• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Himbara yongeye gushyirwa mu majwi nk’Umucengezamatwara wa RNC muri Uganda

Himbara yongeye gushyirwa mu majwi nk’Umucengezamatwara wa RNC muri Uganda

Ubwanditsi 25 Mar 2019 ITOHOZA

Impuguke mu mibanire y’ibihugu cyane cyane mu karere, zitangaza ko guha ijambo umuntu nka Himbara wahunze igihugu bishushanya indi ntego itari ukwigisha abasomyi ahubwo ihishe mu mugambi w’ubutegetsi bwa Uganda wo gufasha abafite intego yo guhungabanya igihugu.

Mu kiganiro n’Umunyamakuru wa New Vision, Charles Etukuri, Himbara yumvikana amusaba umwanya uhagije wo kwandika inkuru zivuga ku Rwanda n’ubukungu bwarwo.

Muri iki kiganiro Himbara avuga ku gatotsi mu mubano w’u Rwanda na Uganda, hari aho yamubwiye ko “Nujya kwandika inkuru yawe, ndashaka ko iki ukibandaho cyane…’’

Bavuga ko ikiganiro  Cya David Himbara cyatambukijwe ku wa 23 Werurwe 2019, ari nk’iturufu ya Uganda yo kuyobya abasomyi ku muzi w’impamvu yahungabanyije umubano wayo n’u Rwanda. Cyaje kandi gikurikira icyo New Vision yahaye Rujugiro Ayabatwa Tribert, umuherwe utera inkunga ibikorwa bya RNC.

Abasesenguzi bo bagaragaza ko wumvise ibikubiye mu kiganiro cyo kuri telefoni gifite isaha n’iminota ine, wasanga hari ibikubiyemo byasabaga isesengura rito mbere yuko ikinyamakuru cya Leta ya Uganda, gitangaza ibinyoma bishobora kuyobya rubanda.

Umunyamakuru Etukuri yatangiye abaza Himbara uko abona ubukungu bw’u Rwanda ariko we mu igereranya rye yavuze ko “U Rwanda ari nk’umubu, imbere ya Uganda imeze nk’inzovu.’’

New Vision yahisemo kubaza urwanya u Rwanda uko ubukungu bwarwo buhagaze nyamara yirengagiza imibare ya Banki y’Isi n’iy’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) igaragaza ko mu myaka 10 ishize, ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku gipimo cya 8%. Nkuko IGIHE kibitangaza.

Himbara na Rujugiro Tribert, kimwe n’abandi Banyarwanda, bafunguriwe imiryango ngo batange umusanzu wo kubaka igihugu cyari cyashegeshwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Aba bombi imyitwarire yabo yatumye batakarizwa icyizere, barahunga. Ku ikubitiro Rujugiro ni we waciye iy’ubusamo.

Mu kiganiro cyo ku wa 15 Mata 2009 yahaye The New Times, Himbara yavuze ku kugenda kwa Rujugiro ko “Bisobanuye ko adashobora kuba Umujyanama wa Perezida Kagame ushingiye ku ndangagaciro akenera ku bantu be ba hafi, hatitawe ku mateka yabo, ijambo n’ubunararibonye bafite.’’

Kuva mu gihugu kw’aba bayobozi kurashimangira imiyoborere y’u Rwanda yubakiye ku ihame ryo gutanga amahirwe angana ku Banyarwanda bose ariko nanone abayobozi bitwara nabi bakabiryozwa.

Rujugiro we asa n’uwahungiye ubwayi mu kigunda kuko abayobozi bo muri Afurika y’Epfo bamushinja kunyereza imisoro ndetse ategereje kugezwa imbere y’ubutabera.

Muri iki kiganiro, Himbara avuga ko Ikigo cya Crystal Ventures aricyo kigenzura ubukungu bw’igihugu. Iyi mvugo yabaye nk’iturufu, benshi mu barwanya u Rwanda bitwaza mu guharabika FPR.

Abahanga mu by’ubukungu bazi imitangire y’amasoko mu Rwanda, bazi neza ko ibigo byose biyahabwa binyuze mu mapiganwa, igihize ibindi kikegukana isoko.

Himbara wahawe umwanya wo gutanga ibitekerezo muri New Vision ni umuntu wa hafi wa Rujugiro (yabaye umujyanama we), ufasha abashaka guhungabanya u Rwanda.

Bishyuye amafaranga menshi mu Kigo cya Podesta.Inc hagati y’umwaka wa 2012 na 2013 mu gutangiza ubukangurambaga burimo no gushinga ibinyamakuru.

Himbara asobanura ko amafaranga yatanzwe ngo izina rya Rujugiro muri Loni rikurweho icyasha kuko yahoraga muri raporo zimugaragaza nk’inkundamugayo.

Mu bihe bitandukanye Himbara yishyuye Ikigo gikora ubuvugizi mu guhuza inzego zitandukanye muri Amerika, Podesta Group gikorera i Washington, D.C, ibihumbi $520 ngo yemererwe kujya gutanga ubuhamya.

Bivugwa ko amafaranga Himbara yahaye Podesta Group yatanzwe na Rujugiro. Iki kigo nacyo cyamwishyuye kumuhuza na bagenzi be bahunze igihugu batavuga rumwe n’ubutegetsi n’umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika, Christopher Smith, ukuriye agashami ka Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, kibanda kuri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara.

Umugambi wa Himbara ariko abasesenguzi bavumbuye ko wari ugamije guharabika u Rwanda n’abaruyobora.

Ku wa 26 Ukwakira 2017, Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Canada, “RCA-Canada”, wandikiye John McKay, Umudepite uhagarariye agace ka Scarborough—Guildwood mu Nteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu, wamagana ubusabe bwa Himbara washakaga gutanga ubuhamya muri Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga n’Iterambere Mpuzamahanga, FAAE.

Umwe mu banyamakuru bakomeye muri Uganda yavuze ko inkuru ya The New Vision ifite ibihanga mu bijyanye no kubahiriza ihame ry’ubunyamwuga.

Abahanga mu itangazamakuru bavuga ko umunyamakuru adakwiye gutanga inkuru ku wo yayanditseho mbere yuko itangazwa ndetse anamusaba kuza kuyiryoshya kurushaho.

Umunyamakuru wa New Vision yabanje kumuha ibibazo kuko mu gutangira ikiganiro Himbara amubwira ko ‘Yiteguye neza cyane.’’

Himbara kandi anumvikana avuga ko gufunga umupaka (u Rwanda rwavuze ko byahuriranye n’igikorwa cyo gusana) yatangaje ko Uganda nta ngaruka izagirwaho n’ubuhahirane.

Ngo kuri we “Ni nko kuvuga ko ari inzovu n’umubu kuko u Rwanda rufite abaturage miliyoni 12 mu gihe Uganda ifite miliyoni 42.’’

Ikiganiro gisoza Himbara asaba guhabwa umwanya wihariye muri New Vision wo kwandika inkuru za buri cyumweru ku Rwanda ndetse umunyamakuru yamuhaye icyizere cyo kubimenyesha umwanditsi mukuru w’ikinyamakuru.

Impuguke za politiki zivuga ko RNC yatangiye kwifashisha New Vision nk’igikoresho cyayo cy’icengezamatwara.

Src : IGIHE

2019-03-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Twagiramungu ashobora gutabwa muri yombi mu Bubiligi

Twagiramungu ashobora gutabwa muri yombi mu Bubiligi

Ubwanditsi 22 Oct 2018
Perezida Kagame yatanze isomo ku   ishingiro ry’ubukungu n’ubwiyunge by’Abanyarwanda

Perezida Kagame yatanze isomo ku ishingiro ry’ubukungu n’ubwiyunge by’Abanyarwanda

Ubwanditsi 28 Oct 2016
Kuki Amerika n’Uburayi bagarukira gusa ku guhungisha Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, aho gufasha mu kurandura igituma bahunga?

Kuki Amerika n’Uburayi bagarukira gusa ku guhungisha Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, aho gufasha mu kurandura igituma bahunga?

Ubwanditsi 10 Jan 2023
Inzigo n’amakimbirane muri FDLR byaba aribyo byagambaniye umugaba mukuru wayo Mudacumura?

Inzigo n’amakimbirane muri FDLR byaba aribyo byagambaniye umugaba mukuru wayo Mudacumura?

Ubwanditsi 15 Nov 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Argentine yatsinze Nigeria isanga u Bufaransa muri 1/8 cy’Igikombe cy’Isi
IMIKINO

Argentine yatsinze Nigeria isanga u Bufaransa muri 1/8 cy’Igikombe cy’Isi

Ubwanditsi 27 Jun 2018
Leta y’u Rwanda yasabye Kongo-Kinshasa kurekura abaturage barwo babiri
Amakuru

Leta y’u Rwanda yasabye Kongo-Kinshasa kurekura abaturage barwo babiri

Ubwanditsi 08 Nov 2022
Ibitaro bya Gisilikare Kanombe byasangiye Noheli n’Abana babirwariyemo
Mu Mahanga

Ibitaro bya Gisilikare Kanombe byasangiye Noheli n’Abana babirwariyemo

Ubwanditsi 22 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru