• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Igifaransa ntigikwiye guhangana n’izindi ndimi – L.Mushikiwabo

Igifaransa ntigikwiye guhangana n’izindi ndimi – L.Mushikiwabo

Ubwanditsi 21 Mar 2019 POLITIKI

Mu kiganiro n’umunyamakuru Nathalie Amar wa RFI ku ngingo zinyuranye zijyanye n’inshingano Mme Louise Mushikiwabo aheruka gutorerwa zo kuyobora Umuryango mpuzamahanga w’ibihugu bikoresha Igifaransa, yabajijwe ingamba afitiye uru rurimi kugira ngo abaruvuga biyongere.

Mushikiwabo yagombaga gusubiza ibibazo 21 by’umunyamakuru bigiye bifitanye isano n’ururimi rw’Igifaransa no kuruteza imbere binyuze muri politiki z’umuryango wa OIF uyobowe na Louise Mushikiwabo, ndetse harimo n’ibivuga ku buzima yaciyemo mbere yo gutorerwa kuyobora uwo mu ryango.

Ku kibazo kirebana no kuba Mushikiwabo avuga neza indimi enye, Icyongereza, Igifaransa, Igiswahili n’Ikinyarwanda, yasubije ko benshi mu bavuga Igifaransa bisanga bagomba kumenya izindi ndimi kuko ariho isi ya none igeze. Ngo abantu bavuga indimi nyinshi kubera impamvu zo gushakisha amaramuko nko kuba babasha kumvikana n’abo bahahirana, ku mpamvu zijyanye no koroherwa no kwiga n’ibindi.

Ati “Jyewe ndi umuntu muri abo bumva bakanavuga indimi nyinshi. Nkomoka mu Rwanda, igihugu kiri muri Africa yo hagati y’abavuga Igifaransa n’iy’Iburasirazuba y’abavuga Icyongereza. Tuvuga Igiswahili, Igifaransa, Icyongereza, ndetse hari bamwe bakoresha Ilingala.”

Louise Mushikiwabo yavuze ko ari byiza ku bavuga Igifaransa kuba bataheranwa n’ururimi rumwe, bakwiye kumenya n’izindi nubwo yenda baba bakunze cyane Igifaransa.

Yabajijwe niba hakwiye kubaho intambara yo kurwanira ko Igifaransa kiganza izindi ndimi, abakivuga bakava ku bihumbi 300 yenda bakaba barenga ibihumbi 400 mu myaka ya 2050. Akaba yabajijwe icyakorwa guhera ubu muri 2019 kugira ngo Igifaransa kivugwe.

Ati “Sinkunda kumva ko habaho intambara (y’Igifaransa) gihanganye n’izindi ndimi. Gusigasira Igifaransa, oya, ahubwo kukimenyekanisha, gutuma kigaragara kigakoreshwa mu bintu binyuranye , mu bucuruzi, muri Siyansi ni ikintu gikomeye.”

Yavuze ko biri mu nshingano yatorewe kugira uruhare mu kumenyekanisha Igifaransa.

Umunyamakuru yamubajije kugira icyo avuga ku myumvire ya benshi ko Igifaransa ari ururimi rukomeye cyane.

Mushikiwabo yasubije ko iyo myumvire ihari ariko ko abantu bakwiye kuyihindura kuko ngo Igifaransa ntigikomeye cyane. Ngo hari abavuga ko Igifaransa ari ururimi rw’abize, ari ururimi rw’imitoma (ubuvanganzo) muri rusange rugoye kuvugwa.

Ati “Ni byo rwose Igifaransa gikwiye kuvugwa kandi neza, ni ko giteye, ariko muri uyu mwaka hari intego twihaye, ni ubutumwa tubwira abantu, ko bagerageza gushyiraho akabo (mu kuvuga Igifaransa), ko ubutumwa ubasha kuvuga bikoroheye mu Cyongereza, wanabuvuga mu Gifaransa.”

Abajijwe niba Internet itaba ahantu ho gukoresha ku bakiri baton go bamenyere kuvuga Igifaransa, Louise Mushikiwabo yavuze ko higwa uburyo abato bo mu Isi ivuga Igifaransa batozwa kujya kuri Internet kandi bakahahurira n’Igifaransa, bakakimenya, bakagikunda.

Kuri uyu wa kane tariki 21 – 23 Werurwe, Mme Louise Mushikiwabo arasura Congo Kinshasa akaba agirana ibiganiro na Perezida Félix Antoine Tshisekedi.

Src : Umuseke

2019-03-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imyaka 21 y’Ubwicanyi bwa Gatumba: Ubutabera Bwaratinze, CNDD-FDD Ikomeje Kubangamira Kwibuka

Imyaka 21 y’Ubwicanyi bwa Gatumba: Ubutabera Bwaratinze, CNDD-FDD Ikomeje Kubangamira Kwibuka

Ubwanditsi 13 Aug 2025
Politiki n’ingengabitekerezo bya Jenoside byabujije ba nyiramukubitwa kuba abantu

Politiki n’ingengabitekerezo bya Jenoside byabujije ba nyiramukubitwa kuba abantu

Ubwanditsi 07 Apr 2018
Namibia : Perezida Kagame  yagarutse ku nkuru ya David Himbara ushinja u Rwanda guhimba imibare

Namibia : Perezida Kagame  yagarutse ku nkuru ya David Himbara ushinja u Rwanda guhimba imibare

Ubwanditsi 20 Aug 2019
Biravugwa ko umuyobozi wa CIA yerekeje muri Koreya ya Ruguru kubonana na Kim Jong un

Biravugwa ko umuyobozi wa CIA yerekeje muri Koreya ya Ruguru kubonana na Kim Jong un

Ubwanditsi 18 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kayiranga Baptiste yahawe gutoza Rayon Sports mu mikino ibiri isigaye ngo shampiyona ya 2020-2021 irangire.
Amakuru

Kayiranga Baptiste yahawe gutoza Rayon Sports mu mikino ibiri isigaye ngo shampiyona ya 2020-2021 irangire.

Ubwanditsi 18 Jun 2021
Rwanda: Ikimansuro cyagarutsweho nk’inzira ishyira icuruzwa ry’abantu
Mu Mahanga

Rwanda: Ikimansuro cyagarutsweho nk’inzira ishyira icuruzwa ry’abantu

Ubwanditsi 01 Jul 2016
Rayon Sports yageze i Dar Es Salam yakirwa mu buryo bukomeye -Amafoto
IMIKINO

Rayon Sports yageze i Dar Es Salam yakirwa mu buryo bukomeye -Amafoto

Ubwanditsi 15 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru