• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda : Uko Museveni yahinduye gahunda yo kwigenga kw’ibigo bya leta nyuma y’imyaka 33

Uganda : Uko Museveni yahinduye gahunda yo kwigenga kw’ibigo bya leta nyuma y’imyaka 33

Editorial 22 May 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ubwo Uganda yakiraga indege ebyiri za Bombardier CRJ900, kuwa 23 Mata, byari ibyishimo ndetse ibitangazamakuru bivuga ko ‘ari igikorwa cy’amateka’, nubwo ku rundi ruhande hari abo byateye impungenge.

Izi ndege ziri muri enye Guverinoma ya Uganda iherutse gutumiza ngo izure sosiyete yayo y’ubwikorezi bw’indege, Uganda Airlines yanitwaga The Flying Crane, yari imaze imyaka isinziriye.

Uganda Airlines yashinzwe muri Gicurasi 1976, itangira gukora mu 1977, ifite icyicaro ku kibuga Mpuzamahanga cya Entebbe. Guverinoma ya Uganda yashatse kuyegurira abikorera iki kigo ariko habura ucyigura bituma isinzira mu 2001.

Umuvugizi wa Minisiteri y’imari yari yashyizwemo ishami ryo kwegurira abikorera bimwe mu bigo bya leta, Jim Mugunga, yavuze ko ibigo 140 byagombaga kwigenga cyangwa bigakurwaho. Mu 2018, muri byo 20 nibyo byari bisigaye.

Mu bizwi cyane ni Uganda Bus Company, Uganda Commercial Bank, Uganda Dairy Corporation, Uganda Grain Milling Company, Uganda Tobacco Corporation, Coffee Marketing Board, Lint Marketing Board, inganda nyinshi z’isukari, Uganda Hotels, Nytil Jinja Textiles, Uganda Conference Centre, Nile Mansions na Apollo Hotel.

Ibindi nka Uganda Electricity Board, Uganda Railways Corporation, na Uganda Posts and Telecommunication Corporation byagiye bigabanywamo utugo duto ndetse biranigenga gake.

Ikigo Mpuzamahanga cy’imari (IMF), Banki y’Isi na guverinoma byasabye ko ibigo bya leta bikora ubucuruzi byigenga cyangwa bigatandukana nayo, kuko bidatanga umusaruro ukwiye kandi bikaba umutwaro ku bishyura imisoro, udasize ko bisaba kongerwamo andi mafaranga.

Ubwo Museveni yakiraga indege nshya, yijeje abanya-Uganda ko iyi sosiyete nshya y’igihugu izatanga umusaruro.

Yagize ati “Ndi umwe mu bateguye ishyingurwa rya sosiyete yahozeho yo gutwara abantu mu ndege. Hano ndi mu babyaza babyaje umwana”.

The Independent yanditse ko uhagarariye IMF muri Uganda, Clara Mira, nawe yahaye umugisha ko guverinoma igaruka mu bucuruzi bweruye.

Yagize ati “Ibintu byarahindutse cyane kuva mu myaka ya 1980. Hari uburyo bwinshi bwo gukora ibintu. Inzitizi twabonaga icyo gihe ntabwo zikimeze nk’iz’ubu”.

Nta genamigambi ry’ubucuruzi

Mu by’ukuri, ibigo byinshi by’ubucuruzi Guverinoma ya Uganda irimo kwinjiramo nta buryo bwo gukora ubucuruzi bufatika bifite. Aho kuzana amafaranga mu isanduku ya leta, barashyiraho uburyo bwo gutwara amafaranga y’abasora.

Urutonde rurerure rw’iyi mishinga yiswe ibigo bya leta by’ubucuruzi byo kuzahura ishema ry’igihugu ndetse no kugabanya ikiguzi kigendera mu ngendo mpuzamahanga na serivisi z’ubuvuzi zikenerwa n’abakomeye muri politiki.

Imwe muri iyo mishinga guverinoma irimo kujyamo iravugwamo ruswa ndetse no kwikubira inyungu. Icyemezo cya Guverinoma cyo kwemerera miliyoni 379.7 z’amadolari, umushoramari w’Umutaliyani uzubaka ibitaro mpuzamahanga i Lubowa cyanenzwe cyane.

Uganda Airlines nshya nayo yatangiranye ibibazo kuko Inteko Ishinga Amategeko yayemereye gukora idafite inama y’ubutegetsi ndetse n’ibikorwa byo kwifashisha ku kibuga.

Ibi birerekana ko aho ibigo byegamiye kuri leta byahombeye ahanini kubera imikorere mibi, iyi sosiyete nshya y’indege nayo ishobora kuzahombywa na ruswa.

Isaac Shinyekwa, umushakashatsi muri Kaminuza ya Makerere avuga ko ‘ibigo bya leta nka Uganda Airlines bitabereyeho kubyara inyungu ahubwo bihari ku bw’ishema ry’igihugu ndetse no guhanga imirimo”.

2019-05-22
Editorial

IZINDI NKURU

Byadogereye muri Afrika y’Epfo: Abatavuga rumwe na Perezida Ramaphosa baramusaba gucyura vuba ingabo z’icyo gihugu ziri muri Kongo.

Byadogereye muri Afrika y’Epfo: Abatavuga rumwe na Perezida Ramaphosa baramusaba gucyura vuba ingabo z’icyo gihugu ziri muri Kongo.

Editorial 19 Jul 2024
Dr Dusabe wari umuganga mu bitaro by’ Umwami Faisal  yiciwe mu nzu yabagamo mu Mujyi wa Cape Town

Dr Dusabe wari umuganga mu bitaro by’ Umwami Faisal yiciwe mu nzu yabagamo mu Mujyi wa Cape Town

Editorial 09 Jan 2018
Ese kuki  Kayumba Nyamwasa Yanyereje RNC, Miliyoni n’igice z’amadolari kandi akaba akomeje gukusanya andi menshi muri Uganda?

Ese kuki  Kayumba Nyamwasa Yanyereje RNC, Miliyoni n’igice z’amadolari kandi akaba akomeje gukusanya andi menshi muri Uganda?

Editorial 15 Mar 2021
Somalia : Ingabo za Uganda [ UPDF] zasubiranyemo 4 bahasiga ubuzima

Somalia : Ingabo za Uganda [ UPDF] zasubiranyemo 4 bahasiga ubuzima

Editorial 13 May 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Dieudonne Hakizayezu
    May 22, 201912:01 pm -

    Ariko Rushyashya ntukaturangaze utubwira amafuti ya M7, ayo areba abagande gusa.

    Mu Rwanda ho bimeze gute? Electrogaz ko yeguriwe abikorera, amazi asukuye n’umuriro biraboneka mu gihugu hose ku giciro cyiza?!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyezamu w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi, Olivier Kwizera yasezeye umupira w’amaguru
Amakuru

Umunyezamu w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi, Olivier Kwizera yasezeye umupira w’amaguru

Editorial 22 Jul 2021
Charles N. Lambert yatangije urugamba rwo kubaho bwa kabiri kwa Afurika
Amakuru

Charles N. Lambert yatangije urugamba rwo kubaho bwa kabiri kwa Afurika

Editorial 26 Apr 2021
U Burusiya bugiye kugurisha u Rwanda uburyo bw’ubwirinzi bw’ibitero byo mu kirere
HIRYA NO HINO

U Burusiya bugiye kugurisha u Rwanda uburyo bw’ubwirinzi bw’ibitero byo mu kirere

Editorial 04 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru