• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kisangani :“Twatsinze Uganda inshuro eshatu”-Kagame

Kisangani :“Twatsinze Uganda inshuro eshatu”-Kagame

Ubwanditsi 01 Apr 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Mu kiganiro  kirekire Perezida Kagame  yagiranye na Jeune Afrique ku wa 23 Werurwe n’Umunyamakuru François Soudan , yagize icyo avuga ku  Ibaruwa ya Museveni n’umubano w’u Rwanda na Uganda. Yavuye imuzi ingingo zitandukanye zirimo umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa, ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 25, umubano w’u Rwanda n’u Burundi n’ibijyanye n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi. [ SOMA…]

Perezida Kagame yasubije ko hari ibihamya bifatika bidashobora guhakanwa ndetse ko byanashyikirijwe ubuyobozi bwa Uganda.

Yongeye kugaruka ku kuba ubutegetsi bwa Uganda buha ubufasha yaba ubw’ibikoresho n’ubundi abantu baturutse muri Afurika y’Epfo, mu Burundi, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, muri Canada no mu Burayi; bagaragara mu Mujyi wa Kampala bagamije gucura imigambi yo kugirira nabi u Rwanda bakingiwe ikibaba na Guverinoma.

Ati “Amakuru yacu aturuka mu mpande zitandukanye zirimo abayobozi b’umutwe wa FDLR bafatiwe muri Congo mu mpera za 2018 bakoherezwa mu Rwanda. Twahawe amakuru kandi n’umuntu waturutse muri Iran wari ufite umugambi wo kugaba igitero avuye muri Uganda.”

Abayobozi ba FDLR Perezida Kagame yavugaga ni Laforge Fils Bazeye wari Umuvugizi wayo na Lieutenant-Colonel Theophile Abega wari ushinzwe iperereza. Bafatiwe ku mupaka wa Bunagana mu Ukuboza 2018 bavuye muri Uganda mu nama yabaye hagati ya tariki 15-16 Ukuboza, yahuje abahagarariye RNC ya Kayumba Nyamwasa na FDLR.

Bivugwa ko byari ku butumire bwa Uganda hagamijwe kunoza umubano hagati y’iyo mitwe y’iterabwoba n’inzego za gisirikare za Uganda no kunoza imikoranire mu migambi yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Perezida Kagame yavuze ko Perezida Museveni adahakana uruhare rwe muri ibi bikorwa ashingiye ku kuba mu ibaruwa yamwandikiye ku wa 10 Werurwe ikamugeraho yamaze gusakara mu itangazamakuru yemeye ko yahuye n’abantu bo muri RNC.

Abajijwe niba abayobozi ba Uganda bahakana kuba bazi ishingiro ry’ibyo u Rwanda rubashinja, yagize ati “Batari Perezida Yoweli Museveni, kuko mu ibaruwa yanyandikiye ku wa 10 Werurwe akayishyira ku karubanda mbere y’uko ingeraho, yemeye ko ‘bitunguranye’ yakiriye umuyobozi w’umutwe witwa RNC.”

“Ukuri ni uko Kampala ariho hantu hahurira hakanahurizwa umugambi hagati y’iyi mitwe yose mibi, yaba ari abajenosideri, abo muri RNC ya Kayumba Nyamwasa cyangwa abo mu ihuriro rya Paul Rusesabagina.”

Intambara ya Kisangani :“Twatsinze Uganda inshuro eshatu”-Kagame

Umunyamakuru yibukije Perezida Kagame ko we na Museveni bamaze imyaka irenga 40 baziranye ndetse ko [Kagame] yamufashije kugera ku butegetsi; amubaza uko byagenze kugira ngo umubano wari uhari mbere ucyendere.

Perezida Kagame yasubije ko atazi imvano y’ikibazo ndetse ko nawe ubwe ajya abyibaza akabura igisubizo.

Ati “Hari nubwo nigeze kumubaza aho ikibazo kiri, mu by’ukuri, nta kintu gihamye gihari usibye ahari ibyiyumviro bifutamye. ”

Perezida Kagame yabajijwe niba bidashoboka ko Museveni yaba atarakira kuba Ingabo z’u Rwanda zaratsindiye ize i Kisangani mu myaka 20 ishize.

Mu gusubiza yagize ati “ Twabatsinze ubugira gatatu, ni ukuri, ahari ushobora kuba ufite ukuri. Ariko nta gushidikanya hari ibindi bisobanuro. Ubushake bwo gushaka kugenzura u Rwanda, kuducisha bugufi? Birashoka. ”

Imirwano y’i Kisangani yamaze iminsi itandatu ku wa 05 kugera ku wa 10 Kamena 2000, Ingabo z’u Rwanda zitsinda iza Uganda ndetse bivugwa ko hapfuye abasirikare ba Uganda bagera ku bihumbi bibiri, ni ukuvuga nibura batayo ebyiri.

Perezida Kagame yavuze ko yubaha Museveni nka Perezida wa Uganda ariko ‘ntabwo ari Perezida w’u Rwanda nta nubwo azabawe. Bigomba gukemuka. Ntabwo dukunda abantu baduha amabwiriza, aho yaba aturutse hose, ibyo ubizi neza.”

Umukuru w’Igihugu yakomeje agira ati “Mu ngano, u Rwanda ni igihugu gito, ariko mu ntekerezo no mu rwego rwa Politiki ni igihugu kinini.”

Perezida Kagame yavuze ko nta muhuza ukenewe kugira ngo ibibazo by’u Rwanda na Uganda bikemuke ahubwo ko byose bishingiye kuri Museveni. Ati “Izingiro ry’ikibazo riri muri Uganda, riri mu biganza bya Museveni.”

2019-04-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma yo gukorerwa iyicwarubozo, Umunyarwanda Emmanuel Magezi yaguye muri gereza ya gisirikari muri Uganda

Nyuma yo gukorerwa iyicwarubozo, Umunyarwanda Emmanuel Magezi yaguye muri gereza ya gisirikari muri Uganda

Ubwanditsi 09 Feb 2020
Perezida  Kagame yakomoje ku ishimutwa ry’abanyarwanda muri Uganda

Perezida Kagame yakomoje ku ishimutwa ry’abanyarwanda muri Uganda

Ubwanditsi 17 Dec 2018
Ni iki gishingirwaho ngo hemezwe ko abaturage b’igihugu runaka bishimye cyangwa bababaye?

Ni iki gishingirwaho ngo hemezwe ko abaturage b’igihugu runaka bishimye cyangwa bababaye?

Ubwanditsi 22 Mar 2022
Uganda: Museveni yasezeranije abanyabyaha ko bagiye kujya bicwa bamanitswe

Uganda: Museveni yasezeranije abanyabyaha ko bagiye kujya bicwa bamanitswe

Ubwanditsi 19 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Burusiya: Indege ya gisirikare yarimo abantu 91 yaguye mu Nyanja
ITOHOZA

U Burusiya: Indege ya gisirikare yarimo abantu 91 yaguye mu Nyanja

Ubwanditsi 25 Dec 2016
Umwaka udasanzwe ku ihakana rya Jenoside
ITOHOZA

Umwaka udasanzwe ku ihakana rya Jenoside

Ubwanditsi 18 Feb 2019
Inama zabereye muri Rwamagana na Kicukiro zafatiwemo ingamba zo kubumbatira umutekano
Mu Mahanga

Inama zabereye muri Rwamagana na Kicukiro zafatiwemo ingamba zo kubumbatira umutekano

Ubwanditsi 29 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru