• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Gabon : Abateramakofe batatu b’Abarundi bafatiriwe muri Hotel kubera kubura ubwishyu

Gabon : Abateramakofe batatu b’Abarundi bafatiriwe muri Hotel kubera kubura ubwishyu

Ubwanditsi 20 May 2019 HIRYA NO HINO, IMIKINO, INKURU NYAMUKURU

Abakinnyi bari bahagarariye igihugu y’Uburundi mu mikino nyafurika y’iteramakofe iherutse kurangira muri Gabon, bafatiriwe muri hoteli yo muri iki gihugu yitwa Ngonemono kubera kubura ubwishyu.

 Aba bakinnyi bitabiriye iyi mikino baziko bazishyurirwa n’Ishyirahamwe ry’uyu mukino mu gihugu cyabo,irangiye babwirwa ko batishyuye ndetse bangirwa gusohoka ngo batahe kuwa Gatanu w’icyumweru gishize.

Amakuru atangazwa n’ibitangazamakuru byo mu Burundi no muri Gabon aremeza ko aba baserukiye u Burundi bananiwe kwishyura hoteli Ngonemono agera kuri miliyoni 2 n’ibihumbi 106 by’ama-CFA (ni arenga gato amadolari y’Amerika 3500).Abafashwe ni abakinnyi batatu barimo Ornella Havyarimana, Nestor Nduwarugira na Jean Marie Ndayizeye bari kumwe n’ababaherekeje barimo umutoza wabo Como Ndayishimiye na perezida w’ishyirahamwe ry’umukino w’iteramakofe Eric Ndayishimiye.

Nkuko ikinyamakuru BBC dukesha iyi nkuru cyabitangaje,abakinnyi batatu, umutoza wabo n’umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umukino w’iteramakofe mu Burundi bangiwe kuva muri hoteli batishyuye nyuma y’aho iyi mikino irangiye kuwa Gatanu w’icyumweru gishize.

Eric Ndayishimiye uyobora ishyirahamwe ry’umukino w’iteramakofe mu Burundi uyoboye abagiye muri iyi mikino, yabwiye igitangazamakuru kitabogamiye kuri leta SOS Media Burundi gikorera ku mbuga nkoranyambaga, ko bagiye badahawe amafaranga y’ubutumwa na minisiteri ibishinzwe nkuko yari yabibizeje.

Minisiteri y’imikino mu Burundi yo ivuga ko aba bateramakofe bishe inzira z’ibisabwa ngo bahabwe amafaranga yo kwifashisha mu butumwa atangwa na leta, bityo ubu bakaba nta kindi babikoraho.

Bwana Ndayishimiye avuga ko bafite impungenge ko kuri uyu wa mbere hoteli iza gutangira kubima amafunguro, ibintu bikarushaho kumera nabi.

Umukozi wa hoteli Ngonemono yabwiye ikinyamakuru cy’imikino muri Gabon ko nibikomeza gutya hoteli ishobora kwambura aba barundi impapuro zabo z’inzira maze ikabasohora hanze.

2019-05-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umukinnyi wa AS Kigali Kalisa Rachid wamaze kubagwa, azamara amezi abiri adakina umupira w’amaguru kubera imvune yagize

Umukinnyi wa AS Kigali Kalisa Rachid wamaze kubagwa, azamara amezi abiri adakina umupira w’amaguru kubera imvune yagize

Ubwanditsi 29 Oct 2021
Nyuma yo gusinyana amasezerano n’inzu ifasha abahanzi ya Cloud9 Entertainment, Bruce Melodie yerekeje muri Tanzaniya mu rwego rwo kwagura ibikorwa bye

Nyuma yo gusinyana amasezerano n’inzu ifasha abahanzi ya Cloud9 Entertainment, Bruce Melodie yerekeje muri Tanzaniya mu rwego rwo kwagura ibikorwa bye

Ubwanditsi 30 Mar 2021
Ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Mamelodi Sundowns FC 0-0

Ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Mamelodi Sundowns FC 0-0

Ubwanditsi 07 Mar 2018
Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi biyamamarizaga ubudepite Iburayi no mu Bubiligi batashye amaramasa

Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi biyamamarizaga ubudepite Iburayi no mu Bubiligi batashye amaramasa

Ubwanditsi 10 Jun 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Undi murwanyi ukomeye wa FDLR/FOCA Koloneri Gaspard Africa amaze kwicwa n’ingabo za FARDC
INKURU NYAMUKURU

Undi murwanyi ukomeye wa FDLR/FOCA Koloneri Gaspard Africa amaze kwicwa n’ingabo za FARDC

Ubwanditsi 06 Dec 2019
Rayon Sports, Kiyovu SC, Musanze FC na Mukura VS niyo makipe azitabira irushanwa ryateguwe na FERWAFA ifatanyije na RSB
Amakuru

Rayon Sports, Kiyovu SC, Musanze FC na Mukura VS niyo makipe azitabira irushanwa ryateguwe na FERWAFA ifatanyije na RSB

Ubwanditsi 27 Sep 2022
Uganda: Christine Mbabazi Wari Ihabara Rya Kaweesi Arasaba Uburenganzira Bwo Kwidegembya
ITOHOZA

Uganda: Christine Mbabazi Wari Ihabara Rya Kaweesi Arasaba Uburenganzira Bwo Kwidegembya

Ubwanditsi 11 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru