• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Perezida Kagame yasabye REG korohereza abakeneye serivisi z’amashanyarazi mu buryo bwihutirwa

Perezida Kagame yasabye REG korohereza abakeneye serivisi z’amashanyarazi mu buryo bwihutirwa

Editorial 05 May 2019 IKORANABUHANGA

Perezida Paul Kagame yasabye Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ingufu, REG, ko imodoka zacyo zashyirwaho nimero itishyurwa umuntu yahamagara mu gihe bibaye ngombwa, nyuma y’igitekerezo yagejejweho n’umwe mu baturage.

Kuri uyu wa Gatandatu nibwo uwitwa Felix Mugabi, yifashishije Twitter yagaragaje ko bikenewe ko “hagamijwe kurushaho kunoza serivisi nziza ku Rwanda rwacu rwiza, ntanga igitekerezo ko @reg_rwanda yagira nimero ihamagarwa itishyurwa ku modoka zayo zose. Perezida wacu dukunda @PaulKagame abyumve. Tubaye tubashimiye.”

Nyuma y’amasaha make Perezida Kagame yaje kumusubiza, avuga ko byumvikanye kandi impungenge ze ziza gusubizwa vuba bishoboka.

Ati “Abantu nabwiye kubikemura bashobora kuba baraye mu kazi!!!

U Rwanda rukomeje gukoresha imbaraga nyinshi mu kugeza amashanyarazi ku baturage, ari nako hanozwa uburyo abageraho adacikagurika kandi ukeneye serivisi zijyana n’ingufu akazibona byihuse.

Muri Raporo iheruka ya Banki y’Isi ku koroshya Ubucuruzi izwi nka ‘2019 World Bank Doing Business Report’, u Rwanda rwasimbutse imyanya 12 rugera ku wa 29 ku Isi, ruguma ku mwanya wa kabiri muri Afurika, inyuma ya Île Maurice.

Bimwe mu bipimo u Rwanda rwazamutseho cyane ni ukubona amashanyarazi, aho rwavuye ku mwanya wa 119 rukagera ku wa 68, no mu gufasha ibigo biri mu bihombo, aho rwavuye ku mwanya wa 79 rukagera ku wa 58.

Mu bijyanye no kubona amashanyarazi, REG yatangije uburyo bw’ikoranabuhanga bwifashishwa mu gusaba amashanyarazi ndetse igabanya igihe cyo kuyahabwa kigera ku minsi 20 ivuye kuri 34.

REG yanatangije uburyo bwo kugenzura ibura ry’umuriro no kugaragaza ibipimo bijyanye n’ibura ryawo n’igihe bimara, hifashishijwe ibipimo mpuzamahanga bizwi nka ‘System Average Interruption Duration Index (SAIDI)’ na ‘System Average Interruption Frequency Index (SAIFI)’.

Impuzandengo y’ingo zifite amashanyarazi mu Rwanda iheruka gutangazwa muri Gashyantare 2019, igaragaza ko zingana na 51%, zirimo 37% zifatira ku muyoboro mugari. Ubu u Rwanda rufite ubushobozi bwo gutunganya amashanyarazi angana na Megawatt 221, intego ikaba ko buri muturarwanda azaba afite amashanyarazi bitarenze mu 2024.

2019-05-05
Editorial

IZINDI NKURU

Umukobwa w’iRobot yitwa  ” Sophia ” yamamaye kubera ubwenge buhambaye izagaragara mu nama ya Transform Africa i Kigali

Umukobwa w’iRobot yitwa ” Sophia ” yamamaye kubera ubwenge buhambaye izagaragara mu nama ya Transform Africa i Kigali

Editorial 15 Apr 2019
Indege yo muri Singapore igiye guca agahigo ikora urugendo rw’amasaha 20 idahagaze

Indege yo muri Singapore igiye guca agahigo ikora urugendo rw’amasaha 20 idahagaze

Editorial 26 Apr 2018
Isosiyete HUAWEI Rwanda yashyizeho yang shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu

Isosiyete HUAWEI Rwanda yashyizeho yang shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu

Editorial 07 Nov 2019
Minisitiri Nsengimana amaze amezi atandatu nta faranga rigeze mu ikofi ye

Minisitiri Nsengimana amaze amezi atandatu nta faranga rigeze mu ikofi ye

Editorial 17 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hashyizwe hanze video aho Rusesabagina Paul asobanura amavu n’amavuko ya MRCD/FLN mu kiganiro yagiranaga n’abagize uwo mutwe w’iterabwoba
Amakuru

Hashyizwe hanze video aho Rusesabagina Paul asobanura amavu n’amavuko ya MRCD/FLN mu kiganiro yagiranaga n’abagize uwo mutwe w’iterabwoba

Editorial 19 Oct 2021
Bombori Bombori muri RNC: Umwiryane mu bigarasha  bya RNC urakomeje, Benoit Umuhoza yasezerewe, Deo Nyiligira niwe utahiwe
INKURU NYAMUKURU

Bombori Bombori muri RNC: Umwiryane mu bigarasha  bya RNC urakomeje, Benoit Umuhoza yasezerewe, Deo Nyiligira niwe utahiwe

Editorial 29 May 2020
Intambara ishobora gutangira muri uyu mwaka 2017 : ‘ Iya 3 y’Isi yose ‘
ITOHOZA

Intambara ishobora gutangira muri uyu mwaka 2017 : ‘ Iya 3 y’Isi yose ‘

Editorial 08 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru