu

Editorial 06 Feb 2018
Amerika iri kureba igitsure Facebook ishaka gufatanyiriza hamwe Instagram na WhatsApp

Amerika iri kureba igitsure Facebook ishaka gufatanyiriza hamwe Instagram na WhatsApp

Editorial 17 Dec 2019
Apple yaciwe miliyoni $27 ishinjwa kugabanya imbaraga za iPhone zimaze igihe

Apple yaciwe miliyoni $27 ishinjwa kugabanya imbaraga za iPhone zimaze igihe

Editorial 10 Feb 2020
Umunyarwandakazi mu bagize itsinda rya Loni ryiga ku bufatanye mu ikoranabuhanga

Umunyarwandakazi mu bagize itsinda rya Loni ryiga ku bufatanye mu ikoranabuhanga

Editorial 15 Jul 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru