• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umunya-Togo Antonio Kossivi Atisso Kodjo watsinze ibitego byinshi muri Benin yatangajwe nka rutahizamu mushya wa Rayon Sports   |   23 Jun 2026

  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Igisambo Paul Rusesabagina agakungu ke na Bad Rama karasiga amubyaje ayo mu ihembe   |   20 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda : Uko Museveni yahinduye gahunda yo kwigenga kw’ibigo bya leta nyuma y’imyaka 33

Uganda : Uko Museveni yahinduye gahunda yo kwigenga kw’ibigo bya leta nyuma y’imyaka 33

Ubwanditsi 22 May 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ubwo Uganda yakiraga indege ebyiri za Bombardier CRJ900, kuwa 23 Mata, byari ibyishimo ndetse ibitangazamakuru bivuga ko ‘ari igikorwa cy’amateka’, nubwo ku rundi ruhande hari abo byateye impungenge.

Izi ndege ziri muri enye Guverinoma ya Uganda iherutse gutumiza ngo izure sosiyete yayo y’ubwikorezi bw’indege, Uganda Airlines yanitwaga The Flying Crane, yari imaze imyaka isinziriye.

Uganda Airlines yashinzwe muri Gicurasi 1976, itangira gukora mu 1977, ifite icyicaro ku kibuga Mpuzamahanga cya Entebbe. Guverinoma ya Uganda yashatse kuyegurira abikorera iki kigo ariko habura ucyigura bituma isinzira mu 2001.

Umuvugizi wa Minisiteri y’imari yari yashyizwemo ishami ryo kwegurira abikorera bimwe mu bigo bya leta, Jim Mugunga, yavuze ko ibigo 140 byagombaga kwigenga cyangwa bigakurwaho. Mu 2018, muri byo 20 nibyo byari bisigaye.

Mu bizwi cyane ni Uganda Bus Company, Uganda Commercial Bank, Uganda Dairy Corporation, Uganda Grain Milling Company, Uganda Tobacco Corporation, Coffee Marketing Board, Lint Marketing Board, inganda nyinshi z’isukari, Uganda Hotels, Nytil Jinja Textiles, Uganda Conference Centre, Nile Mansions na Apollo Hotel.

Ibindi nka Uganda Electricity Board, Uganda Railways Corporation, na Uganda Posts and Telecommunication Corporation byagiye bigabanywamo utugo duto ndetse biranigenga gake.

Ikigo Mpuzamahanga cy’imari (IMF), Banki y’Isi na guverinoma byasabye ko ibigo bya leta bikora ubucuruzi byigenga cyangwa bigatandukana nayo, kuko bidatanga umusaruro ukwiye kandi bikaba umutwaro ku bishyura imisoro, udasize ko bisaba kongerwamo andi mafaranga.

Ubwo Museveni yakiraga indege nshya, yijeje abanya-Uganda ko iyi sosiyete nshya y’igihugu izatanga umusaruro.

Yagize ati “Ndi umwe mu bateguye ishyingurwa rya sosiyete yahozeho yo gutwara abantu mu ndege. Hano ndi mu babyaza babyaje umwana”.

The Independent yanditse ko uhagarariye IMF muri Uganda, Clara Mira, nawe yahaye umugisha ko guverinoma igaruka mu bucuruzi bweruye.

Yagize ati “Ibintu byarahindutse cyane kuva mu myaka ya 1980. Hari uburyo bwinshi bwo gukora ibintu. Inzitizi twabonaga icyo gihe ntabwo zikimeze nk’iz’ubu”.

Nta genamigambi ry’ubucuruzi

Mu by’ukuri, ibigo byinshi by’ubucuruzi Guverinoma ya Uganda irimo kwinjiramo nta buryo bwo gukora ubucuruzi bufatika bifite. Aho kuzana amafaranga mu isanduku ya leta, barashyiraho uburyo bwo gutwara amafaranga y’abasora.

Urutonde rurerure rw’iyi mishinga yiswe ibigo bya leta by’ubucuruzi byo kuzahura ishema ry’igihugu ndetse no kugabanya ikiguzi kigendera mu ngendo mpuzamahanga na serivisi z’ubuvuzi zikenerwa n’abakomeye muri politiki.

Imwe muri iyo mishinga guverinoma irimo kujyamo iravugwamo ruswa ndetse no kwikubira inyungu. Icyemezo cya Guverinoma cyo kwemerera miliyoni 379.7 z’amadolari, umushoramari w’Umutaliyani uzubaka ibitaro mpuzamahanga i Lubowa cyanenzwe cyane.

Uganda Airlines nshya nayo yatangiranye ibibazo kuko Inteko Ishinga Amategeko yayemereye gukora idafite inama y’ubutegetsi ndetse n’ibikorwa byo kwifashisha ku kibuga.

Ibi birerekana ko aho ibigo byegamiye kuri leta byahombeye ahanini kubera imikorere mibi, iyi sosiyete nshya y’indege nayo ishobora kuzahombywa na ruswa.

Isaac Shinyekwa, umushakashatsi muri Kaminuza ya Makerere avuga ko ‘ibigo bya leta nka Uganda Airlines bitabereyeho kubyara inyungu ahubwo bihari ku bw’ishema ry’igihugu ndetse no guhanga imirimo”.

2019-05-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri w’Intebe wa Uganda, Robinah NABBANJA yishongoye kuri Kenya, bikurura uburakari mu baturage b’ibihugu byombi

Minisitiri w’Intebe wa Uganda, Robinah NABBANJA yishongoye kuri Kenya, bikurura uburakari mu baturage b’ibihugu byombi

Ubwanditsi 26 Jan 2022
Abana bakomoka ku nterahamwe bashinze undi umutwe wo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Abana bakomoka ku nterahamwe bashinze undi umutwe wo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 04 May 2023
Imibanire y’uRwanda-Uganda: Ushobora guhisha ukuri ariko ntiwaguhindura

Imibanire y’uRwanda-Uganda: Ushobora guhisha ukuri ariko ntiwaguhindura

Ubwanditsi 08 Aug 2019
“BURASA J Gualbert, umusanzu wawe mu kurwubaka, uzatubera umusingi mu kurukomeza” Jean Lambert Gatare

“BURASA J Gualbert, umusanzu wawe mu kurwubaka, uzatubera umusingi mu kurukomeza” Jean Lambert Gatare

Ubwanditsi 13 May 2020

Igitekerezo kimwe

  1. Dieudonne Hakizayezu
    May 22, 201912:01 pm -

    Ariko Rushyashya ntukaturangaze utubwira amafuti ya M7, ayo areba abagande gusa.

    Mu Rwanda ho bimeze gute? Electrogaz ko yeguriwe abikorera, amazi asukuye n’umuriro biraboneka mu gihugu hose ku giciro cyiza?!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gen. Salim Saleh na Rujugiro Tribert Inyuma Y’ibibazo Byose Gen. Kayihura n’umuryango we barimo
INKURU NYAMUKURU

Gen. Salim Saleh na Rujugiro Tribert Inyuma Y’ibibazo Byose Gen. Kayihura n’umuryango we barimo

Ubwanditsi 17 Jun 2018
Nsabimana Callixte wiyita Sankara yagaruwe mu Rwanda ubu agiye gushyikirizwa ubutabera – Min. Sezibera
INKURU NYAMUKURU

Nsabimana Callixte wiyita Sankara yagaruwe mu Rwanda ubu agiye gushyikirizwa ubutabera – Min. Sezibera

Ubwanditsi 30 Apr 2019
Madonna yambuwe ububasha ku ibaruwa yandikiwe na Tupac ihishura uko bakundanye mu ibanga
SHOWBIZ

Madonna yambuwe ububasha ku ibaruwa yandikiwe na Tupac ihishura uko bakundanye mu ibanga

Ubwanditsi 24 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru