• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda : Uko Museveni yahinduye gahunda yo kwigenga kw’ibigo bya leta nyuma y’imyaka 33

Uganda : Uko Museveni yahinduye gahunda yo kwigenga kw’ibigo bya leta nyuma y’imyaka 33

Ubwanditsi 22 May 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ubwo Uganda yakiraga indege ebyiri za Bombardier CRJ900, kuwa 23 Mata, byari ibyishimo ndetse ibitangazamakuru bivuga ko ‘ari igikorwa cy’amateka’, nubwo ku rundi ruhande hari abo byateye impungenge.

Izi ndege ziri muri enye Guverinoma ya Uganda iherutse gutumiza ngo izure sosiyete yayo y’ubwikorezi bw’indege, Uganda Airlines yanitwaga The Flying Crane, yari imaze imyaka isinziriye.

Uganda Airlines yashinzwe muri Gicurasi 1976, itangira gukora mu 1977, ifite icyicaro ku kibuga Mpuzamahanga cya Entebbe. Guverinoma ya Uganda yashatse kuyegurira abikorera iki kigo ariko habura ucyigura bituma isinzira mu 2001.

Umuvugizi wa Minisiteri y’imari yari yashyizwemo ishami ryo kwegurira abikorera bimwe mu bigo bya leta, Jim Mugunga, yavuze ko ibigo 140 byagombaga kwigenga cyangwa bigakurwaho. Mu 2018, muri byo 20 nibyo byari bisigaye.

Mu bizwi cyane ni Uganda Bus Company, Uganda Commercial Bank, Uganda Dairy Corporation, Uganda Grain Milling Company, Uganda Tobacco Corporation, Coffee Marketing Board, Lint Marketing Board, inganda nyinshi z’isukari, Uganda Hotels, Nytil Jinja Textiles, Uganda Conference Centre, Nile Mansions na Apollo Hotel.

Ibindi nka Uganda Electricity Board, Uganda Railways Corporation, na Uganda Posts and Telecommunication Corporation byagiye bigabanywamo utugo duto ndetse biranigenga gake.

Ikigo Mpuzamahanga cy’imari (IMF), Banki y’Isi na guverinoma byasabye ko ibigo bya leta bikora ubucuruzi byigenga cyangwa bigatandukana nayo, kuko bidatanga umusaruro ukwiye kandi bikaba umutwaro ku bishyura imisoro, udasize ko bisaba kongerwamo andi mafaranga.

Ubwo Museveni yakiraga indege nshya, yijeje abanya-Uganda ko iyi sosiyete nshya y’igihugu izatanga umusaruro.

Yagize ati “Ndi umwe mu bateguye ishyingurwa rya sosiyete yahozeho yo gutwara abantu mu ndege. Hano ndi mu babyaza babyaje umwana”.

The Independent yanditse ko uhagarariye IMF muri Uganda, Clara Mira, nawe yahaye umugisha ko guverinoma igaruka mu bucuruzi bweruye.

Yagize ati “Ibintu byarahindutse cyane kuva mu myaka ya 1980. Hari uburyo bwinshi bwo gukora ibintu. Inzitizi twabonaga icyo gihe ntabwo zikimeze nk’iz’ubu”.

Nta genamigambi ry’ubucuruzi

Mu by’ukuri, ibigo byinshi by’ubucuruzi Guverinoma ya Uganda irimo kwinjiramo nta buryo bwo gukora ubucuruzi bufatika bifite. Aho kuzana amafaranga mu isanduku ya leta, barashyiraho uburyo bwo gutwara amafaranga y’abasora.

Urutonde rurerure rw’iyi mishinga yiswe ibigo bya leta by’ubucuruzi byo kuzahura ishema ry’igihugu ndetse no kugabanya ikiguzi kigendera mu ngendo mpuzamahanga na serivisi z’ubuvuzi zikenerwa n’abakomeye muri politiki.

Imwe muri iyo mishinga guverinoma irimo kujyamo iravugwamo ruswa ndetse no kwikubira inyungu. Icyemezo cya Guverinoma cyo kwemerera miliyoni 379.7 z’amadolari, umushoramari w’Umutaliyani uzubaka ibitaro mpuzamahanga i Lubowa cyanenzwe cyane.

Uganda Airlines nshya nayo yatangiranye ibibazo kuko Inteko Ishinga Amategeko yayemereye gukora idafite inama y’ubutegetsi ndetse n’ibikorwa byo kwifashisha ku kibuga.

Ibi birerekana ko aho ibigo byegamiye kuri leta byahombeye ahanini kubera imikorere mibi, iyi sosiyete nshya y’indege nayo ishobora kuzahombywa na ruswa.

Isaac Shinyekwa, umushakashatsi muri Kaminuza ya Makerere avuga ko ‘ibigo bya leta nka Uganda Airlines bitabereyeho kubyara inyungu ahubwo bihari ku bw’ishema ry’igihugu ndetse no guhanga imirimo”.

2019-05-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Leta y’u Rwanda yasabye Kongo-Kinshasa kurekura abaturage barwo babiri

Leta y’u Rwanda yasabye Kongo-Kinshasa kurekura abaturage barwo babiri

Ubwanditsi 08 Nov 2022
” Ntabwo Museveni yahakana ko yafashe Ubuganda, adafite ubufasha bwa Habyarimana ” – Twagiramungu Faustin

” Ntabwo Museveni yahakana ko yafashe Ubuganda, adafite ubufasha bwa Habyarimana ” – Twagiramungu Faustin

Ubwanditsi 12 Mar 2018
Uwahoze mungabo z’Ubufaransa yamennye ibanga  ry’Ingabo zabo n’Uruhare bagize muri Jenoside

Uwahoze mungabo z’Ubufaransa yamennye ibanga ry’Ingabo zabo n’Uruhare bagize muri Jenoside

Ubwanditsi 16 Mar 2018
Tanzania yirukanye abimukira barimo Abanyarwanda

Tanzania yirukanye abimukira barimo Abanyarwanda

Ubwanditsi 10 Jan 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Dieudonne Hakizayezu
    May 22, 201912:01 pm -

    Ariko Rushyashya ntukaturangaze utubwira amafuti ya M7, ayo areba abagande gusa.

    Mu Rwanda ho bimeze gute? Electrogaz ko yeguriwe abikorera, amazi asukuye n’umuriro biraboneka mu gihugu hose ku giciro cyiza?!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FARDC yashyikirije igisirikare cya Uganda abana babiri bari barajyanwe na se mu nyeshyamba
Mu Mahanga

FARDC yashyikirije igisirikare cya Uganda abana babiri bari barajyanwe na se mu nyeshyamba

Ubwanditsi 13 Feb 2019
Imyigaragambyo yari yateguwe muri Tanzania ntiyabaye abantu bariruhutsa
Mu Rwanda

Imyigaragambyo yari yateguwe muri Tanzania ntiyabaye abantu bariruhutsa

Ubwanditsi 01 Sep 2016
Joseph Mugenzi nawe mu gihome nyuma y’umuhungu we Rene Mugenzi, akurikiranweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi
Amakuru

Joseph Mugenzi nawe mu gihome nyuma y’umuhungu we Rene Mugenzi, akurikiranweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 27 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru