• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Igifaransa ntigikwiye guhangana n’izindi ndimi – L.Mushikiwabo

Igifaransa ntigikwiye guhangana n’izindi ndimi – L.Mushikiwabo

Ubwanditsi 21 Mar 2019 POLITIKI

Mu kiganiro n’umunyamakuru Nathalie Amar wa RFI ku ngingo zinyuranye zijyanye n’inshingano Mme Louise Mushikiwabo aheruka gutorerwa zo kuyobora Umuryango mpuzamahanga w’ibihugu bikoresha Igifaransa, yabajijwe ingamba afitiye uru rurimi kugira ngo abaruvuga biyongere.

Mushikiwabo yagombaga gusubiza ibibazo 21 by’umunyamakuru bigiye bifitanye isano n’ururimi rw’Igifaransa no kuruteza imbere binyuze muri politiki z’umuryango wa OIF uyobowe na Louise Mushikiwabo, ndetse harimo n’ibivuga ku buzima yaciyemo mbere yo gutorerwa kuyobora uwo mu ryango.

Ku kibazo kirebana no kuba Mushikiwabo avuga neza indimi enye, Icyongereza, Igifaransa, Igiswahili n’Ikinyarwanda, yasubije ko benshi mu bavuga Igifaransa bisanga bagomba kumenya izindi ndimi kuko ariho isi ya none igeze. Ngo abantu bavuga indimi nyinshi kubera impamvu zo gushakisha amaramuko nko kuba babasha kumvikana n’abo bahahirana, ku mpamvu zijyanye no koroherwa no kwiga n’ibindi.

Ati “Jyewe ndi umuntu muri abo bumva bakanavuga indimi nyinshi. Nkomoka mu Rwanda, igihugu kiri muri Africa yo hagati y’abavuga Igifaransa n’iy’Iburasirazuba y’abavuga Icyongereza. Tuvuga Igiswahili, Igifaransa, Icyongereza, ndetse hari bamwe bakoresha Ilingala.”

Louise Mushikiwabo yavuze ko ari byiza ku bavuga Igifaransa kuba bataheranwa n’ururimi rumwe, bakwiye kumenya n’izindi nubwo yenda baba bakunze cyane Igifaransa.

Yabajijwe niba hakwiye kubaho intambara yo kurwanira ko Igifaransa kiganza izindi ndimi, abakivuga bakava ku bihumbi 300 yenda bakaba barenga ibihumbi 400 mu myaka ya 2050. Akaba yabajijwe icyakorwa guhera ubu muri 2019 kugira ngo Igifaransa kivugwe.

Ati “Sinkunda kumva ko habaho intambara (y’Igifaransa) gihanganye n’izindi ndimi. Gusigasira Igifaransa, oya, ahubwo kukimenyekanisha, gutuma kigaragara kigakoreshwa mu bintu binyuranye , mu bucuruzi, muri Siyansi ni ikintu gikomeye.”

Yavuze ko biri mu nshingano yatorewe kugira uruhare mu kumenyekanisha Igifaransa.

Umunyamakuru yamubajije kugira icyo avuga ku myumvire ya benshi ko Igifaransa ari ururimi rukomeye cyane.

Mushikiwabo yasubije ko iyo myumvire ihari ariko ko abantu bakwiye kuyihindura kuko ngo Igifaransa ntigikomeye cyane. Ngo hari abavuga ko Igifaransa ari ururimi rw’abize, ari ururimi rw’imitoma (ubuvanganzo) muri rusange rugoye kuvugwa.

Ati “Ni byo rwose Igifaransa gikwiye kuvugwa kandi neza, ni ko giteye, ariko muri uyu mwaka hari intego twihaye, ni ubutumwa tubwira abantu, ko bagerageza gushyiraho akabo (mu kuvuga Igifaransa), ko ubutumwa ubasha kuvuga bikoroheye mu Cyongereza, wanabuvuga mu Gifaransa.”

Abajijwe niba Internet itaba ahantu ho gukoresha ku bakiri baton go bamenyere kuvuga Igifaransa, Louise Mushikiwabo yavuze ko higwa uburyo abato bo mu Isi ivuga Igifaransa batozwa kujya kuri Internet kandi bakahahurira n’Igifaransa, bakakimenya, bakagikunda.

Kuri uyu wa kane tariki 21 – 23 Werurwe, Mme Louise Mushikiwabo arasura Congo Kinshasa akaba agirana ibiganiro na Perezida Félix Antoine Tshisekedi.

Src : Umuseke

2019-03-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amerika yasobanuye byimbitse uko igitero cyahitanye umuyobozi wa ISIS cyagenze

Amerika yasobanuye byimbitse uko igitero cyahitanye umuyobozi wa ISIS cyagenze

Ubwanditsi 31 Oct 2019
Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Ubwanditsi 23 Aug 2023
Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha(ICC) rugiye gukora iperereza ku byaha by’ubwicanyi mu Burundi

Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha(ICC) rugiye gukora iperereza ku byaha by’ubwicanyi mu Burundi

Ubwanditsi 10 Nov 2017
Umunyamahanga wa EAC yavuze ko ikibazo cy’u Rwanda na Uganda kigiye gushakirwa umuti

Umunyamahanga wa EAC yavuze ko ikibazo cy’u Rwanda na Uganda kigiye gushakirwa umuti

Ubwanditsi 14 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Patriots BBC yisanze mu itsinda rya mbere mu irushanwa rya Basketball Africa League rigomba gutangira mu Rwanda hagati muri Gicurasi 2021.
Amakuru

Patriots BBC yisanze mu itsinda rya mbere mu irushanwa rya Basketball Africa League rigomba gutangira mu Rwanda hagati muri Gicurasi 2021.

Ubwanditsi 01 May 2021
Côte d’Ivoire, Senegal, Cape Verde ndetse na Tunisia zageze muri 1/2 cy’irushanwa Nyafurika rya Afrobasket rizasozwa mu mpera z’iki cyumweru
Amakuru

Côte d’Ivoire, Senegal, Cape Verde ndetse na Tunisia zageze muri 1/2 cy’irushanwa Nyafurika rya Afrobasket rizasozwa mu mpera z’iki cyumweru

Ubwanditsi 03 Sep 2021
David Himbara Ntamunoza, niba uhakana ko uri umwanzi w’Abanyarwanda, kuki uhimbazwa n’ikibi kibabayeho, ukababazwa n’inkuru nziza ibavuzweho?
Amakuru

David Himbara Ntamunoza, niba uhakana ko uri umwanzi w’Abanyarwanda, kuki uhimbazwa n’ikibi kibabayeho, ukababazwa n’inkuru nziza ibavuzweho?

Ubwanditsi 19 Nov 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru