• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»Nyuma y’impanuka y’ Indege Ya Ethiopian Airlines, U Bushinwa bwahagaritse indege za Boeing 737 MAX 8.

Nyuma y’impanuka y’ Indege Ya Ethiopian Airlines, U Bushinwa bwahagaritse indege za Boeing 737 MAX 8.

Ubwanditsi 12 Mar 2019 UBUKERARUGENDO

Ikigo gishinzwe iby’indege mu Bushinwa, cyabwiye ibigo bitwara abagenzi muri iki gihugu kuba bihagaritse ikoreshwa ry’indege za Boeing 737 MAX 8, nyuma y’impanuka ikomeye y’indege yo muri ubu bwoko yahitanye abantu 157 muri Ethiopia.

Kuri iki cyumweru Indege ya Ethiopian Airlines yavaga mu Mujyi wa Addis Ababa muri Ethiopia igana i Nairobi muri Kenya, yakoze impanuka ihitana abantu 157 bose bari bayirimo barimo umunyarwanda.

Iyi mpanuka yabaye mu gihe hashize andi mezi atanu gusa indi ndege yo muri ubu bwoko ikoze impanuka. Iyi mpanuka yabaye mu Ukwakira 2018 ihitana abantu 189 muri Indonesia.

Iyi yakoze impanuka nyuma y’iminota 13 ihagurutse.

Ubuyobozi mu Bushinwa bwavuze ko bwahagaritse izi ndege kuko iyo urebye izi mpanuka ebyiri zimaze kuba, zose zabaye mu buryo bumwe mu gihe izi ndege zabaga zikimara gufata ikirere.

Ethiopian Airlines yo yavuze ko iyi mpanuka yabaye ku rugendo ET 302/10 March, indege yari igeze mu gace ka Bishoftu (Debre Zeit).

Indege ya B-737-800MAX ifite ikirango ET- AVJ yahagurutse 08:38 mu gitondo i Addis Ababa ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Bole, ibura mu ikoranabuhanga 08:44.

Bivuze ko iyi ndege yakoze impanuka imaze iminota itandatu gusa ihagurutse.

U Bushinwa bwavuze ko bwahamagaye ikigo gishinzwe iby’indege muri Amerika ndetse na Kompanyi ya Boeing. Bwavuze ko igihe cyo kongera gusubukura ingendo bizatangazwa nyuma.

Ikigo gishinzwe iby’indege mu Bushinwa cyavuze ko kirimo kureba niba izi mpanuka ebyiri zifitanye isano nk’uko Reuters cyabivuze.

U Bushinwa byatumije indege zirenga 100 zo mu bwoko bwa 737 MAX range, kugeza muri Mutarama uyu mwaka nk’uko imibare ya Boeing ivuga.

Naho Ikigo China Southern Airlines cyo cyatumije indege 16 zo mu bwoko bwa 50 737 MAX, naho Air China yo yabonye indege yo mu bwoko bwa 737 MAX 8 mu mpereza za 2017.

Kugeza ubu abantu bakomeje kwibaza kuri izi mpanuka ebyiri zimaze kuba mu gihe cy’imyaka ibiri gusa Kompanyi ya Boeing ishyize hanze izi ndege.

Izi ndege zo mu bwoko bwa Boeing 737 MAX ni ubwoko bushya bwa Boeing, zifite moteri ebyiri.

Zirimo MAX7, MAX8, MAX9 na MAX10. Indege yo muri ubu bwoko ishobora gutwara hagati y’abantu 138 na 204, zikaba zagenda ingendo ngufi n’ingendo ndende.

Kugeza ubu Boeing imaze kugurisha indege 350 naho ibigo birenga 60 hirya no hino ku isi bimaze gutumiza izi ndege 5000.

Inkuru ya IGIHE

2019-03-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Menya Impamvu igiciro cyo gusura Ingagi cyikubye Kabiri

Menya Impamvu igiciro cyo gusura Ingagi cyikubye Kabiri

Ubwanditsi 09 May 2017
RwandAir igiye kwerekeza muri Israel

RwandAir igiye kwerekeza muri Israel

Ubwanditsi 31 Oct 2018
U Rwanda rwahawe indi myaka itanu yo kwakira imikino ya Basketball Africa League (BAL)

U Rwanda rwahawe indi myaka itanu yo kwakira imikino ya Basketball Africa League (BAL)

Ubwanditsi 19 Jun 2023
U Rwanda na UCI batangije ibikorwa byo kwakira Shampiona y’isi y’amagare izabera i Kigali

U Rwanda na UCI batangije ibikorwa byo kwakira Shampiona y’isi y’amagare izabera i Kigali

Ubwanditsi 21 Sep 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Colonel Mpiranya Leon Cyprien alias Kagoma asimbuye Gen.BGDE Afurika Jean Michel k’umwanya w’umukuru w’inyeshyamba za RUD URUNANA
HIRYA NO HINO

Colonel Mpiranya Leon Cyprien alias Kagoma asimbuye Gen.BGDE Afurika Jean Michel k’umwanya w’umukuru w’inyeshyamba za RUD URUNANA

Ubwanditsi 18 Nov 2019
Perezida Kagame na João Lourenço wa Angola bagiye mu Bubiligi aho baziga ku kibazo cya Congo
POLITIKI

Perezida Kagame na João Lourenço wa Angola bagiye mu Bubiligi aho baziga ku kibazo cya Congo

Ubwanditsi 30 May 2018
Mali yateye ikirenge mu cya Niger, igaragaza ko itifuza gucumbikira abajenosideri b’Abanyarwanda
Amakuru

Mali yateye ikirenge mu cya Niger, igaragaza ko itifuza gucumbikira abajenosideri b’Abanyarwanda

Ubwanditsi 04 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru